Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Israel&Hamas: Habura gato ngo agahenge karangire hafashwe ikindi cyemezo

radiotv10by radiotv10
30/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Israel&Hamas: Habura gato ngo agahenge karangire hafashwe ikindi cyemezo
Share on FacebookShare on Twitter

Israel na Hamas bamaze igihe mu mirwano, bemeranyijwe kongera igihe cy’agahenge, mu gihe haburaga iminota micye ngo igihe bari bemeranyijweho kirangire.

Ibi byatangajwe na Guverinoma ya Qatar iri mu bahuza hagati y’izi mpande zombi zimaze iminsi zihanganye mu mirwano yatangiye mu ntangiro z’ukwezi gushize.

Iki cyemezo cyo kongeraho iminsi ibiri w’agahenge ku minsi ine Ibihugu byari byihaye, cyatangajwe mu gitondo cya kare kuri uyu wa Kane, kugira ngo haboneke igihe cyo kongera guhererekanya imfungwa n’abafashwe bugwate ku mpande zombi.

Kongera igihe cy’agahenge cyaje mu gihe aka gahenge kagombaga kurangira ku isaaha ya saa kumi n’imwe z’igitondo ku isaha ngengamasaha (05:00’ GMT) zo kuri uyu wa Kane.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar yavuze ko iki gihe cyongerewe mu gihe mu gihe gishize Hamas yagiye irekura buri munsi Abanya-Israel 10 bari bafashwe bugwate, mu guhererekanya imfungwa z’Abanya-Palestine 30.

Hamas kandi yari yatangaje ko Israel yateye utwatsi urutonde ruriho abantu barindwi bashimuswe, ndetse n’abantu batatu uyu mutwe uvuga ko bishwe n’igitero cy’indege cya Israel.

Abahuza bari gufasha impande zombi muri ibi biganiro, bavugaga ko bifuza ko aka gahenge kiyongeraho umunsi umwe cyangwa ibiri, mu rwego rwo kurekura abagore n’abana bafashwe bashimuswe na Hamas.

Ni mu gihe kandi imiryango mpuzamahanga ndetse n’Ibihugu binyuranye, bo bari bakomeje kwifuza ko aka gahenge gakomeza kakamara igihe kinini gishoboka nyuma y’uko iyi mirwano imaze ibyumweru umunani, yashegeshe Intara ya Gaza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + fifteen =

Previous Post

Amakuru mashya ku bibazo biri mu ikipe iri mu zihatanira ibikombe mu Rwanda ijya inaruhagararira

Next Post

Umuhanzi nyafurika wahiriwe na 2023 yatangaje icyemezo cy’agahinda

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi nyafurika wahiriwe na 2023 yatangaje icyemezo cy’agahinda

Umuhanzi nyafurika wahiriwe na 2023 yatangaje icyemezo cy’agahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.