Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Israel&Hamas: Habura gato ngo agahenge karangire hafashwe ikindi cyemezo

radiotv10by radiotv10
30/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Israel&Hamas: Habura gato ngo agahenge karangire hafashwe ikindi cyemezo
Share on FacebookShare on Twitter

Israel na Hamas bamaze igihe mu mirwano, bemeranyijwe kongera igihe cy’agahenge, mu gihe haburaga iminota micye ngo igihe bari bemeranyijweho kirangire.

Ibi byatangajwe na Guverinoma ya Qatar iri mu bahuza hagati y’izi mpande zombi zimaze iminsi zihanganye mu mirwano yatangiye mu ntangiro z’ukwezi gushize.

Iki cyemezo cyo kongeraho iminsi ibiri w’agahenge ku minsi ine Ibihugu byari byihaye, cyatangajwe mu gitondo cya kare kuri uyu wa Kane, kugira ngo haboneke igihe cyo kongera guhererekanya imfungwa n’abafashwe bugwate ku mpande zombi.

Kongera igihe cy’agahenge cyaje mu gihe aka gahenge kagombaga kurangira ku isaaha ya saa kumi n’imwe z’igitondo ku isaha ngengamasaha (05:00’ GMT) zo kuri uyu wa Kane.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar yavuze ko iki gihe cyongerewe mu gihe mu gihe gishize Hamas yagiye irekura buri munsi Abanya-Israel 10 bari bafashwe bugwate, mu guhererekanya imfungwa z’Abanya-Palestine 30.

Hamas kandi yari yatangaje ko Israel yateye utwatsi urutonde ruriho abantu barindwi bashimuswe, ndetse n’abantu batatu uyu mutwe uvuga ko bishwe n’igitero cy’indege cya Israel.

Abahuza bari gufasha impande zombi muri ibi biganiro, bavugaga ko bifuza ko aka gahenge kiyongeraho umunsi umwe cyangwa ibiri, mu rwego rwo kurekura abagore n’abana bafashwe bashimuswe na Hamas.

Ni mu gihe kandi imiryango mpuzamahanga ndetse n’Ibihugu binyuranye, bo bari bakomeje kwifuza ko aka gahenge gakomeza kakamara igihe kinini gishoboka nyuma y’uko iyi mirwano imaze ibyumweru umunani, yashegeshe Intara ya Gaza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Amakuru mashya ku bibazo biri mu ikipe iri mu zihatanira ibikombe mu Rwanda ijya inaruhagararira

Next Post

Umuhanzi nyafurika wahiriwe na 2023 yatangaje icyemezo cy’agahinda

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi nyafurika wahiriwe na 2023 yatangaje icyemezo cy’agahinda

Umuhanzi nyafurika wahiriwe na 2023 yatangaje icyemezo cy’agahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.