Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Israel&Hamas: Habura gato ngo agahenge karangire hafashwe ikindi cyemezo

radiotv10by radiotv10
30/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Israel&Hamas: Habura gato ngo agahenge karangire hafashwe ikindi cyemezo
Share on FacebookShare on Twitter

Israel na Hamas bamaze igihe mu mirwano, bemeranyijwe kongera igihe cy’agahenge, mu gihe haburaga iminota micye ngo igihe bari bemeranyijweho kirangire.

Ibi byatangajwe na Guverinoma ya Qatar iri mu bahuza hagati y’izi mpande zombi zimaze iminsi zihanganye mu mirwano yatangiye mu ntangiro z’ukwezi gushize.

Iki cyemezo cyo kongeraho iminsi ibiri w’agahenge ku minsi ine Ibihugu byari byihaye, cyatangajwe mu gitondo cya kare kuri uyu wa Kane, kugira ngo haboneke igihe cyo kongera guhererekanya imfungwa n’abafashwe bugwate ku mpande zombi.

Kongera igihe cy’agahenge cyaje mu gihe aka gahenge kagombaga kurangira ku isaaha ya saa kumi n’imwe z’igitondo ku isaha ngengamasaha (05:00’ GMT) zo kuri uyu wa Kane.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar yavuze ko iki gihe cyongerewe mu gihe mu gihe gishize Hamas yagiye irekura buri munsi Abanya-Israel 10 bari bafashwe bugwate, mu guhererekanya imfungwa z’Abanya-Palestine 30.

Hamas kandi yari yatangaje ko Israel yateye utwatsi urutonde ruriho abantu barindwi bashimuswe, ndetse n’abantu batatu uyu mutwe uvuga ko bishwe n’igitero cy’indege cya Israel.

Abahuza bari gufasha impande zombi muri ibi biganiro, bavugaga ko bifuza ko aka gahenge kiyongeraho umunsi umwe cyangwa ibiri, mu rwego rwo kurekura abagore n’abana bafashwe bashimuswe na Hamas.

Ni mu gihe kandi imiryango mpuzamahanga ndetse n’Ibihugu binyuranye, bo bari bakomeje kwifuza ko aka gahenge gakomeza kakamara igihe kinini gishoboka nyuma y’uko iyi mirwano imaze ibyumweru umunani, yashegeshe Intara ya Gaza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Amakuru mashya ku bibazo biri mu ikipe iri mu zihatanira ibikombe mu Rwanda ijya inaruhagararira

Next Post

Umuhanzi nyafurika wahiriwe na 2023 yatangaje icyemezo cy’agahinda

Related Posts

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

by radiotv10
22/11/2025
0

Igihugu cya Ukraine cyavuze ko kidashobora kubahiriza amasezerano yateywe na Leta Zunze Ubumwe za America agamije kurangiza intambara kiriya Gihugu...

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

by radiotv10
22/11/2025
0

Nyuma yuko Leta Zunze Ubumwe za America zitangaje ko zitazitabira Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize G20 bikize kurusha ibindi ku Isi,...

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi nyafurika wahiriwe na 2023 yatangaje icyemezo cy’agahinda

Umuhanzi nyafurika wahiriwe na 2023 yatangaje icyemezo cy’agahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.