Ibitangazamakuru ryo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byahawe itegeko ryo kutavuga kuri Joseph Kabila wayoboye iki Gihugu, akaba aherutse kukigarukamo avuye mu buhungiro.
Iri tangazamakuru ryo muri Congo Kinshasa kandi ryabujijwe kugira icyo ritangaza cyangwa rivuga cyerekeye Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila.
Ni itegeko ryatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 03 Kamena 2025 na Christian Bosembe, Perezida w’Inama Nkuru ishinzwe itangazamakuru ry’amajwi n’amashusho n’itumanaho CSAC (Conseil Supérieur de l’Audiovisuel et de la Communication), mu kiganiro yagiranye n’igitangazamakuru cyigenga cyitwa Top Congo.
Ibitangazamakuru bya Leta muri Congo, byategetswe kudatara, kutagira igitekerezo bitanga no kutagira amakuru bitangaza afite aho ahuriye n’ishyaka PPRD.
Christian Bosembe kandi yabujije ibitangazamakuru by’imbere mu Gihugu muri Congo kutagira icyo bitangaza cyangwa ngo bikoreshe ibiganiro Joseph Kabila.
Yagize ati “Ntabwo ari ukubabuza ubwisanzure. Nta burenganzira bwigeze buhonyorwa. Ntabwo televiziyo ikwiye kuba umuyoboro wo guhungabanya ubutegetsi.”
Iri tegeko rije nyuma yuko Joseph Kabila yambuwe ubudahangarwa na Sena ya Congo Kinshasa, mu cyemezo cyafashwe tariki 22 Gicurasi, ndetse uyu Munyapolitiki wayoboye iki Gihugu na we akaba yaragarutse mu Gihugu nyuma y’amezi 18 ari mu buhungiro.
Joseph Kabila ushinjwa ibyaha birimo iby’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu bishingiye ku gufatanya n’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi buriho muri DRC, nyuma yo kugaruka muri Congo akerecyeza mu mujyi wa Goma ugenzurwa n’iri Huriro, akomeje ibikorwa bya Politiki byo kwakira amatsinda atandukanye bagirana ibiganiro nyunguranabitekerezo bigamije kumufasha kugera ku ntego ye yo gutanga umusanzu mu gusubiza ku murongo iki Gihugu.
RADIOTV10