Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Itariki nshya ya CHOGM itegerejwe na benshi yamenyekanye

radiotv10by radiotv10
31/01/2022
in MU RWANDA
0
Itariki nshya ya CHOGM itegerejwe na benshi yamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresho Icyongereza (Commonwealth), Patricia Scotland, batangaje ko Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma b’Ibihugu bigize uyu muryango izwi nka CHOGM izaba tariki 20 Kamena 2022.

Bikubiye mu itangazo ryasohotse ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 31 Mutarama 2022, aho batangaje amatariki y’iyi nama yagombaga kubera mu Rwanda muri Kamena 2020 ariko ikaza gusubikwa kubera icyorezo cya COVID-19 cyari cyugarije Isi.

Itangazo ryasohowe na Perezida Paul Kagame na Patricia Scotland rivuga ko iyi nama noneho izaba kuva tariki 20 Kamena 2022.

Perezida Paul Kagame avuga ko iyi nama yitezweho umusaruro ushimishije wo kongera guhuza imbaraga.

Yagize ati “Imyaka ibiri ishize yatweretse ko dufite aho duhuriye cyane kurusha mbere kandi ko dukwiye gukorera hamwe kugira ngo tugere ku ntego twifuza.”

Perezida Kagame avuga ko iyi nama ije itegerejwe, ikaba yiteze kuba umwanya mwiza wo kuganira ku mbogamizi zasizwe n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19.

Patricia Scotland, Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth, na we avuga ko kuba abagize uyu muryango bagiye kongera guhurira hamwe ari andi mahirwe yo gushimangira ubumwe bw’Ibihugu biwugize.

Yagize ati “Ni andi mahirwe yo guhamya ubumwe bwacu muri Commonwealth no kwibanda ku bibazo by’ingenzi birimo kuzahura ubukungu bwashegeshwe na Covid-19, ibibazo by’imihindagurikire y’ibihe n’ubukene, guteza imbere ubucuruzi n’iterambere rirambye.”

Patricia Scotland yaboneyeho gushimira Abanyarwanda bose bakomeje kugaragaza umuhate wo kuzakira neza abazitabira iyi nama ndetse n’imyiteguro yayo itarahwemye gushyirwamo imbaraga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 3 =

Previous Post

Bitunguranye umukino APR yari imaze gutsindwamo 1-0 usubitswe kubera imvura

Next Post

Perezeda Kagame yashyizeho abayobozi bashya barimo Ernest wagizwe Minisitiri w’Ibikorwa Remezo

Related Posts

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
30/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano
MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

30/12/2025
Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezeda Kagame yashyizeho abayobozi bashya barimo Ernest wagizwe Minisitiri w’Ibikorwa Remezo

Perezeda Kagame yashyizeho abayobozi bashya barimo Ernest wagizwe Minisitiri w’Ibikorwa Remezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.