Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Itorero rishyigikiye ubutinganyi ishami ryaryo mu Rwanda ryaritunguye riribwiza ukuri

radiotv10by radiotv10
19/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Itorero rishyigikiye ubutinganyi ishami ryaryo mu Rwanda ryaritunguye riribwiza ukuri
Share on FacebookShare on Twitter

Itorero rya Anglican mu Bihugu binyuranye nko mu Bwongereza no muri Australia, rikomeje kugaragaza ko rishyigikiye kubana no kuryamana kw’abahuje ibitsina, mu gihe iryo mu Rwanda ribyamaganira kure, rikavuga ko ari ubuyobe.

Ni mu gihe mu Rwanda hateraniye inama y’Ihuriro ry’Abangilikani ku Isi, riharanira gukurikiza inyigisho za bibiliya izwi nka GAFCON. Ni inama ihurije hamwe abakuriye iri torero hirya no hino ku Isi ndetse n’abandi bose hamwe barenga 1 300.

Iyi nama ibaye mu gihe itorero rya Anglican mu Bwongereza baherutse gutora bemeza gusezeranya ababana bahuje ibitsina. Ibyo kandi byanagaragaye muri Australia na Leta Zunze Ubumwe za America, aho abashumba bo muri iri torero basezeranye kubana, abandi bakaba bakomeje ubukangurambaga bwo gusaba ko iri torero hose ku Isi basezeranya ababana bahuje ibitsina.

Iyi ngingo ntiyavuzweho rumwe hirya no hino ku Isi, icyakora ku ruhande rw’abari mu itorero rya Anglican mu Rwanda bavuga ko bitandukanyije na bo ndetse badashyigikiye ibikorwa by’ubutinganyi cyangwa gusezeranya abaryamana bahuje ibitsina.

Rukundo Methode, usanzwe ari umushumba mukuru ry’iri Torero rya Angilikani i Karongi, agendeye ku kuba hari Abashumba bo muri iri torero bo mu Bihugu bimwe basezeranye n’abo bahuje ibitsina, yavuze ko ibyo bidashobora kuba urugero rwiza ngo ni uko byakozwe n’abashumba.

Yagize ati “Kuba Pasitoro cyangwa umukuru w’Itorero ntibikubuza kuyoba. Umuntu iyo ayobye rero aba ayobye, iyo yemeye ko yayobye, abantu bashobora kumufasha kugaruka mu nzira nzima, atakwemera kugaruka mu nzira nyine ubwo aba afashe inzira ye.”

Akomeza avuga ko umurongo w’Itorero Anglican mu Rwanda usobanutse kandi ko ntaho uhuriye n’ibi by’abaryamana bahuje ibitsina.

Ati “Biranditse, gushyingiranwa ni hagati y’umugabo n’umugore, kandi mu kwigisha kwacu, bagira umugisha, Imana ikabaha urubyaro, umuryango rusange w’abantu ukarushaho kororoka, ubuzima nahawe nanjye nkabutanga. Tutabikoze gutyo se urumva umuryango rusange w’abantu twaba tuwuganisha he?”

Musenyeri Gahima Manasseh wa Gahini, na we yamaganira kure ibimaze igihe bivugwa muri iri torero rya Anglican, akavuga ko iri Torero ryo mu Rwanda ubwaryo ridashobora kubishyigikira.

Ati “Ntabwo tubyemera rwose. Binyuranyije n’ijambo ry’Imana, ni na yo mpamvu tuba twuhuye kugira ngo abantu bakomezanye, bibukiranye ko ijambo ry’Imana ari byo byera bizima, buri wese agomba kurigenderamo.”

Uyu mushumba muri Anglican avuga ko kuba hari bamwe bo muri iri torero bashyigikiye ubutinganyi, ari “Irari ry’abantu, ni imitekerereze yabo, binyuranye n’icyo Imana yavuze.”

Yavuze ko ibi bitagomba kwitiriwa iri torero ahubwo ko ari irari ry’abo bantu, kuko nubwo na bo ari abayoboke baryo, ariko ari abantu kandi bashobora kuyoba nk’abandi bose.

Iyi nama y’Itorero rya Anglican ku Isi, iteraniye mu Rwanda, izaba kuva tariki 17 kugeza ku ya 21 Mata, yitezweho gukomeza kubaka ubumwe barushaho gushaka ibisubizo ku bibazo bitandukanye byugarije Isi.

 

INKURU MU MASHUSHO

Denise M. MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − seven =

Previous Post

Amashusho y’Umwuzukuru wa Perezida Kagame agaragaza ubuhanga bwe yashimishije benshi

Next Post

Museveni yongeye gushimagiza u Burusiya kubera kajugujugu ya Gisirikare idasanzwe

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Rwanda states that the Kinshasa-backed FDLR remains the most significant unaddressed security threat

by radiotv10
30/12/2025
0

The Government of Rwanda has emphasized that in 2025 there were credible pathways that could have helped resolve regional conflicts,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Museveni yongeye gushimagiza u Burusiya kubera kajugujugu ya Gisirikare idasanzwe

Museveni yongeye gushimagiza u Burusiya kubera kajugujugu ya Gisirikare idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.