Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Itorero rishyigikiye ubutinganyi ishami ryaryo mu Rwanda ryaritunguye riribwiza ukuri

radiotv10by radiotv10
19/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Itorero rishyigikiye ubutinganyi ishami ryaryo mu Rwanda ryaritunguye riribwiza ukuri
Share on FacebookShare on Twitter

Itorero rya Anglican mu Bihugu binyuranye nko mu Bwongereza no muri Australia, rikomeje kugaragaza ko rishyigikiye kubana no kuryamana kw’abahuje ibitsina, mu gihe iryo mu Rwanda ribyamaganira kure, rikavuga ko ari ubuyobe.

Ni mu gihe mu Rwanda hateraniye inama y’Ihuriro ry’Abangilikani ku Isi, riharanira gukurikiza inyigisho za bibiliya izwi nka GAFCON. Ni inama ihurije hamwe abakuriye iri torero hirya no hino ku Isi ndetse n’abandi bose hamwe barenga 1 300.

Iyi nama ibaye mu gihe itorero rya Anglican mu Bwongereza baherutse gutora bemeza gusezeranya ababana bahuje ibitsina. Ibyo kandi byanagaragaye muri Australia na Leta Zunze Ubumwe za America, aho abashumba bo muri iri torero basezeranye kubana, abandi bakaba bakomeje ubukangurambaga bwo gusaba ko iri torero hose ku Isi basezeranya ababana bahuje ibitsina.

Iyi ngingo ntiyavuzweho rumwe hirya no hino ku Isi, icyakora ku ruhande rw’abari mu itorero rya Anglican mu Rwanda bavuga ko bitandukanyije na bo ndetse badashyigikiye ibikorwa by’ubutinganyi cyangwa gusezeranya abaryamana bahuje ibitsina.

Rukundo Methode, usanzwe ari umushumba mukuru ry’iri Torero rya Angilikani i Karongi, agendeye ku kuba hari Abashumba bo muri iri torero bo mu Bihugu bimwe basezeranye n’abo bahuje ibitsina, yavuze ko ibyo bidashobora kuba urugero rwiza ngo ni uko byakozwe n’abashumba.

Yagize ati “Kuba Pasitoro cyangwa umukuru w’Itorero ntibikubuza kuyoba. Umuntu iyo ayobye rero aba ayobye, iyo yemeye ko yayobye, abantu bashobora kumufasha kugaruka mu nzira nzima, atakwemera kugaruka mu nzira nyine ubwo aba afashe inzira ye.”

Akomeza avuga ko umurongo w’Itorero Anglican mu Rwanda usobanutse kandi ko ntaho uhuriye n’ibi by’abaryamana bahuje ibitsina.

Ati “Biranditse, gushyingiranwa ni hagati y’umugabo n’umugore, kandi mu kwigisha kwacu, bagira umugisha, Imana ikabaha urubyaro, umuryango rusange w’abantu ukarushaho kororoka, ubuzima nahawe nanjye nkabutanga. Tutabikoze gutyo se urumva umuryango rusange w’abantu twaba tuwuganisha he?”

Musenyeri Gahima Manasseh wa Gahini, na we yamaganira kure ibimaze igihe bivugwa muri iri torero rya Anglican, akavuga ko iri Torero ryo mu Rwanda ubwaryo ridashobora kubishyigikira.

Ati “Ntabwo tubyemera rwose. Binyuranyije n’ijambo ry’Imana, ni na yo mpamvu tuba twuhuye kugira ngo abantu bakomezanye, bibukiranye ko ijambo ry’Imana ari byo byera bizima, buri wese agomba kurigenderamo.”

Uyu mushumba muri Anglican avuga ko kuba hari bamwe bo muri iri torero bashyigikiye ubutinganyi, ari “Irari ry’abantu, ni imitekerereze yabo, binyuranye n’icyo Imana yavuze.”

Yavuze ko ibi bitagomba kwitiriwa iri torero ahubwo ko ari irari ry’abo bantu, kuko nubwo na bo ari abayoboke baryo, ariko ari abantu kandi bashobora kuyoba nk’abandi bose.

Iyi nama y’Itorero rya Anglican ku Isi, iteraniye mu Rwanda, izaba kuva tariki 17 kugeza ku ya 21 Mata, yitezweho gukomeza kubaka ubumwe barushaho gushaka ibisubizo ku bibazo bitandukanye byugarije Isi.

 

INKURU MU MASHUSHO

Denise M. MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + eighteen =

Previous Post

Amashusho y’Umwuzukuru wa Perezida Kagame agaragaza ubuhanga bwe yashimishije benshi

Next Post

Museveni yongeye gushimagiza u Burusiya kubera kajugujugu ya Gisirikare idasanzwe

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Museveni yongeye gushimagiza u Burusiya kubera kajugujugu ya Gisirikare idasanzwe

Museveni yongeye gushimagiza u Burusiya kubera kajugujugu ya Gisirikare idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.