Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Itorero rishyigikiye ubutinganyi ishami ryaryo mu Rwanda ryaritunguye riribwiza ukuri

radiotv10by radiotv10
19/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Itorero rishyigikiye ubutinganyi ishami ryaryo mu Rwanda ryaritunguye riribwiza ukuri
Share on FacebookShare on Twitter

Itorero rya Anglican mu Bihugu binyuranye nko mu Bwongereza no muri Australia, rikomeje kugaragaza ko rishyigikiye kubana no kuryamana kw’abahuje ibitsina, mu gihe iryo mu Rwanda ribyamaganira kure, rikavuga ko ari ubuyobe.

Ni mu gihe mu Rwanda hateraniye inama y’Ihuriro ry’Abangilikani ku Isi, riharanira gukurikiza inyigisho za bibiliya izwi nka GAFCON. Ni inama ihurije hamwe abakuriye iri torero hirya no hino ku Isi ndetse n’abandi bose hamwe barenga 1 300.

Iyi nama ibaye mu gihe itorero rya Anglican mu Bwongereza baherutse gutora bemeza gusezeranya ababana bahuje ibitsina. Ibyo kandi byanagaragaye muri Australia na Leta Zunze Ubumwe za America, aho abashumba bo muri iri torero basezeranye kubana, abandi bakaba bakomeje ubukangurambaga bwo gusaba ko iri torero hose ku Isi basezeranya ababana bahuje ibitsina.

Iyi ngingo ntiyavuzweho rumwe hirya no hino ku Isi, icyakora ku ruhande rw’abari mu itorero rya Anglican mu Rwanda bavuga ko bitandukanyije na bo ndetse badashyigikiye ibikorwa by’ubutinganyi cyangwa gusezeranya abaryamana bahuje ibitsina.

Rukundo Methode, usanzwe ari umushumba mukuru ry’iri Torero rya Angilikani i Karongi, agendeye ku kuba hari Abashumba bo muri iri torero bo mu Bihugu bimwe basezeranye n’abo bahuje ibitsina, yavuze ko ibyo bidashobora kuba urugero rwiza ngo ni uko byakozwe n’abashumba.

Yagize ati “Kuba Pasitoro cyangwa umukuru w’Itorero ntibikubuza kuyoba. Umuntu iyo ayobye rero aba ayobye, iyo yemeye ko yayobye, abantu bashobora kumufasha kugaruka mu nzira nzima, atakwemera kugaruka mu nzira nyine ubwo aba afashe inzira ye.”

Akomeza avuga ko umurongo w’Itorero Anglican mu Rwanda usobanutse kandi ko ntaho uhuriye n’ibi by’abaryamana bahuje ibitsina.

Ati “Biranditse, gushyingiranwa ni hagati y’umugabo n’umugore, kandi mu kwigisha kwacu, bagira umugisha, Imana ikabaha urubyaro, umuryango rusange w’abantu ukarushaho kororoka, ubuzima nahawe nanjye nkabutanga. Tutabikoze gutyo se urumva umuryango rusange w’abantu twaba tuwuganisha he?”

Musenyeri Gahima Manasseh wa Gahini, na we yamaganira kure ibimaze igihe bivugwa muri iri torero rya Anglican, akavuga ko iri Torero ryo mu Rwanda ubwaryo ridashobora kubishyigikira.

Ati “Ntabwo tubyemera rwose. Binyuranyije n’ijambo ry’Imana, ni na yo mpamvu tuba twuhuye kugira ngo abantu bakomezanye, bibukiranye ko ijambo ry’Imana ari byo byera bizima, buri wese agomba kurigenderamo.”

Uyu mushumba muri Anglican avuga ko kuba hari bamwe bo muri iri torero bashyigikiye ubutinganyi, ari “Irari ry’abantu, ni imitekerereze yabo, binyuranye n’icyo Imana yavuze.”

Yavuze ko ibi bitagomba kwitiriwa iri torero ahubwo ko ari irari ry’abo bantu, kuko nubwo na bo ari abayoboke baryo, ariko ari abantu kandi bashobora kuyoba nk’abandi bose.

Iyi nama y’Itorero rya Anglican ku Isi, iteraniye mu Rwanda, izaba kuva tariki 17 kugeza ku ya 21 Mata, yitezweho gukomeza kubaka ubumwe barushaho gushaka ibisubizo ku bibazo bitandukanye byugarije Isi.

 

INKURU MU MASHUSHO

Denise M. MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 4 =

Previous Post

Amashusho y’Umwuzukuru wa Perezida Kagame agaragaza ubuhanga bwe yashimishije benshi

Next Post

Museveni yongeye gushimagiza u Burusiya kubera kajugujugu ya Gisirikare idasanzwe

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Museveni yongeye gushimagiza u Burusiya kubera kajugujugu ya Gisirikare idasanzwe

Museveni yongeye gushimagiza u Burusiya kubera kajugujugu ya Gisirikare idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.