Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Itsinda ry’abanyarwenya rikunzwe mu Rwanda ryinjijemo mugenzi wabo

radiotv10by radiotv10
25/08/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Itsinda ry’abanyarwenya rikunzwe mu Rwanda ryinjijemo mugenzi wabo
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda ry’Abanyarwenya rizwi nka Zuby Comedy riri mu yakunzwe mu Rwanda, ryagiranye amasezerano y’imikoranire na mugenzi wabo na we uri mu bari kwigaragaza muri iyi minsi.

Iri tsinda rya Zuby Comedy rigizwe n’Abanyarwenya, Sam na Seth, ryagiranye amasezerano na Taikun Ndahiro usanzwe ari n’umunyamakuru wa RADIOTV10.

Umunyarwenya Seth yabwiye RADIOTV10 ko bifuje gukorana n’uyu munyarwenya mu rwego rwo kwagura ibikorwa by’iri tsinda Zuby Comedy.

Avuga ko uyu munyarwenya azaba ari umufatanyabikorwa w’iri tsinda, ku buryo na we bazajya bakorana mu bikorwa byabo.

Seth yavuze ko bifuza gufasha Taikun Ndahiro kuzamura umwuga we kandi ko nk’itsinda ryabo bazamufasha mu bikorwa bye kugeza igihe azumva ko ashaka kuba yakomeza gukora ku giti cye.

Ati “Nk’ukuntu Diamond yari afite ba Harmonize bakava muri Wasafi cyangwa Bruce Melodie yari afite Juno Kizigenza na Kenny Sol bakura bakamusezera, natwe gahunda yacu ni uko imeze, tuzakorana na Taikun Ndahiro, ha handi tuzabona yakuze cyangwa se na we akabitwibwirira ati ‘nanjye namaze gukura ndashaka gukora ibyanjye’ ariko nanone niyo yazumva yakuze ariko ashaka gukomereza ibikorwa mu itsinda ntakibazo.”

Taikun Ndahiro winjiye mu mikoranire n’iri tsinda, yavuze ko yabyishimiye kuko yizeye ko rizamufasha.

Yagize ati “Zuby Comedy ni rimwe mu matsina akomeye mu ruganda rw’urwenya mu Rwanda, ku buryo nizeye ko gukorana na ryo bizamfasha gukuza umwuga wanjye.”

Uyu munyarwenya avuga kandi ko gukorana n’iri tsinda bizamwongerera abakunzi kuko Zuby Comedy isanzwe ifite abafana bayo bityo ko na bo bazajya bakurikira ibihangano bye ndetse n’abakunzi be bakazajya bakurikirana ibikorwa bya Zuby Comedy.

Zuby Comedy bungutse imbaraga

Taikun Ndahiro yagiranye amasezerano na Zuby Comedy

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Andi magorwa y’abana bo ku muhanda atazwi: Hari ababyara bakibwa impinja

Next Post

DRC: Imodoka 600 zimaze iminsi 3 mu muhanda zarabuze uko zitambuka kubera inyeshyamba

Related Posts

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Nyuma y’amaze abiri agaragaje umukunzi we akanamwambika impeta y’urukundo amusaba ko bazashyingiranwa,umuhanzi Niyo Bosco yashyize hanze amataliki y’ubukwe. “Imana izaha...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

by radiotv10
27/11/2025
0

Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man, na Kalisa John uzwi nka K John, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano n’umukunzi...

IZIHERUKA

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza
IBYAMAMARE

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Imodoka 600 zimaze iminsi 3 mu muhanda zarabuze uko zitambuka kubera inyeshyamba

DRC: Imodoka 600 zimaze iminsi 3 mu muhanda zarabuze uko zitambuka kubera inyeshyamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.