Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Itsinda ry’abanyarwenya rikunzwe mu Rwanda ryinjijemo mugenzi wabo

radiotv10by radiotv10
25/08/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Itsinda ry’abanyarwenya rikunzwe mu Rwanda ryinjijemo mugenzi wabo
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda ry’Abanyarwenya rizwi nka Zuby Comedy riri mu yakunzwe mu Rwanda, ryagiranye amasezerano y’imikoranire na mugenzi wabo na we uri mu bari kwigaragaza muri iyi minsi.

Iri tsinda rya Zuby Comedy rigizwe n’Abanyarwenya, Sam na Seth, ryagiranye amasezerano na Taikun Ndahiro usanzwe ari n’umunyamakuru wa RADIOTV10.

Umunyarwenya Seth yabwiye RADIOTV10 ko bifuje gukorana n’uyu munyarwenya mu rwego rwo kwagura ibikorwa by’iri tsinda Zuby Comedy.

Avuga ko uyu munyarwenya azaba ari umufatanyabikorwa w’iri tsinda, ku buryo na we bazajya bakorana mu bikorwa byabo.

Seth yavuze ko bifuza gufasha Taikun Ndahiro kuzamura umwuga we kandi ko nk’itsinda ryabo bazamufasha mu bikorwa bye kugeza igihe azumva ko ashaka kuba yakomeza gukora ku giti cye.

Ati “Nk’ukuntu Diamond yari afite ba Harmonize bakava muri Wasafi cyangwa Bruce Melodie yari afite Juno Kizigenza na Kenny Sol bakura bakamusezera, natwe gahunda yacu ni uko imeze, tuzakorana na Taikun Ndahiro, ha handi tuzabona yakuze cyangwa se na we akabitwibwirira ati ‘nanjye namaze gukura ndashaka gukora ibyanjye’ ariko nanone niyo yazumva yakuze ariko ashaka gukomereza ibikorwa mu itsinda ntakibazo.”

Taikun Ndahiro winjiye mu mikoranire n’iri tsinda, yavuze ko yabyishimiye kuko yizeye ko rizamufasha.

Yagize ati “Zuby Comedy ni rimwe mu matsina akomeye mu ruganda rw’urwenya mu Rwanda, ku buryo nizeye ko gukorana na ryo bizamfasha gukuza umwuga wanjye.”

Uyu munyarwenya avuga kandi ko gukorana n’iri tsinda bizamwongerera abakunzi kuko Zuby Comedy isanzwe ifite abafana bayo bityo ko na bo bazajya bakurikira ibihangano bye ndetse n’abakunzi be bakazajya bakurikirana ibikorwa bya Zuby Comedy.

Zuby Comedy bungutse imbaraga

Taikun Ndahiro yagiranye amasezerano na Zuby Comedy

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + fifteen =

Previous Post

Andi magorwa y’abana bo ku muhanda atazwi: Hari ababyara bakibwa impinja

Next Post

DRC: Imodoka 600 zimaze iminsi 3 mu muhanda zarabuze uko zitambuka kubera inyeshyamba

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

IZIHERUKA

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka
AMAHANGA

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Imodoka 600 zimaze iminsi 3 mu muhanda zarabuze uko zitambuka kubera inyeshyamba

DRC: Imodoka 600 zimaze iminsi 3 mu muhanda zarabuze uko zitambuka kubera inyeshyamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.