Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Itsinda ry’abanyarwenya rikunzwe mu Rwanda ryinjijemo mugenzi wabo

radiotv10by radiotv10
25/08/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Itsinda ry’abanyarwenya rikunzwe mu Rwanda ryinjijemo mugenzi wabo
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda ry’Abanyarwenya rizwi nka Zuby Comedy riri mu yakunzwe mu Rwanda, ryagiranye amasezerano y’imikoranire na mugenzi wabo na we uri mu bari kwigaragaza muri iyi minsi.

Iri tsinda rya Zuby Comedy rigizwe n’Abanyarwenya, Sam na Seth, ryagiranye amasezerano na Taikun Ndahiro usanzwe ari n’umunyamakuru wa RADIOTV10.

Umunyarwenya Seth yabwiye RADIOTV10 ko bifuje gukorana n’uyu munyarwenya mu rwego rwo kwagura ibikorwa by’iri tsinda Zuby Comedy.

Avuga ko uyu munyarwenya azaba ari umufatanyabikorwa w’iri tsinda, ku buryo na we bazajya bakorana mu bikorwa byabo.

Seth yavuze ko bifuza gufasha Taikun Ndahiro kuzamura umwuga we kandi ko nk’itsinda ryabo bazamufasha mu bikorwa bye kugeza igihe azumva ko ashaka kuba yakomeza gukora ku giti cye.

Ati “Nk’ukuntu Diamond yari afite ba Harmonize bakava muri Wasafi cyangwa Bruce Melodie yari afite Juno Kizigenza na Kenny Sol bakura bakamusezera, natwe gahunda yacu ni uko imeze, tuzakorana na Taikun Ndahiro, ha handi tuzabona yakuze cyangwa se na we akabitwibwirira ati ‘nanjye namaze gukura ndashaka gukora ibyanjye’ ariko nanone niyo yazumva yakuze ariko ashaka gukomereza ibikorwa mu itsinda ntakibazo.”

Taikun Ndahiro winjiye mu mikoranire n’iri tsinda, yavuze ko yabyishimiye kuko yizeye ko rizamufasha.

Yagize ati “Zuby Comedy ni rimwe mu matsina akomeye mu ruganda rw’urwenya mu Rwanda, ku buryo nizeye ko gukorana na ryo bizamfasha gukuza umwuga wanjye.”

Uyu munyarwenya avuga kandi ko gukorana n’iri tsinda bizamwongerera abakunzi kuko Zuby Comedy isanzwe ifite abafana bayo bityo ko na bo bazajya bakurikira ibihangano bye ndetse n’abakunzi be bakazajya bakurikirana ibikorwa bya Zuby Comedy.

Zuby Comedy bungutse imbaraga

Taikun Ndahiro yagiranye amasezerano na Zuby Comedy

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Andi magorwa y’abana bo ku muhanda atazwi: Hari ababyara bakibwa impinja

Next Post

DRC: Imodoka 600 zimaze iminsi 3 mu muhanda zarabuze uko zitambuka kubera inyeshyamba

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Imodoka 600 zimaze iminsi 3 mu muhanda zarabuze uko zitambuka kubera inyeshyamba

DRC: Imodoka 600 zimaze iminsi 3 mu muhanda zarabuze uko zitambuka kubera inyeshyamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.