Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Itsinda ry’abanyarwenya rikunzwe mu Rwanda ryinjijemo mugenzi wabo

radiotv10by radiotv10
25/08/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Itsinda ry’abanyarwenya rikunzwe mu Rwanda ryinjijemo mugenzi wabo
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda ry’Abanyarwenya rizwi nka Zuby Comedy riri mu yakunzwe mu Rwanda, ryagiranye amasezerano y’imikoranire na mugenzi wabo na we uri mu bari kwigaragaza muri iyi minsi.

Iri tsinda rya Zuby Comedy rigizwe n’Abanyarwenya, Sam na Seth, ryagiranye amasezerano na Taikun Ndahiro usanzwe ari n’umunyamakuru wa RADIOTV10.

Umunyarwenya Seth yabwiye RADIOTV10 ko bifuje gukorana n’uyu munyarwenya mu rwego rwo kwagura ibikorwa by’iri tsinda Zuby Comedy.

Avuga ko uyu munyarwenya azaba ari umufatanyabikorwa w’iri tsinda, ku buryo na we bazajya bakorana mu bikorwa byabo.

Seth yavuze ko bifuza gufasha Taikun Ndahiro kuzamura umwuga we kandi ko nk’itsinda ryabo bazamufasha mu bikorwa bye kugeza igihe azumva ko ashaka kuba yakomeza gukora ku giti cye.

Ati “Nk’ukuntu Diamond yari afite ba Harmonize bakava muri Wasafi cyangwa Bruce Melodie yari afite Juno Kizigenza na Kenny Sol bakura bakamusezera, natwe gahunda yacu ni uko imeze, tuzakorana na Taikun Ndahiro, ha handi tuzabona yakuze cyangwa se na we akabitwibwirira ati ‘nanjye namaze gukura ndashaka gukora ibyanjye’ ariko nanone niyo yazumva yakuze ariko ashaka gukomereza ibikorwa mu itsinda ntakibazo.”

Taikun Ndahiro winjiye mu mikoranire n’iri tsinda, yavuze ko yabyishimiye kuko yizeye ko rizamufasha.

Yagize ati “Zuby Comedy ni rimwe mu matsina akomeye mu ruganda rw’urwenya mu Rwanda, ku buryo nizeye ko gukorana na ryo bizamfasha gukuza umwuga wanjye.”

Uyu munyarwenya avuga kandi ko gukorana n’iri tsinda bizamwongerera abakunzi kuko Zuby Comedy isanzwe ifite abafana bayo bityo ko na bo bazajya bakurikira ibihangano bye ndetse n’abakunzi be bakazajya bakurikirana ibikorwa bya Zuby Comedy.

Zuby Comedy bungutse imbaraga

Taikun Ndahiro yagiranye amasezerano na Zuby Comedy

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − five =

Previous Post

Andi magorwa y’abana bo ku muhanda atazwi: Hari ababyara bakibwa impinja

Next Post

DRC: Imodoka 600 zimaze iminsi 3 mu muhanda zarabuze uko zitambuka kubera inyeshyamba

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe
MU RWANDA

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Imodoka 600 zimaze iminsi 3 mu muhanda zarabuze uko zitambuka kubera inyeshyamba

DRC: Imodoka 600 zimaze iminsi 3 mu muhanda zarabuze uko zitambuka kubera inyeshyamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.