Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Izamuka ry’ibiciro ntabwo twarihagarika nka Guverinoma ariko tugerageza kugabanya umuzigo byatera ku bahaha- Ngirente

radiotv10by radiotv10
18/05/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Izamuka ry’ibiciro ntabwo twarihagarika nka Guverinoma ariko tugerageza kugabanya umuzigo byatera ku bahaha- Ngirente
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente avuga ko nubwo Guverinoma y’u Rwanda itahagarika izamuka ry’ibiciro rikomeje kugaragara ku masoko ariko ikomeje gushyiraho ingamba zifasha abaturage kudakomeza kuremererwa n’umuzigo w’iryo zamuka.

Ministiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yatangaje ibi kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Gicurasi 2022 ubwo Guverinoma y’u Rwanda yatangizaga icyiciro cya kabiri cy’Ikigega Nzahurabukungu cyashyiriweho kubyutsa ibikorwa by’ubucuruzi byazahajwe n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19.

Dr Ngirente yagaruse ku izamuka ry’ibiciro rikome kugaragara mu masoko, avuga ko mu kwezi gushize kwa Mata, byazamutse ku gipimo cy’ 9,9% mu gihe mu kwezi kwa Werurwe ryari ryazamutse kuri 7,5%.

Ati “Ariko nubwo ibiciro by’ibicuruzwa byinshi byazamutse ari ibitumizwa mu mahana nk’isukari, umuceri, amavuta n’ibindi usanga hari n’ibiboneka byagiye bizamuka biturutse ku izamuka ahanini ku izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ndetse n’uburyo ababigurisha baba bagira ngo bashobore kubona ibiva mu mahanga.”

Minisitiri w’Intebe yaboneyeho no kuvuga ko hirya no hino mu Gihugu hagaragaye abacuruzi buririye kuri ibi “bakazamura ibiciro kandi nta mpamvu ifatika. Ibi rero inzego zibishinzwe zigerageza kubirwanya kugira ngo turengere abaguzi.”

Yakomeje avuga ko Guverinoma y’u Rwanda iticaye kuko ikomeje gufata ingamba zitandukanye kugira ngo iri zamuka ry’ibiciro ridakomeza guhungabanya Abanyarwanda.

Ati “Izamuka ry’ibiciro ntabwo twarihagarika nka Guverinoma ariko tugerageza kugabanya uwo muzigo ku bahahira ku masoko yacu.”

Yavuze ko Guverinoma ikomeje gukora igenzura kugira ngo irebe ko nta bacuruzi abazamura ibiciro nta mpamvu ndetse no gusuzuma ko uburenganzira bw’abacuruzi bwubahirizwa.

 

Ibiciro ntibyazamutse uko byagombaga kuzamuka

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard yavuze ko Leta y’u Rwanda ikomeje gushyira nkunganire muri bicuruzwa na serivisi bishobora kugira ingaruka ku Banyarwanda benshi by’umwihariko aho yayishyize mu bijyanye n’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli.

Ati “Ubu igiciro cya Lisansi kuri pompe kiyongereho amafaranga 103 gusa mu gihe hari kwiyongeraho 218 iyo hatabaho nkunganire ya Guverinoma, kuri mazutu naho igiciro kiyongereho amafaranga 167 mu gihe hari kwiyongeraho 282 iyo hatabaho nkunganire ya Guverinoma.”

Guverinoma y’u Rwanda yigomwe amafaranga 115 kuri Litiro kuri Mazutu na Lisansi kugira ngo hatagira amafaranga yiyongera ku giciro cy’urugendo kandi bituma n’igiciro cy’ubwikorezi bw’ibicuruzwa kidahungabana cyane.

Ati “Ingaruka nziza z’ibi ni uko ibiciro abagenzi bishyura mu modoka bitazamutse cyane ndetse n’ibiciro by’ubwikorezi bw’ibicuruzwa na byo bitazamutse uko byagombaga kuzamuka iyo nkunganire itabaho.”

Minisititi w’Intebe yavuze kandi ko Guverinoma y’u Rwanda iri gukorana n’abikorero kugira ngo ibicuruzwa bikenewe bitumizwe ku yandi masoko nk’amavuta, isukari n’ingano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

Abaguze imigabane ya MTN Rwanda bagiye kugabana Miliyari 6,7Frw z’inyungu

Next Post

Byemejwe ko undi Munyarwanda wakoze Jenoside washakishwaga na IRMCT amaze imyaka 20 yarapfuye

Related Posts

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
IMIBEREHO MYIZA

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Byemejwe ko undi Munyarwanda wakoze Jenoside washakishwaga na IRMCT amaze imyaka 20 yarapfuye

Byemejwe ko undi Munyarwanda wakoze Jenoside washakishwaga na IRMCT amaze imyaka 20 yarapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.