Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Izamuka ry’ibiciro ntabwo twarihagarika nka Guverinoma ariko tugerageza kugabanya umuzigo byatera ku bahaha- Ngirente

radiotv10by radiotv10
18/05/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Izamuka ry’ibiciro ntabwo twarihagarika nka Guverinoma ariko tugerageza kugabanya umuzigo byatera ku bahaha- Ngirente
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente avuga ko nubwo Guverinoma y’u Rwanda itahagarika izamuka ry’ibiciro rikomeje kugaragara ku masoko ariko ikomeje gushyiraho ingamba zifasha abaturage kudakomeza kuremererwa n’umuzigo w’iryo zamuka.

Ministiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yatangaje ibi kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Gicurasi 2022 ubwo Guverinoma y’u Rwanda yatangizaga icyiciro cya kabiri cy’Ikigega Nzahurabukungu cyashyiriweho kubyutsa ibikorwa by’ubucuruzi byazahajwe n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19.

Dr Ngirente yagaruse ku izamuka ry’ibiciro rikome kugaragara mu masoko, avuga ko mu kwezi gushize kwa Mata, byazamutse ku gipimo cy’ 9,9% mu gihe mu kwezi kwa Werurwe ryari ryazamutse kuri 7,5%.

Ati “Ariko nubwo ibiciro by’ibicuruzwa byinshi byazamutse ari ibitumizwa mu mahana nk’isukari, umuceri, amavuta n’ibindi usanga hari n’ibiboneka byagiye bizamuka biturutse ku izamuka ahanini ku izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ndetse n’uburyo ababigurisha baba bagira ngo bashobore kubona ibiva mu mahanga.”

Minisitiri w’Intebe yaboneyeho no kuvuga ko hirya no hino mu Gihugu hagaragaye abacuruzi buririye kuri ibi “bakazamura ibiciro kandi nta mpamvu ifatika. Ibi rero inzego zibishinzwe zigerageza kubirwanya kugira ngo turengere abaguzi.”

Yakomeje avuga ko Guverinoma y’u Rwanda iticaye kuko ikomeje gufata ingamba zitandukanye kugira ngo iri zamuka ry’ibiciro ridakomeza guhungabanya Abanyarwanda.

Ati “Izamuka ry’ibiciro ntabwo twarihagarika nka Guverinoma ariko tugerageza kugabanya uwo muzigo ku bahahira ku masoko yacu.”

Yavuze ko Guverinoma ikomeje gukora igenzura kugira ngo irebe ko nta bacuruzi abazamura ibiciro nta mpamvu ndetse no gusuzuma ko uburenganzira bw’abacuruzi bwubahirizwa.

 

Ibiciro ntibyazamutse uko byagombaga kuzamuka

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard yavuze ko Leta y’u Rwanda ikomeje gushyira nkunganire muri bicuruzwa na serivisi bishobora kugira ingaruka ku Banyarwanda benshi by’umwihariko aho yayishyize mu bijyanye n’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli.

Ati “Ubu igiciro cya Lisansi kuri pompe kiyongereho amafaranga 103 gusa mu gihe hari kwiyongeraho 218 iyo hatabaho nkunganire ya Guverinoma, kuri mazutu naho igiciro kiyongereho amafaranga 167 mu gihe hari kwiyongeraho 282 iyo hatabaho nkunganire ya Guverinoma.”

Guverinoma y’u Rwanda yigomwe amafaranga 115 kuri Litiro kuri Mazutu na Lisansi kugira ngo hatagira amafaranga yiyongera ku giciro cy’urugendo kandi bituma n’igiciro cy’ubwikorezi bw’ibicuruzwa kidahungabana cyane.

Ati “Ingaruka nziza z’ibi ni uko ibiciro abagenzi bishyura mu modoka bitazamutse cyane ndetse n’ibiciro by’ubwikorezi bw’ibicuruzwa na byo bitazamutse uko byagombaga kuzamuka iyo nkunganire itabaho.”

Minisititi w’Intebe yavuze kandi ko Guverinoma y’u Rwanda iri gukorana n’abikorero kugira ngo ibicuruzwa bikenewe bitumizwe ku yandi masoko nk’amavuta, isukari n’ingano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Abaguze imigabane ya MTN Rwanda bagiye kugabana Miliyari 6,7Frw z’inyungu

Next Post

Byemejwe ko undi Munyarwanda wakoze Jenoside washakishwaga na IRMCT amaze imyaka 20 yarapfuye

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Byemejwe ko undi Munyarwanda wakoze Jenoside washakishwaga na IRMCT amaze imyaka 20 yarapfuye

Byemejwe ko undi Munyarwanda wakoze Jenoside washakishwaga na IRMCT amaze imyaka 20 yarapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.