Friday, July 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Izamuka ry’ibiciro ntabwo twarihagarika nka Guverinoma ariko tugerageza kugabanya umuzigo byatera ku bahaha- Ngirente

radiotv10by radiotv10
18/05/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Izamuka ry’ibiciro ntabwo twarihagarika nka Guverinoma ariko tugerageza kugabanya umuzigo byatera ku bahaha- Ngirente
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente avuga ko nubwo Guverinoma y’u Rwanda itahagarika izamuka ry’ibiciro rikomeje kugaragara ku masoko ariko ikomeje gushyiraho ingamba zifasha abaturage kudakomeza kuremererwa n’umuzigo w’iryo zamuka.

Ministiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yatangaje ibi kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Gicurasi 2022 ubwo Guverinoma y’u Rwanda yatangizaga icyiciro cya kabiri cy’Ikigega Nzahurabukungu cyashyiriweho kubyutsa ibikorwa by’ubucuruzi byazahajwe n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19.

Dr Ngirente yagaruse ku izamuka ry’ibiciro rikome kugaragara mu masoko, avuga ko mu kwezi gushize kwa Mata, byazamutse ku gipimo cy’ 9,9% mu gihe mu kwezi kwa Werurwe ryari ryazamutse kuri 7,5%.

Ati “Ariko nubwo ibiciro by’ibicuruzwa byinshi byazamutse ari ibitumizwa mu mahana nk’isukari, umuceri, amavuta n’ibindi usanga hari n’ibiboneka byagiye bizamuka biturutse ku izamuka ahanini ku izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ndetse n’uburyo ababigurisha baba bagira ngo bashobore kubona ibiva mu mahanga.”

Minisitiri w’Intebe yaboneyeho no kuvuga ko hirya no hino mu Gihugu hagaragaye abacuruzi buririye kuri ibi “bakazamura ibiciro kandi nta mpamvu ifatika. Ibi rero inzego zibishinzwe zigerageza kubirwanya kugira ngo turengere abaguzi.”

Yakomeje avuga ko Guverinoma y’u Rwanda iticaye kuko ikomeje gufata ingamba zitandukanye kugira ngo iri zamuka ry’ibiciro ridakomeza guhungabanya Abanyarwanda.

Ati “Izamuka ry’ibiciro ntabwo twarihagarika nka Guverinoma ariko tugerageza kugabanya uwo muzigo ku bahahira ku masoko yacu.”

Yavuze ko Guverinoma ikomeje gukora igenzura kugira ngo irebe ko nta bacuruzi abazamura ibiciro nta mpamvu ndetse no gusuzuma ko uburenganzira bw’abacuruzi bwubahirizwa.

 

Ibiciro ntibyazamutse uko byagombaga kuzamuka

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard yavuze ko Leta y’u Rwanda ikomeje gushyira nkunganire muri bicuruzwa na serivisi bishobora kugira ingaruka ku Banyarwanda benshi by’umwihariko aho yayishyize mu bijyanye n’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli.

Ati “Ubu igiciro cya Lisansi kuri pompe kiyongereho amafaranga 103 gusa mu gihe hari kwiyongeraho 218 iyo hatabaho nkunganire ya Guverinoma, kuri mazutu naho igiciro kiyongereho amafaranga 167 mu gihe hari kwiyongeraho 282 iyo hatabaho nkunganire ya Guverinoma.”

Guverinoma y’u Rwanda yigomwe amafaranga 115 kuri Litiro kuri Mazutu na Lisansi kugira ngo hatagira amafaranga yiyongera ku giciro cy’urugendo kandi bituma n’igiciro cy’ubwikorezi bw’ibicuruzwa kidahungabana cyane.

Ati “Ingaruka nziza z’ibi ni uko ibiciro abagenzi bishyura mu modoka bitazamutse cyane ndetse n’ibiciro by’ubwikorezi bw’ibicuruzwa na byo bitazamutse uko byagombaga kuzamuka iyo nkunganire itabaho.”

Minisititi w’Intebe yavuze kandi ko Guverinoma y’u Rwanda iri gukorana n’abikorero kugira ngo ibicuruzwa bikenewe bitumizwe ku yandi masoko nk’amavuta, isukari n’ingano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 15 =

Previous Post

Abaguze imigabane ya MTN Rwanda bagiye kugabana Miliyari 6,7Frw z’inyungu

Next Post

Byemejwe ko undi Munyarwanda wakoze Jenoside washakishwaga na IRMCT amaze imyaka 20 yarapfuye

Related Posts

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo mu Karere ka Kayonza bari bamaze igihe bataka ibibazo uruhuri baterwaga n’aho bacururizaga, ubu bari...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
03/07/2025
5

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

by radiotv10
03/07/2025
0

Abacururiza imbuto n’imboga mu isoko rya Kariyeri riherereye mu mjyi wa Musanze, bataka ibihombo bavuga ko baterwa n'uko bashyizwe mu...

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

by radiotv10
02/07/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Ruvavu, bavuga ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu REG cyabashingiye amapoto...

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

IZIHERUKA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma
IMIBEREHO MYIZA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

03/07/2025
AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

03/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

03/07/2025
Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Byemejwe ko undi Munyarwanda wakoze Jenoside washakishwaga na IRMCT amaze imyaka 20 yarapfuye

Byemejwe ko undi Munyarwanda wakoze Jenoside washakishwaga na IRMCT amaze imyaka 20 yarapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.