Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Izuba riva M23 yongeye gukora ikindi gikorwa cyo kubahiriza ibyo yasabwe

radiotv10by radiotv10
06/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
2
Izuba riva M23 yongeye gukora ikindi gikorwa cyo kubahiriza ibyo yasabwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 warekuye ku mugaragaro ikigo cya gisirikare cya Rumangabo wari wigaruriye biwugoye ubwo wagifataga ubanje gukozanyaho mu mirwano ikomeye wayihuje na FARDC ifatanyije na FDLR.

M23 yashyikirije ingabo z’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba iki kigo cya  Rumangabo ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Mutarama 2023 nyuma yuko ibitangaje mu itangazo yari yashyize hanze muri iki cyumweru.

Uyu mutwe wagombaga gutanga iki kigo ejo hashize kuri uyu wa Kane tariki 05 Mutarama 2023, yimuriye iki gikorwa kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Mutarama 2023 ari na bwo cyabaye.

Iki kigo cya Rumangabo kirekuwe na M23 nyuma yo kurekura agace ka Kibumba mu muhango wabaye tariki 23 Ukuboza 2023.

Ubwo uyu mutwe washyikiriza ku mugaragaro ingabo za EACRF aka gace ka Kibumba, komanda w’izi ngabo ziri mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Gen. Jeff Nyangah yashimiye ubuyobozi bwa M23 kuba bukomeje kubahiriza ibyo wasabwe mu byemezo byafatiwe mu nama y’i Luanda muri Angola.

Uyu mutwe wa M23 mu itangazo washyize hanze muri iki cyumweru utangaza ibyo kuba ugiye kuva muri iki kigo cya Rumangabo, wongeye kunenga ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukomeje kwigira ba ntibindeba ku byemezo byafatiwe muri iriya nama y’i Luanda kuko igisirikare cya Leta gifaranyije n’imitwe y’inyeshyamba kiyambaje, bakomeje kugaba ibitero ku birindiro by’uyu mutwe.

Ingabo z’akarere zashyikirijwe ikigo cya gisirikare cya Rumangabo

RADIOTV10

Comments 2

  1. Jingo Emmanuel says:
    3 years ago

    Dushyicyiye emu23 nkingabo ziharanira uburenganzira bwomunyarwanda muridemukarasi yacongo

    Reply
  2. Ngenzi Joseph says:
    3 years ago

    Kwemera si ukuba bayobewe uburenganzira bwabo nk’abanyekongo. Bavuga ikinyarwanda.Uburenganzira bwabo bw ‘ubahirizwe .

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Hatangajwe Umusenateri usimbura uwari Perezida wa Sena weguye

Next Post

Musanze: Mu nzu ikorerwamo imyitozo ngororamubiri habaye inkuru y’incamugongo

Related Posts

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

by radiotv10
26/11/2025
0

Fighters of the AFC/M23 coalition arrested 40 men who were carrying guns and other military equipment destined for Mahanga in...

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Leta ya Tanzania yatangaje ko ibirori byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge byari biteganyijwe muri iki Gihugu mu kwezi gutaha byahagaritswe, kubera...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda
MU RWANDA

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

by radiotv10
27/11/2025
0

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

27/11/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

27/11/2025
The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

27/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

26/11/2025
Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Mu nzu ikorerwamo imyitozo ngororamubiri habaye inkuru y’incamugongo

Musanze: Mu nzu ikorerwamo imyitozo ngororamubiri habaye inkuru y’incamugongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.