Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Izuba riva M23 yongeye gukora ikindi gikorwa cyo kubahiriza ibyo yasabwe

radiotv10by radiotv10
06/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
2
Izuba riva M23 yongeye gukora ikindi gikorwa cyo kubahiriza ibyo yasabwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 warekuye ku mugaragaro ikigo cya gisirikare cya Rumangabo wari wigaruriye biwugoye ubwo wagifataga ubanje gukozanyaho mu mirwano ikomeye wayihuje na FARDC ifatanyije na FDLR.

M23 yashyikirije ingabo z’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba iki kigo cya  Rumangabo ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Mutarama 2023 nyuma yuko ibitangaje mu itangazo yari yashyize hanze muri iki cyumweru.

Uyu mutwe wagombaga gutanga iki kigo ejo hashize kuri uyu wa Kane tariki 05 Mutarama 2023, yimuriye iki gikorwa kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Mutarama 2023 ari na bwo cyabaye.

Iki kigo cya Rumangabo kirekuwe na M23 nyuma yo kurekura agace ka Kibumba mu muhango wabaye tariki 23 Ukuboza 2023.

Ubwo uyu mutwe washyikiriza ku mugaragaro ingabo za EACRF aka gace ka Kibumba, komanda w’izi ngabo ziri mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Gen. Jeff Nyangah yashimiye ubuyobozi bwa M23 kuba bukomeje kubahiriza ibyo wasabwe mu byemezo byafatiwe mu nama y’i Luanda muri Angola.

Uyu mutwe wa M23 mu itangazo washyize hanze muri iki cyumweru utangaza ibyo kuba ugiye kuva muri iki kigo cya Rumangabo, wongeye kunenga ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukomeje kwigira ba ntibindeba ku byemezo byafatiwe muri iriya nama y’i Luanda kuko igisirikare cya Leta gifaranyije n’imitwe y’inyeshyamba kiyambaje, bakomeje kugaba ibitero ku birindiro by’uyu mutwe.

Ingabo z’akarere zashyikirijwe ikigo cya gisirikare cya Rumangabo

RADIOTV10

Comments 2

  1. Jingo Emmanuel says:
    3 years ago

    Dushyicyiye emu23 nkingabo ziharanira uburenganzira bwomunyarwanda muridemukarasi yacongo

    Reply
  2. Ngenzi Joseph says:
    3 years ago

    Kwemera si ukuba bayobewe uburenganzira bwabo nk’abanyekongo. Bavuga ikinyarwanda.Uburenganzira bwabo bw ‘ubahirizwe .

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Hatangajwe Umusenateri usimbura uwari Perezida wa Sena weguye

Next Post

Musanze: Mu nzu ikorerwamo imyitozo ngororamubiri habaye inkuru y’incamugongo

Related Posts

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko kajugujugu yakoreye impanuka mu Kiyaga cya Tanganyika muri Teritwari ya Fizi muri Kivu y’Epfo, yari ivuye...

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kimaze iminsi gishoje intambara mu mirwano ikomeje kubera mu bice birimo Kamanyola...

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

by radiotv10
08/12/2025
0

Perezida wa Benin, Patrice Talon yatangaje ko nyuma yuko itsinda ry’abasirikare ritangaje ko ryahiritse ubutegetsi bwe, ibintu byasubiye ku murongo,...

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

by radiotv10
08/12/2025
0

Benin’s President Patrice Talon has announced that after a group of soldiers claimed to have overthrown his government, the situation...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Mu nzu ikorerwamo imyitozo ngororamubiri habaye inkuru y’incamugongo

Musanze: Mu nzu ikorerwamo imyitozo ngororamubiri habaye inkuru y’incamugongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.