Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Izuba riva M23 yongeye gukora ikindi gikorwa cyo kubahiriza ibyo yasabwe

radiotv10by radiotv10
06/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
2
Izuba riva M23 yongeye gukora ikindi gikorwa cyo kubahiriza ibyo yasabwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 warekuye ku mugaragaro ikigo cya gisirikare cya Rumangabo wari wigaruriye biwugoye ubwo wagifataga ubanje gukozanyaho mu mirwano ikomeye wayihuje na FARDC ifatanyije na FDLR.

M23 yashyikirije ingabo z’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba iki kigo cya  Rumangabo ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Mutarama 2023 nyuma yuko ibitangaje mu itangazo yari yashyize hanze muri iki cyumweru.

Uyu mutwe wagombaga gutanga iki kigo ejo hashize kuri uyu wa Kane tariki 05 Mutarama 2023, yimuriye iki gikorwa kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Mutarama 2023 ari na bwo cyabaye.

Iki kigo cya Rumangabo kirekuwe na M23 nyuma yo kurekura agace ka Kibumba mu muhango wabaye tariki 23 Ukuboza 2023.

Ubwo uyu mutwe washyikiriza ku mugaragaro ingabo za EACRF aka gace ka Kibumba, komanda w’izi ngabo ziri mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Gen. Jeff Nyangah yashimiye ubuyobozi bwa M23 kuba bukomeje kubahiriza ibyo wasabwe mu byemezo byafatiwe mu nama y’i Luanda muri Angola.

Uyu mutwe wa M23 mu itangazo washyize hanze muri iki cyumweru utangaza ibyo kuba ugiye kuva muri iki kigo cya Rumangabo, wongeye kunenga ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukomeje kwigira ba ntibindeba ku byemezo byafatiwe muri iriya nama y’i Luanda kuko igisirikare cya Leta gifaranyije n’imitwe y’inyeshyamba kiyambaje, bakomeje kugaba ibitero ku birindiro by’uyu mutwe.

Ingabo z’akarere zashyikirijwe ikigo cya gisirikare cya Rumangabo

RADIOTV10

Comments 2

  1. Jingo Emmanuel says:
    3 years ago

    Dushyicyiye emu23 nkingabo ziharanira uburenganzira bwomunyarwanda muridemukarasi yacongo

    Reply
  2. Ngenzi Joseph says:
    3 years ago

    Kwemera si ukuba bayobewe uburenganzira bwabo nk’abanyekongo. Bavuga ikinyarwanda.Uburenganzira bwabo bw ‘ubahirizwe .

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Hatangajwe Umusenateri usimbura uwari Perezida wa Sena weguye

Next Post

Musanze: Mu nzu ikorerwamo imyitozo ngororamubiri habaye inkuru y’incamugongo

Related Posts

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Mu nzu ikorerwamo imyitozo ngororamubiri habaye inkuru y’incamugongo

Musanze: Mu nzu ikorerwamo imyitozo ngororamubiri habaye inkuru y’incamugongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.