Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Jado Castar nyuma y’icyumweru avuze ko ntawapfa kumushyigura muri FRVB yeguye avuga amagambo akomeye

radiotv10by radiotv10
25/05/2022
in SIPORO
0
Jado Castar nyuma y’icyumweru avuze ko ntawapfa kumushyigura muri FRVB yeguye avuga amagambo akomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Bagirishya Jean de Dieu [Jado Castar] uherutse kuvuga ko nta muntu wapfa kumukura mu buyobozi bwa FRVB uretse Inteko Rusange yamutoye, ubu yatangaje ko yeguye ku mwanya wa Visi Perezida wa Kabiri.

Jado Castar yatangarije B&B FM Umwezi asanzwe akorera, ko yeguye ku mwanya wa Visi Perezida wa Kabiri ushinzwe amarushanwa w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wa Volleyball (FRVB).

Uyu mugabo uherutse gufungurwa arangije igifungo yari yarakatiwe nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gukoresha impapuro mpimbano kugira ngo ashyire mu bikorwa inshingano ze ubwo yafashaga bamwe mu bakinnyi b’ikipe y’Igihugu y’abagore ya Volleyball bagomba gukina mu gikombe cya Afurika bigatuma u Rwanda ruhagarikwa.

Jado Castar wari warakatiwe amezi umunani akaba aherutse gusohoka muri Gereza, yabwiye B&B FM Umwezi ko yandikiye Perezida wa FRVB, Raphael Ngarambe amumenyesha ko yeguye kuri uyu mwanya.

Uyu mugabo ukunze kugaragaza ibitekerezo yemera nta mususu, yagize ati “Singiye kubaho mbeshya Abanyarwanda, njye sineguye ku mpamvu zanjye bwite. Namenyesheje umuyobozi wanjye ubwegure bwanjye ngaragaza n’impamvu.”

Jado Castar yavuze ko adashaka guhemukira uyu mukino wa Volleyball akawushyiramo ibibazo afite kuko yumva bitamwemerera gukomeza ari umuyobozi mu ishyirahamwe rireberera uyu mukino.

Yagize ati “Nifitiye trauma bityo rero kujya gukwiza ihungabana mu mukino numva ntaho byaba bihuriye. Ni byo nandikiye umuyobozi ndamubwira nti ‘nta mbaraga ngifite zo kuyobora’.”

 

Aherutse kuvuga ko ntawapfa kumushyigura muri FRVB

Mu kiganiro aheruka kugirana na RADIOTV10 mu cyumweru gishize, Jado Castar yari yavuze ko nyuma yo gufungurwa, aje ari wa wundi kandi ko n’ibyo yakoraga mbere yo gufungwa azabikomeza.

Ati “Volleyball nayobanyemo ndi umufana, nyibamo ndi umukinnyi byoroheje, nyibamo mu mitoreze, nyibamo nk’umufatanyabikorwa. Nshobora gukora ibirenze muri Volleyball.”

Icyo gihe yari yakomeje avuga ko mu bijyanye n’ubuyobozi n’umwanya yari afite mu ishyirahamwe rya Volleyball, na ho ntacyamubuza gukomeza inshingano ze.

Yari yagize ati “Mu bijyanye n’ubuyobozi; natowe n’Inteko rusange, n’uyu munsi bambwiye ngo ‘jyenda’ nakwirukanka ariko utari we ntacyo yambwira.”

IKIGANIRO YAHAYE RADIOTV10

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − nine =

Previous Post

Umunsi Mpuzamahanga wa Afurika usanze inzara n’indwara bicyugarije abayituye

Next Post

Urukiko rutegetse ko Miss Iradukunda Elsa arekurwa

Related Posts

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

by radiotv10
20/11/2025
0

Ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n'ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko...

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

by radiotv10
20/11/2025
0

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani. Abakinnyi...

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

by radiotv10
17/11/2025
0

Umuyobozi w’Urwego rw'Ikirego rw’Umuryango wa Rayon Sports, Paul Muvunyi yatangaje ko Inama y’Inteko Rusange yari yatumije, isubitswe, ikazaba igihe kizatangazwa....

IZIHERUKA

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe
MU RWANDA

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

by radiotv10
21/11/2025
0

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

21/11/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

20/11/2025
Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urukiko rutegetse ko Miss Iradukunda Elsa arekurwa

Urukiko rutegetse ko Miss Iradukunda Elsa arekurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.