Wednesday, July 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Jado Castar nyuma y’icyumweru avuze ko ntawapfa kumushyigura muri FRVB yeguye avuga amagambo akomeye

radiotv10by radiotv10
25/05/2022
in SIPORO
0
Jado Castar nyuma y’icyumweru avuze ko ntawapfa kumushyigura muri FRVB yeguye avuga amagambo akomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Bagirishya Jean de Dieu [Jado Castar] uherutse kuvuga ko nta muntu wapfa kumukura mu buyobozi bwa FRVB uretse Inteko Rusange yamutoye, ubu yatangaje ko yeguye ku mwanya wa Visi Perezida wa Kabiri.

Jado Castar yatangarije B&B FM Umwezi asanzwe akorera, ko yeguye ku mwanya wa Visi Perezida wa Kabiri ushinzwe amarushanwa w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wa Volleyball (FRVB).

Uyu mugabo uherutse gufungurwa arangije igifungo yari yarakatiwe nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gukoresha impapuro mpimbano kugira ngo ashyire mu bikorwa inshingano ze ubwo yafashaga bamwe mu bakinnyi b’ikipe y’Igihugu y’abagore ya Volleyball bagomba gukina mu gikombe cya Afurika bigatuma u Rwanda ruhagarikwa.

Jado Castar wari warakatiwe amezi umunani akaba aherutse gusohoka muri Gereza, yabwiye B&B FM Umwezi ko yandikiye Perezida wa FRVB, Raphael Ngarambe amumenyesha ko yeguye kuri uyu mwanya.

Uyu mugabo ukunze kugaragaza ibitekerezo yemera nta mususu, yagize ati “Singiye kubaho mbeshya Abanyarwanda, njye sineguye ku mpamvu zanjye bwite. Namenyesheje umuyobozi wanjye ubwegure bwanjye ngaragaza n’impamvu.”

Jado Castar yavuze ko adashaka guhemukira uyu mukino wa Volleyball akawushyiramo ibibazo afite kuko yumva bitamwemerera gukomeza ari umuyobozi mu ishyirahamwe rireberera uyu mukino.

Yagize ati “Nifitiye trauma bityo rero kujya gukwiza ihungabana mu mukino numva ntaho byaba bihuriye. Ni byo nandikiye umuyobozi ndamubwira nti ‘nta mbaraga ngifite zo kuyobora’.”

 

Aherutse kuvuga ko ntawapfa kumushyigura muri FRVB

Mu kiganiro aheruka kugirana na RADIOTV10 mu cyumweru gishize, Jado Castar yari yavuze ko nyuma yo gufungurwa, aje ari wa wundi kandi ko n’ibyo yakoraga mbere yo gufungwa azabikomeza.

Ati “Volleyball nayobanyemo ndi umufana, nyibamo ndi umukinnyi byoroheje, nyibamo mu mitoreze, nyibamo nk’umufatanyabikorwa. Nshobora gukora ibirenze muri Volleyball.”

Icyo gihe yari yakomeje avuga ko mu bijyanye n’ubuyobozi n’umwanya yari afite mu ishyirahamwe rya Volleyball, na ho ntacyamubuza gukomeza inshingano ze.

Yari yagize ati “Mu bijyanye n’ubuyobozi; natowe n’Inteko rusange, n’uyu munsi bambwiye ngo ‘jyenda’ nakwirukanka ariko utari we ntacyo yambwira.”

IKIGANIRO YAHAYE RADIOTV10

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Umunsi Mpuzamahanga wa Afurika usanze inzara n’indwara bicyugarije abayituye

Next Post

Urukiko rutegetse ko Miss Iradukunda Elsa arekurwa

Related Posts

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

by radiotv10
27/06/2025
0

Nyuma y'iminsi myinshi hibazwa ahazaza ha kizigenza Cristiano Ronaldo dore ko yari afite amasezerano azarangirana n’uku kwezi, byarangiye yemeye kuguma...

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

by radiotv10
27/06/2025
0

Ikipe ya Police Volleyball Club yafunguye ku mugaragaro irerero (academy) ryayo ry’abahungu n’abakobwa, mu kigo cy’Amashuri cya Lycée de Kigali,...

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

by radiotv10
26/06/2025
0

Imiterere mishya ya Kylian Mbappe iteye impungenge abafana ba Real Madrid, nyuma yo gutakaza ibilo bitanu kubera uburwayi bwa virusi,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Ombolenga nyuma yo gusubira muri APR yavuze ku kuba yazagaruka muri Rayon

by radiotv10
25/06/2025
0

Myugariro Ombolenga Fitina wasubiye muri APR FC yigeze kubera kapiteni, yavuze ko igihe yazajya mu yindi kipe, bigoye ko yazasubira...

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

by radiotv10
23/06/2025
0

Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika (Continental Cup) mu mukino wa Beach Volleyball rigiye kubera muri Morocco, arimo...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urukiko rutegetse ko Miss Iradukunda Elsa arekurwa

Urukiko rutegetse ko Miss Iradukunda Elsa arekurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.