Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Jado Castar nyuma y’icyumweru avuze ko ntawapfa kumushyigura muri FRVB yeguye avuga amagambo akomeye

radiotv10by radiotv10
25/05/2022
in SIPORO
0
Jado Castar nyuma y’icyumweru avuze ko ntawapfa kumushyigura muri FRVB yeguye avuga amagambo akomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Bagirishya Jean de Dieu [Jado Castar] uherutse kuvuga ko nta muntu wapfa kumukura mu buyobozi bwa FRVB uretse Inteko Rusange yamutoye, ubu yatangaje ko yeguye ku mwanya wa Visi Perezida wa Kabiri.

Jado Castar yatangarije B&B FM Umwezi asanzwe akorera, ko yeguye ku mwanya wa Visi Perezida wa Kabiri ushinzwe amarushanwa w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wa Volleyball (FRVB).

Uyu mugabo uherutse gufungurwa arangije igifungo yari yarakatiwe nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gukoresha impapuro mpimbano kugira ngo ashyire mu bikorwa inshingano ze ubwo yafashaga bamwe mu bakinnyi b’ikipe y’Igihugu y’abagore ya Volleyball bagomba gukina mu gikombe cya Afurika bigatuma u Rwanda ruhagarikwa.

Jado Castar wari warakatiwe amezi umunani akaba aherutse gusohoka muri Gereza, yabwiye B&B FM Umwezi ko yandikiye Perezida wa FRVB, Raphael Ngarambe amumenyesha ko yeguye kuri uyu mwanya.

Uyu mugabo ukunze kugaragaza ibitekerezo yemera nta mususu, yagize ati “Singiye kubaho mbeshya Abanyarwanda, njye sineguye ku mpamvu zanjye bwite. Namenyesheje umuyobozi wanjye ubwegure bwanjye ngaragaza n’impamvu.”

Jado Castar yavuze ko adashaka guhemukira uyu mukino wa Volleyball akawushyiramo ibibazo afite kuko yumva bitamwemerera gukomeza ari umuyobozi mu ishyirahamwe rireberera uyu mukino.

Yagize ati “Nifitiye trauma bityo rero kujya gukwiza ihungabana mu mukino numva ntaho byaba bihuriye. Ni byo nandikiye umuyobozi ndamubwira nti ‘nta mbaraga ngifite zo kuyobora’.”

 

Aherutse kuvuga ko ntawapfa kumushyigura muri FRVB

Mu kiganiro aheruka kugirana na RADIOTV10 mu cyumweru gishize, Jado Castar yari yavuze ko nyuma yo gufungurwa, aje ari wa wundi kandi ko n’ibyo yakoraga mbere yo gufungwa azabikomeza.

Ati “Volleyball nayobanyemo ndi umufana, nyibamo ndi umukinnyi byoroheje, nyibamo mu mitoreze, nyibamo nk’umufatanyabikorwa. Nshobora gukora ibirenze muri Volleyball.”

Icyo gihe yari yakomeje avuga ko mu bijyanye n’ubuyobozi n’umwanya yari afite mu ishyirahamwe rya Volleyball, na ho ntacyamubuza gukomeza inshingano ze.

Yari yagize ati “Mu bijyanye n’ubuyobozi; natowe n’Inteko rusange, n’uyu munsi bambwiye ngo ‘jyenda’ nakwirukanka ariko utari we ntacyo yambwira.”

IKIGANIRO YAHAYE RADIOTV10

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Umunsi Mpuzamahanga wa Afurika usanze inzara n’indwara bicyugarije abayituye

Next Post

Urukiko rutegetse ko Miss Iradukunda Elsa arekurwa

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

by radiotv10
07/01/2026
0

Umukinnyi wo mu kibuga hagati Muhadjiri Hakizimana wari umaze igihe adafite ikipe, yamaze gusinyira Nairobi United FC yo muri Kenya,...

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yitegura umukino wa Super Cup uzayihuza na mucyeba wayo, APR FC, yaguze abakinnyi batatu barimo myugariro...

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

IZIHERUKA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda
MU RWANDA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urukiko rutegetse ko Miss Iradukunda Elsa arekurwa

Urukiko rutegetse ko Miss Iradukunda Elsa arekurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.