Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

João Lourenço wahuzaga u Rwanda na Uganda agarutse mu biganiro bya Kagame na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
05/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
João Lourenço wahuzaga u Rwanda na Uganda agarutse mu biganiro bya Kagame na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Kagame Paul w’u Rwanda na Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barateganya guhurira i Luanda muri Angola mu biganiro bizayoborwa na João Lourenço muri iki cyumweru.

Ibi biganiro biteganyijwe kuba muri iki cyumweru nyuma y’iminsi u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bitameranye neza kubera ibyo Ibihugu byombi bishinjanya.

Ibitangazamakuru binyuranye birimo Jeune Afrique n’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters, byemeza ko ibi biganiro bihuza Perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi, biteganyijwe muri iki Cyumweru hagati y’uyu munsi ku wa Kabiri n’ejo ku wa Gatatu.

Aba Bakuru b’Ibihugu byombi bagiye guhura nyuma yuko bombi bagiye bagaruka ku bibazo biri hagati y’Ibihugu byombi. Perezida Paul Kagame aherutse gutangaza ko impamvu mugenzi Tshisekedi akomeje guhimba ibirego ashinja u Rwanda, ari uko yananiwe inshingano ze nka Perezida zo gukemura ibibazo bireba Igihugu cye.

Mu kiganiro yatanze ku Kigo cy’Igihugu cy’Itangamakuru (RBA) kuri uyu wa Mbere tariki 04 Nyakanga 2022, Perezida Paul Kagame yagarutse ku bibazo bya DRC, agaragaza ko ubuyobozi bw’Iki Gihugu bwakunze kwirengagiza ikibazo cya M23.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ikibazo cya M23 atari icya vuba ndetse ko inzira zifashishwa mu kugikemura atari zo zikenewe cyane kuko imbaraga za Gisirikare atari zo z’ibanze mu gushaka umuti w’iki kibazo ahubwo ko hakwiye kwiyambaza inzira za Politiki ndetse ko u Rwanda rwakunze kubitangamo inama.

Perezida Paul Kagame kandi yagarutse ku kuba ubwo imirwano hagati ya FARDC na M23 yubura, u Rwanda rwari rwabanje kuburira DRC ko hari ibiri gututumba ruyisaba kugira icyo ikora ariko ikinangira.

Perezida Felix Tshisekedi yakunze gushimangira ko ntagushidikanya ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23, ndetse ko ari nk’igikoresho cyarwo kugira ngo rubone uko rusahura imitungo y’iki Gihugu gikungahaye ku mitungo kamere.

Perezida João Lourenço wa Angola ugiye kuba umuhuza mu biganiro bya Kagame na Tshisekedi, ni na we wayoboye ibiganiro by’ubuhuza hagati ya Perezida Kagame na Museveni aho yari afatanyije na Perezida wa DRC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three − 1 =

Previous Post

Gatsibo: Abataramenyekana bari kuri moto barashe abantu babiri bahita bacika

Next Post

Bugesera: Yafatiwe muri Gare acikanye Televiziyo yibye aho yakoraga bamusatse bamusangana n’amafaranga

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bugesera: Yafatiwe muri Gare acikanye Televiziyo yibye aho yakoraga bamusatse bamusangana n’amafaranga

Bugesera: Yafatiwe muri Gare acikanye Televiziyo yibye aho yakoraga bamusatse bamusangana n'amafaranga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.