Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

João Lourenço wahuzaga u Rwanda na Uganda agarutse mu biganiro bya Kagame na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
05/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
João Lourenço wahuzaga u Rwanda na Uganda agarutse mu biganiro bya Kagame na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Kagame Paul w’u Rwanda na Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barateganya guhurira i Luanda muri Angola mu biganiro bizayoborwa na João Lourenço muri iki cyumweru.

Ibi biganiro biteganyijwe kuba muri iki cyumweru nyuma y’iminsi u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bitameranye neza kubera ibyo Ibihugu byombi bishinjanya.

Ibitangazamakuru binyuranye birimo Jeune Afrique n’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters, byemeza ko ibi biganiro bihuza Perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi, biteganyijwe muri iki Cyumweru hagati y’uyu munsi ku wa Kabiri n’ejo ku wa Gatatu.

Aba Bakuru b’Ibihugu byombi bagiye guhura nyuma yuko bombi bagiye bagaruka ku bibazo biri hagati y’Ibihugu byombi. Perezida Paul Kagame aherutse gutangaza ko impamvu mugenzi Tshisekedi akomeje guhimba ibirego ashinja u Rwanda, ari uko yananiwe inshingano ze nka Perezida zo gukemura ibibazo bireba Igihugu cye.

Mu kiganiro yatanze ku Kigo cy’Igihugu cy’Itangamakuru (RBA) kuri uyu wa Mbere tariki 04 Nyakanga 2022, Perezida Paul Kagame yagarutse ku bibazo bya DRC, agaragaza ko ubuyobozi bw’Iki Gihugu bwakunze kwirengagiza ikibazo cya M23.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ikibazo cya M23 atari icya vuba ndetse ko inzira zifashishwa mu kugikemura atari zo zikenewe cyane kuko imbaraga za Gisirikare atari zo z’ibanze mu gushaka umuti w’iki kibazo ahubwo ko hakwiye kwiyambaza inzira za Politiki ndetse ko u Rwanda rwakunze kubitangamo inama.

Perezida Paul Kagame kandi yagarutse ku kuba ubwo imirwano hagati ya FARDC na M23 yubura, u Rwanda rwari rwabanje kuburira DRC ko hari ibiri gututumba ruyisaba kugira icyo ikora ariko ikinangira.

Perezida Felix Tshisekedi yakunze gushimangira ko ntagushidikanya ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23, ndetse ko ari nk’igikoresho cyarwo kugira ngo rubone uko rusahura imitungo y’iki Gihugu gikungahaye ku mitungo kamere.

Perezida João Lourenço wa Angola ugiye kuba umuhuza mu biganiro bya Kagame na Tshisekedi, ni na we wayoboye ibiganiro by’ubuhuza hagati ya Perezida Kagame na Museveni aho yari afatanyije na Perezida wa DRC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 13 =

Previous Post

Gatsibo: Abataramenyekana bari kuri moto barashe abantu babiri bahita bacika

Next Post

Bugesera: Yafatiwe muri Gare acikanye Televiziyo yibye aho yakoraga bamusatse bamusangana n’amafaranga

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
1

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bugesera: Yafatiwe muri Gare acikanye Televiziyo yibye aho yakoraga bamusatse bamusangana n’amafaranga

Bugesera: Yafatiwe muri Gare acikanye Televiziyo yibye aho yakoraga bamusatse bamusangana n'amafaranga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.