Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Kabaye!!: Ariel Wayz ashyize hanze amabanga y’icyabyaye amahari hagati ye na Juno Kizigenza

radiotv10by radiotv10
05/01/2022
in IMYIDAGADURO
0
Kabaye!!: Ariel Wayz ashyize hanze amabanga y’icyabyaye amahari hagati ye na Juno Kizigenza
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko havuzwe urunturuntu hagati y’abahanzi bamaze iminsi bakanyuzaho ko bimariranyemo ari bo Ariel Wayz na Juno Kizigenza, ubu bashyize hanze ubutumwa bandikiranye bugaragaza icyatumye urukundo rwabo ruyonga.

Ubu butumwa bwashyizwe hanze na Ariel Wayz wavuze ko arambiwe kubihishira, bugaragaza ikiganiro kirekire yagiranye na Juno Kizigenza kuri WhatsApp bavugana ku byo gucana inyuma.

Muri ubu butumwa, Uwayezu Ariel AKA Ariel Wayz atangira abaza Juno Kizigenza aho aherereye akamubwira ko ari mu minsi mikuru n’umuryango we.

Uyu muhanzikazi ahita yungamo akabwira Juno Kizigenza ko atari mu muryango we ahubwo ko ari kwifurahisha ku Gisenyi n’uwahoze ari umukunzi we uba hanze y’u Rwanda.

Juno Kizigenza na we akomeza gutsimbarara amubwira ko atamubeshye bigatuma umukobwa amusaba ko babonana muri ako kanya ariko undi akamubwira ko bitashoboka ahubwo ko bazabonana nko ku wa Gatatu.

Ariel Wayz ahita abwira Juno Kizigenza ko nibatabonana muri ako kanya atazongera kugira amahirwe yo kumubona.

Mu minsi ishize aba bombi bari bashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bagaragaza ko buri umwe yahuye no gutenguhwa mu rukundo, ibintu byatumye hakekwa ko ishyamba atari ryeru hagati yo mu gihe byari bizwi ko urukundo rwabo ari pata na rugi.

Gusa ibintu nk’ibi byagiye byifashishwa na bamwe mu bahanzi bashaka kwiyamamariza ibikorwa byabo ku buryo binakekwa ko aba na bo baba bari mu gakino ko gukomeza kugaruka mu matwi y’abakunzi babo ndetse banakomeza kwamamaza indirimbo zabo dore ko hari iyo Ariel Wayz aherutse gushyira hanze mu gihe Juno Kizigenza na we hari iyo yitegura gusohora.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 7 =

Previous Post

Rubavu: Umugabo watemaga igiti cyo kumurinda urupfu cyamugwiriye ahita apfa

Next Post

Abafashwe basengera mu gishanga bibukijwe ko ntaho Imana itaba ko no mu rugo bahasengera

Related Posts

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Bosco Nshuti uri mu bitaramo bizenguruka u Burayi, yararikiye abatuye muri Finland kwitegura...

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

by radiotv10
05/06/2025
0

Karomba Gaël uzwi nka Coach Gaël mu ishoramari ry’imyidagaduro mu Rwanda, uherutse gutangaza ko yifuza kuzana mu Rwanda umuhanzi Chris...

Ibivugwa nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye muri Label ya 1:55 AM

Ibivugwa nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye muri Label ya 1:55 AM

by radiotv10
03/06/2025
0

Nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye mu nzu ifasha abahanzi ya 1: 55 AM, biravugwa ko yaba agiye kwerecyeza muri...

Umuhanzi Nyarwanda uherutse guca amarenga yo kuva muri ‘Label’ yamufashaga byarangiye afashe icyemezo

Umuhanzi Nyarwanda uherutse guca amarenga yo kuva muri ‘Label’ yamufashaga byarangiye afashe icyemezo

by radiotv10
03/06/2025
0

Umuhanzi Kenny Sol yamaze gutandukana n’inzu ifasha abahanzi ya 1:55 AM, nyuma yo kubicaho amarenga ko ashobora kuba agiye kuyivamo....

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

by radiotv10
31/05/2025
0

Ibitaramo bizenguruka Igihugu mu iserukiramuco rizwi nka ‘MTN-Iwacu Muzika Festival’ bigiye kongera kuba nk’uko byatangajwe n’abasanzwe babitegura. Sosiyete ya EAP...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abafashwe basengera mu gishanga bibukijwe ko ntaho Imana itaba ko no mu rugo bahasengera

Abafashwe basengera mu gishanga bibukijwe ko ntaho Imana itaba ko no mu rugo bahasengera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.