Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Kabaye!!: Ariel Wayz ashyize hanze amabanga y’icyabyaye amahari hagati ye na Juno Kizigenza

radiotv10by radiotv10
05/01/2022
in IMYIDAGADURO
0
Kabaye!!: Ariel Wayz ashyize hanze amabanga y’icyabyaye amahari hagati ye na Juno Kizigenza
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko havuzwe urunturuntu hagati y’abahanzi bamaze iminsi bakanyuzaho ko bimariranyemo ari bo Ariel Wayz na Juno Kizigenza, ubu bashyize hanze ubutumwa bandikiranye bugaragaza icyatumye urukundo rwabo ruyonga.

Ubu butumwa bwashyizwe hanze na Ariel Wayz wavuze ko arambiwe kubihishira, bugaragaza ikiganiro kirekire yagiranye na Juno Kizigenza kuri WhatsApp bavugana ku byo gucana inyuma.

Muri ubu butumwa, Uwayezu Ariel AKA Ariel Wayz atangira abaza Juno Kizigenza aho aherereye akamubwira ko ari mu minsi mikuru n’umuryango we.

Uyu muhanzikazi ahita yungamo akabwira Juno Kizigenza ko atari mu muryango we ahubwo ko ari kwifurahisha ku Gisenyi n’uwahoze ari umukunzi we uba hanze y’u Rwanda.

Juno Kizigenza na we akomeza gutsimbarara amubwira ko atamubeshye bigatuma umukobwa amusaba ko babonana muri ako kanya ariko undi akamubwira ko bitashoboka ahubwo ko bazabonana nko ku wa Gatatu.

Ariel Wayz ahita abwira Juno Kizigenza ko nibatabonana muri ako kanya atazongera kugira amahirwe yo kumubona.

Mu minsi ishize aba bombi bari bashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bagaragaza ko buri umwe yahuye no gutenguhwa mu rukundo, ibintu byatumye hakekwa ko ishyamba atari ryeru hagati yo mu gihe byari bizwi ko urukundo rwabo ari pata na rugi.

Gusa ibintu nk’ibi byagiye byifashishwa na bamwe mu bahanzi bashaka kwiyamamariza ibikorwa byabo ku buryo binakekwa ko aba na bo baba bari mu gakino ko gukomeza kugaruka mu matwi y’abakunzi babo ndetse banakomeza kwamamaza indirimbo zabo dore ko hari iyo Ariel Wayz aherutse gushyira hanze mu gihe Juno Kizigenza na we hari iyo yitegura gusohora.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Rubavu: Umugabo watemaga igiti cyo kumurinda urupfu cyamugwiriye ahita apfa

Next Post

Abafashwe basengera mu gishanga bibukijwe ko ntaho Imana itaba ko no mu rugo bahasengera

Related Posts

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

by radiotv10
31/01/2026
0

In recent years, podcasts have become very popular around the world, and Rwanda is no exception. More and more young...

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

by radiotv10
30/01/2026
0

Muri gahunda nshya yiswe KGL Cine Corner yo kwerekana filimi ziba zigezweho, hagiye kwerekanwa iyitwa The RIP iri kubica bigacika...

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abafashwe basengera mu gishanga bibukijwe ko ntaho Imana itaba ko no mu rugo bahasengera

Abafashwe basengera mu gishanga bibukijwe ko ntaho Imana itaba ko no mu rugo bahasengera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.