Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kaboneka wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yahawe inshingano

radiotv10by radiotv10
23/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kaboneka wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yahawe inshingano
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Abaminisitiri yashyize mu myanya abayobozi batandukanye, barimo Francis Kaboneka wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, wahawe inshingano zo kuba Komiseri muri Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu.

Bikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Gicurasi 2024 iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Mu bahawe inshingano, harimo Umunya-Burkina Faso, Dr Lassina Zerbo, wagizwe Umujyanama mu Biro by’Umukuru w’Igihugu, mu bijyanye n’ingufu, ndetse akazabibangikanya no kuba umwe mu bagize akanama gashinzwe politiki muri Perezidansi.

Uyu wagize imyanya inyuranye mu Gihugu akomokamo cya Burkina Faso, akaba yaranabaye na Minisitiri w’Intebe w’Agateganyo wacyu hagati ya 2021 na 2022, ubu akaba yahawe inshingano muri Perezidansi y’u Rwanda, yari asanzwe ari Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi y’Ikigo Gishinzwe Ingufu za Atomike mu Rwanda kizwi nka RAEB.

Mu bandi bahawe inshingano, barimo Jean Bosco Mugiraneza wagizwe Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Ingufu muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Dr Jack Ngarambe, wagize Umuyobozi Mukuru ushinzwe guteza imbere imijyi, n’ibijyanye n’imyubakire muri iyi Minisiteri, Gemma Maniraruta, agirwa Umuyobozi Mukuru ushinzwe Amazi n’Isukura, na Emmanuwel Nuwamanya, we wagizwe ushinzwe gusesengura igenamigambi.

Mu Kigo cy’u Rwanda gishinzwe guteza imbere Imiturire (RHA) na ho hashyizwe mu myanya abayobozi batandukanye, barimo Emmanuel Ahabwe wagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe iterambere rya gahunda yo kubaka inzu zidahenze.

Ni mu gihe Patrick Emille Baganizi wigeze kuba Umuyobozi Mukuru w’Agateganyo wa RURA, yagizwe Umuyobozi Mukuru w’ikigo cy’Imari yo gusana imihanda (RMF).

Mu bandi bahawe inshingano n’Inama y’Abaminisitiri, barimo Kaboneka Francis wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu hagati ya 2014 na 2018, ndetse na Thadee Tuyizere wigeze kuba Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Kamonyi, bagizwe ba Komiseri muri Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu.

ABASHYIZWE MU MYANYA BOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − sixteen =

Previous Post

Kwibuka30: RGB igaragaza ko ubutegetsi bubi nk’ubwateguye Jenoside budashobora kongera kubaho mu Rwanda

Next Post

Rwanda: Abahinzi b’icyayi bahishuye ikiri ku isonga mu bituma bakiri kuri 50% y’umusaruro bifuza

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda: Abahinzi b’icyayi bahishuye ikiri ku isonga mu bituma bakiri kuri 50% y’umusaruro bifuza

Rwanda: Abahinzi b’icyayi bahishuye ikiri ku isonga mu bituma bakiri kuri 50% y’umusaruro bifuza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.