Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

radiotv10by radiotv10
17/01/2026
in MU RWANDA
0
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona abakozi b’iyi kaminuza bazindutse babarandurira imyaka bari bahinze, batanamenyeshejwe impamvu, bakaba basaba kwishyurwa ibyangijwe.

Aba baturage bavuga ko bari barahawe ubutaka na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, kugira ngo bahingemo bibafashe kwiteza imbere. Icyakora, batangazwa no kubona ubuyobozi bw’iyo kaminuza bwohereje abantu barandura imyaka yabo yari imaze gukura.

Kamana Eliezel ati “Kaminuza yadutije ubutaka itubwira ko tugomba kubuhingamo kandi ntibigeze batubwira ko tutemerewe guhingamo imyumbati. None bayiranduye, ibura igihe gito ngo yere. Byanteye agahinda kubona abantu barandura imyaka yaburaga igihe gito ngo yere bakayirandura batabanje kumenyesha nyirayo. Bagombaga kubanza kumenyesha. Nari nashoyemo amafaranga menshi; bagombaga kubanza kuyinyishyura iyo myaka bagiye kwangiza cyangwa bakareka ikera bagatwara ubutaka bwabo.”

Tumugire Jeanette ati “Icyadutunguye ni ukubona abantu baza kurandura imyaka yacu tutabwiwe impamvu. Twari twarashoye amafaranga menshi, none byose birangirika. Ubu bandanduriye imyumbati ni ibihombo.”

Izere Delphine ati “Twe twahinze babibona, ntawigeze atubwira ko bibujijwe. Barindiriye ko imyaka yenda kwera barayirandura. Ubu se iyo batubwira tukareka guhinga aho kugira ngo tubanze duhinge dushyiremo ibishoro? Bari batubwiye ngo duhinge ibyo dushaka. None tubonye imyumbati irandurwa byatuyobeye.”

Habimana Emmanuel ati “Niba hari imishinga kaminuza ishaka gukoreramo, twari twiteguye kubyumva. Ariko byari bikwiye ko badutegereza tukazasarura cyangwa bakatwishyura ibishoro byacu.”

Aba baturage bose basaba ko bahabwa ingurane y’imyaka yangijwe kuko bavuga ko bamaze gutakarizamo amafaranga menshi n’imbaraga.

Ku ruhande rwa Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, Dr. Jean Bosco Shema, umwe mu bayobozi bayo, avuga ko abahinzi batari bakwiye gutungurwa.

Ati “Ibyo twari twaravuganye n’abo baturage ni uko bagombaga guhinga imyaka yera vuba. Imyumbati imara igihe kinini mu butaka, bityo ntijyanye n’ibyo twari twemeranyijwe; ni yo mpamvu twayiranduye.”

Nubwo uyu muyobozi avuga ibi, abaturage bo bavuga ko koko bari barabanje kubwirwa guhinga imyaka yera vuba, ariko kubera ko iyo bahingaga yajyaga yonwa n’inyamaswa ziva mu ishyamba rya kaminuza, barabireka. Nyuma ngo ubuyobozi bwabahamagaye bubabwira ko bashobora guhinga ibyo bashaka, ari na yo mpamvu bahinze imyumbati kandi banayihinga ubuyobozi bwa kaminuza buhari ntibwababuza.

Ibi bituma aba baturage bavuga ko batunguwe cyane no kubona imyumbati yabo irandurwa nyamara yari igeze hafi yo kwera, bagasaba ko kaminuza yabitaho ikabishyura ibyangijwe.

Bavuga ko imyaka yabo yaranduwe batabanje kubimenyeshwa
Bavuga ko byabatunguye none bikaba bigiye kubateza ubukene

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Next Post

Simple Habits That Improve Digestion

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.