• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kamonyi: Abaturage barasaba kwegerezwa ibikorwaremezo

radiotv10by radiotv10
18/09/2021
in MU RWANDA
0
Kamonyi: Abaturage barasaba kwegerezwa ibikorwaremezo
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abatuye mu karere ka kamonyi, umurenge wa Rugarika, basaba ubuyobozi bw’akarere ko aharimo gushyirwa site yo guturamo  hakwiye no gushyirwa ibikorwaremezo bihagije birimo amazi umuriro nibindi kugirango ujya kuhatura azahature ntambogamizi ahura nazo. ;ubuyobozi bw’aka karere  buvugako burimo gukora ibishoboka byose ngo ibyo bikorwaremezo bihagere vuba.

Aba baturage batuye mukagari ka sheri mumurenge wa rugarika mukarere ka kamonyi baravuga ko aho batuye kuba harimo gushyirwa site zo guturaho ari ibizamura agaciro kubutaka bwabo ,ibi ngo babihera kukuba mbere icyibanza cyaragurwaga  hagati ya miliyoni nigice kugera kuri ebyiri none ubu ngo ibiciro byikubye kabiri aho  ubu harimo gutunganywa ibibanza byo kubaka, abahatuye  bavuga ko hakwiye no gushyirwa umwe ati “Dukwiye guhabwa  ibikorwaremezo bihagije birimo amazi ,umuriro n’imihanda kuko iyo uguze ikibanza unishyura ibihumbi 250 byo kuhashyira byo bikorwa  none ubu amazi dufite ni mekeya kuko twahatuye mbere turi bakeya ,ubu rero uko abantu biyongera niko amazi agenda aba makeya.

Ukuriye abatunganya site  avuga ko  igikorwa cyo kuzihashyira ari cyiza cyizatuma abaturage batura neza  naho kucyibazo cyo kuba amazi ari makeya ngo barateganya ko mugihe cya vuba bazabaha amazi  Rukiza Jean Damascene ati “Igikorwa cyiza cyagutse cy’iterambere riri mu karere ka Kamonyi  kandi abaturage bose barabyishimiye rwose ,kuko ubu harimo gukatwa imihanda amazi turitegura kuyabaha ndetse n’umuriro urahari ariko dushaka ko ugera hose .ndetse mugihe cya vuba amazi araza kubageraho  kuburyo mubyumweru bike amazi azaba yabagezeho”

Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi w’agateganyo  Tuyizere Thadee   avugako site zirimo gutegurwa muri kano karere zigera kuri eshatu zizafasha abashaka kuhubaka mugutura neza ntakajagari kandi ngo abaturage  bashonje bahishiwe ikigiye gukurikira ni ukuhageza  ibikorwaremezo.

Yagize ati “Baturage bacu  bakwiye kwihangana kuko turimo gushakisha uburyo hashyirwaho ibikorwaremezo,ahaciwe amasite yo guturamo yaba iyo mihanda, amazi, umuriro n’ibindi yewe niyo mihanda igomba gutsindagirwa, ndetse hakaba hanajyamo ibikowaremezo ariko nabo bashyiramo imbaraga zabo”

Akarere ka kamonyi kavuga ko katunganyije site cumi n’eshanu, ibi bikorwa biri gukorwa mu mirenge ifatwa nk’iy’umujyi wa Kamonyi; Rugarika, Runda na Gacurabwenge ku buso bwa hegitari 4000. Mu gice cy’imirenge isigaye ifatwa nk’icyaro naho abaturage batura mu midugudu 135 yapimwe ikanatunganywa.

Inkuru ya: MURAGIJEMALIYA Juventine/RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 1 =

Previous Post

KICUKIRO: Hatangiye ubukangurambaga bugamije kurwanya COVID-19 ku rwego rw’umudugugu

Next Post

Inkomoko yo kubyibuha no kunanuka hashingiwe ku mirire

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Inkomoko yo kubyibuha no kunanuka hashingiwe ku mirire

Inkomoko yo kubyibuha no kunanuka hashingiwe ku mirire

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.