Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kamonyi: Batuye umunyamakuru amarira adakama kubera gutenguhwa n’uruganda rwabateranyije n’Abakongomani

radiotv10by radiotv10
18/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kamonyi: Batuye umunyamakuru amarira adakama kubera gutenguhwa n’uruganda rwabateranyije n’Abakongomani
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abashinja uruganda rutunganya ifu ya Kawunga ruherereye mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, kubatenguha ntirubahe ifu bishyuye, none bamaze icyumweru barara ku ibaraza y’uru ruganda, basaba guhabwa ibyo bishyuye ngo kuko biri kubateranya n’Abanyekongo bari babatumye.

Bamwe mu bagore bishyuye uru ruganda rwitwa ‘Gamba Business Group’ bagategereza ko rubaha ifu bishyuye bagaheba, RADIOTV10 yabasanze imbere y’umuryango w’uru ruganda, barira ayo kwarika.

Umwe wahise yakiriza umunyamakuru amarira y’agahinda yatewe n’uku gutenguhwa, yavuze ko akomoka mu Karere ka Rusizi, akaba yaraje kubaza ibya kawunga yishyuye ntayihabwe, asize n’ubundi mu rugo iwe hari ibibazo.

Ati “Tumaze icyumweru ku rubaza, twasize abana, nasize umugabo mu bitaro [ahita arira] njyewe nturuka i Rusizi ndi kumwe n’abaturanyi barabizi ko mfite umugabo mu bitaro.”

Aba bacuruzi, bavuga ko ubuyobozi bw’uru ruganda rwabizeje ko rufite ifu ihagije, na bo bakizeza abakiliya babo ko bazabaga kawunga.

Undi ati “Amafaranga twarayatanze kandi twayakuye i Congo, abakongomani bakadutuma tugira ngo turebe ko twasaguraho ayo kurya, none buri munsi Abakongomani bari kudutuka ngo turi ibisambo, n’ubu twari turimo kuvugana na bo badutuka ngo nitubazanire imizigo baguze.”

Aba baturage bavuga ko babona ubuyobozi bw’uru ruganda bwarabatekeye umutwe, none barasaba ko inzego z’ubuyobozi zibyinjiramo ku buryo niba badahawe ibyo baguze, bakaba bakwishyurwa amafaranga yabo.

Undi w’umugabo we yagize ati “Batwishyure ibintu byacu ku neza niba atabifite nta gihombo tumubaza cy’iyo minsi twarataye akazi, aduhe ibyacu cyangwa aduhe ayo mafaranga.”

Umucungamutungo w’uru ruganda rwa Gamba Business Group, Nzabahimana Abdalahamani avuga ko amafaranga yishyuwe n’aba baturage, bayishyuye kuri konti y’uru ruganda.

Ati “Nta muntu wagiye kubashaka kubera ko dukora kawunga keza, karakundwa, dushyiraho ukuntu umuntu yazajya averisa tukamuvivura dukurikije igihe yaverishije amafaranga uko bagiye bakurikirana.”

Uyu mukozi w’uru ruganda avuga ko uko abantu bagiye bishyura ari na ko bakurikirana mu kubagezaho ibyo bishyuye.

Ati “Abo bagore rero kuko baba bashaka kubikora ku ngufu bashaka ko tubavivura mbere y’abandi, tubabwira ko ibyo bintu atari byo ko dukurikiza urutonde.”

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Imyanzuro yafashwe ku bya Congo yajemo ingingo nshya ivuga ku Banyekongo bahungiye mu Rwanda

Next Post

Inkuru ibabaje ku wakiniye Chelsea wari wabuze nyuma y’umutingito wo muri Turkia

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru ibabaje ku wakiniye Chelsea wari wabuze nyuma y’umutingito wo muri Turkia

Inkuru ibabaje ku wakiniye Chelsea wari wabuze nyuma y’umutingito wo muri Turkia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.