Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kamonyi: Batuye umunyamakuru amarira adakama kubera gutenguhwa n’uruganda rwabateranyije n’Abakongomani

radiotv10by radiotv10
18/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kamonyi: Batuye umunyamakuru amarira adakama kubera gutenguhwa n’uruganda rwabateranyije n’Abakongomani
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abashinja uruganda rutunganya ifu ya Kawunga ruherereye mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, kubatenguha ntirubahe ifu bishyuye, none bamaze icyumweru barara ku ibaraza y’uru ruganda, basaba guhabwa ibyo bishyuye ngo kuko biri kubateranya n’Abanyekongo bari babatumye.

Bamwe mu bagore bishyuye uru ruganda rwitwa ‘Gamba Business Group’ bagategereza ko rubaha ifu bishyuye bagaheba, RADIOTV10 yabasanze imbere y’umuryango w’uru ruganda, barira ayo kwarika.

Umwe wahise yakiriza umunyamakuru amarira y’agahinda yatewe n’uku gutenguhwa, yavuze ko akomoka mu Karere ka Rusizi, akaba yaraje kubaza ibya kawunga yishyuye ntayihabwe, asize n’ubundi mu rugo iwe hari ibibazo.

Ati “Tumaze icyumweru ku rubaza, twasize abana, nasize umugabo mu bitaro [ahita arira] njyewe nturuka i Rusizi ndi kumwe n’abaturanyi barabizi ko mfite umugabo mu bitaro.”

Aba bacuruzi, bavuga ko ubuyobozi bw’uru ruganda rwabizeje ko rufite ifu ihagije, na bo bakizeza abakiliya babo ko bazabaga kawunga.

Undi ati “Amafaranga twarayatanze kandi twayakuye i Congo, abakongomani bakadutuma tugira ngo turebe ko twasaguraho ayo kurya, none buri munsi Abakongomani bari kudutuka ngo turi ibisambo, n’ubu twari turimo kuvugana na bo badutuka ngo nitubazanire imizigo baguze.”

Aba baturage bavuga ko babona ubuyobozi bw’uru ruganda bwarabatekeye umutwe, none barasaba ko inzego z’ubuyobozi zibyinjiramo ku buryo niba badahawe ibyo baguze, bakaba bakwishyurwa amafaranga yabo.

Undi w’umugabo we yagize ati “Batwishyure ibintu byacu ku neza niba atabifite nta gihombo tumubaza cy’iyo minsi twarataye akazi, aduhe ibyacu cyangwa aduhe ayo mafaranga.”

Umucungamutungo w’uru ruganda rwa Gamba Business Group, Nzabahimana Abdalahamani avuga ko amafaranga yishyuwe n’aba baturage, bayishyuye kuri konti y’uru ruganda.

Ati “Nta muntu wagiye kubashaka kubera ko dukora kawunga keza, karakundwa, dushyiraho ukuntu umuntu yazajya averisa tukamuvivura dukurikije igihe yaverishije amafaranga uko bagiye bakurikirana.”

Uyu mukozi w’uru ruganda avuga ko uko abantu bagiye bishyura ari na ko bakurikirana mu kubagezaho ibyo bishyuye.

Ati “Abo bagore rero kuko baba bashaka kubikora ku ngufu bashaka ko tubavivura mbere y’abandi, tubabwira ko ibyo bintu atari byo ko dukurikiza urutonde.”

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Imyanzuro yafashwe ku bya Congo yajemo ingingo nshya ivuga ku Banyekongo bahungiye mu Rwanda

Next Post

Inkuru ibabaje ku wakiniye Chelsea wari wabuze nyuma y’umutingito wo muri Turkia

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru ibabaje ku wakiniye Chelsea wari wabuze nyuma y’umutingito wo muri Turkia

Inkuru ibabaje ku wakiniye Chelsea wari wabuze nyuma y’umutingito wo muri Turkia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.