Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kamonyi: Batuye umunyamakuru amarira adakama kubera gutenguhwa n’uruganda rwabateranyije n’Abakongomani

radiotv10by radiotv10
18/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kamonyi: Batuye umunyamakuru amarira adakama kubera gutenguhwa n’uruganda rwabateranyije n’Abakongomani
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abashinja uruganda rutunganya ifu ya Kawunga ruherereye mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, kubatenguha ntirubahe ifu bishyuye, none bamaze icyumweru barara ku ibaraza y’uru ruganda, basaba guhabwa ibyo bishyuye ngo kuko biri kubateranya n’Abanyekongo bari babatumye.

Bamwe mu bagore bishyuye uru ruganda rwitwa ‘Gamba Business Group’ bagategereza ko rubaha ifu bishyuye bagaheba, RADIOTV10 yabasanze imbere y’umuryango w’uru ruganda, barira ayo kwarika.

Umwe wahise yakiriza umunyamakuru amarira y’agahinda yatewe n’uku gutenguhwa, yavuze ko akomoka mu Karere ka Rusizi, akaba yaraje kubaza ibya kawunga yishyuye ntayihabwe, asize n’ubundi mu rugo iwe hari ibibazo.

Ati “Tumaze icyumweru ku rubaza, twasize abana, nasize umugabo mu bitaro [ahita arira] njyewe nturuka i Rusizi ndi kumwe n’abaturanyi barabizi ko mfite umugabo mu bitaro.”

Aba bacuruzi, bavuga ko ubuyobozi bw’uru ruganda rwabizeje ko rufite ifu ihagije, na bo bakizeza abakiliya babo ko bazabaga kawunga.

Undi ati “Amafaranga twarayatanze kandi twayakuye i Congo, abakongomani bakadutuma tugira ngo turebe ko twasaguraho ayo kurya, none buri munsi Abakongomani bari kudutuka ngo turi ibisambo, n’ubu twari turimo kuvugana na bo badutuka ngo nitubazanire imizigo baguze.”

Aba baturage bavuga ko babona ubuyobozi bw’uru ruganda bwarabatekeye umutwe, none barasaba ko inzego z’ubuyobozi zibyinjiramo ku buryo niba badahawe ibyo baguze, bakaba bakwishyurwa amafaranga yabo.

Undi w’umugabo we yagize ati “Batwishyure ibintu byacu ku neza niba atabifite nta gihombo tumubaza cy’iyo minsi twarataye akazi, aduhe ibyacu cyangwa aduhe ayo mafaranga.”

Umucungamutungo w’uru ruganda rwa Gamba Business Group, Nzabahimana Abdalahamani avuga ko amafaranga yishyuwe n’aba baturage, bayishyuye kuri konti y’uru ruganda.

Ati “Nta muntu wagiye kubashaka kubera ko dukora kawunga keza, karakundwa, dushyiraho ukuntu umuntu yazajya averisa tukamuvivura dukurikije igihe yaverishije amafaranga uko bagiye bakurikirana.”

Uyu mukozi w’uru ruganda avuga ko uko abantu bagiye bishyura ari na ko bakurikirana mu kubagezaho ibyo bishyuye.

Ati “Abo bagore rero kuko baba bashaka kubikora ku ngufu bashaka ko tubavivura mbere y’abandi, tubabwira ko ibyo bintu atari byo ko dukurikiza urutonde.”

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 10 =

Previous Post

Imyanzuro yafashwe ku bya Congo yajemo ingingo nshya ivuga ku Banyekongo bahungiye mu Rwanda

Next Post

Inkuru ibabaje ku wakiniye Chelsea wari wabuze nyuma y’umutingito wo muri Turkia

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru ibabaje ku wakiniye Chelsea wari wabuze nyuma y’umutingito wo muri Turkia

Inkuru ibabaje ku wakiniye Chelsea wari wabuze nyuma y’umutingito wo muri Turkia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.