Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kamonyi: Umukozi w’ikigo cy’imari washatse kukiba 3.500.000Frw agatahurwa hamenyekanye uko yabyitwayemo

radiotv10by radiotv10
22/08/2023
in MU RWANDA
0
Kamonyi: Umukozi w’ikigo cy’imari washatse kukiba 3.500.000Frw agatahurwa hamenyekanye uko yabyitwayemo
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi wa SACCO yo mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi, arakwaho kwakira miliyoni 3,5 Frw z’abanyamuryango bari baje kuyabitsa, akayakubita umufuka, akaza kuyagarura nyuma yo kumenya ko yatahuwe.

Ni umukozi usanzwe ari umubitsi muri SACCO ya Mbonezisonga yo muri uyu Murenge wa Musambira, aho ibyo akekwaho byabaye tariki 11 Kanama 2023.

Amakuru avuga ko uyu mubitsi yakiriye amafaranga y’abanyamuryango bari baje kuyabitsa, ndetse akandika ko yageze kuri konti zabo, ariko ntiyayajyana mu isanduku y’iki kigo cy’imari.

Iyi myitwarire yagaragajwe n’uyu mukozi wa SACCO, inengwa na bamwe mu banyamuryango bayo, bavuga ko ibyo yakoze bitari bikwiye, kuko asanzwe ahembwa ayo yakoreye, atari akwiye gushaka kwiba amafaranga ya rubanda.

Umwe yagize ati “Niba bemeye kuguha akazi, bakaguha umushahara, ugahindukira ugashaka kwiba amafaranga y’umuturage, ntabwo uba waranyuzwe, ni ukugaragaza inda mbi.”

Higiro Daniel, usanzwe ari Umucungamutungo w’iyi SACCO Mbonezisonga, yatangaje ko iki kibazo cyabayeho cy’umubitsi washatse kwiba ariya mafaranga, ariko nyuma y’iminsi abiri amenye ko ari gukurikiranwa, akayagarura.

Yagize ati “N’ubundi amafaranga arabyemera ko yayakiriye ariko ntiyayageza mu isanduka. Nyuma icyahise gikurikiraho, nakoze raporo nyishyikiriza ubuyobozi, ubuyobozi bufatira ibyemezo byo kumuhagarika mu kazi.”

Uyu mucungamutungo w’iyi SACCO, avuga ko hagikusanywa ibimenyetso kugira ngo uriya mukozi agezwe mu butabera, akaboneraho kwizeza abanyamuryango b’iki kigo cy’imari ko, ubu amafaranga yabo atekanye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 9 =

Previous Post

Kigali: Uko byagenze ngo afatanwe ibintu bibiri bitemewe yabanje gukekwaho kimwe

Next Post

Habaye impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda ku Baminisitiri 10 zinagaruramo Gen Murasira

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Habaye impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda ku Baminisitiri 10 zinagaruramo Gen Murasira

Habaye impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda ku Baminisitiri 10 zinagaruramo Gen Murasira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.