Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Kariakoo: Ibrahim Ajibu yatorotse umwiherero mbere y’uko Yanga SC icakirana na Simba SC

radiotv10by radiotv10
02/07/2021
in SIPORO
0
Kariakoo: Ibrahim Ajibu yatorotse umwiherero mbere y’uko Yanga SC icakirana na Simba SC
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 3 Nyakanga 2021 guhera saa kumi n’imwe zuzuye ku masaha y’i Dar Es Slaam (17h00’) bizaba ari saa kumi ku masaha y’i Kigali (16h00’), ruraba rwambikanye hagati ya Simba SC na Yanga SC mu isibaniro ry’ibigugu. Ibrahim Ajibu Migomba yabuze mu mwiherero wa Simba SC.

Ku ruhande rwa Simba SC kuri ubu biravugwa ko abakinnyi barimo Jonas Gerald Mkude na Ibrahim Ajibu Migomba batazaboneka muri uyu mukino.

Jonas Mkude ari mu bihano by’igihe kitazwi mu gihe amakuru ava i Dar Es Slaam ahamya ko Ibrahim Ajibu Migomba yaburiwe irengero kuko yasohotse mu mwiherero akajya ahantu ahantu hataramenyekana.

Undi mukinnyi wa Simba SC utari mu mwiherero ni Perfect Chikwende wagiye mu butumire bw’ikipe y’igihugu ya Zimbabwe kwitegura imikino ya COSAFA 2021.

See the source image

Ibrahim Ajibu Migomba yatorotse umwiherero wa Simba SC mbere y’uko bahura na Yanga SC

Ku ruhande rwa Yanga SC ntabwo bafite Balama Mapinduzi utarakira neza imvune yagize mu 2020 kimwe n’umunyezamu Boniface Metacha Mnata uri mu bihano.

Ni umukino uzakinwa mbere y’uko n’ubundi aya makipe azahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’igihugu (Azam Sports Federation Cup 2021), umukino uzakinwa tariki 25 Nyakanga 2021.

Ni umukino ikipe ya Simba SC izakina iri imbere ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona 2020-2021 n’amanota 73 mu mikino 29 mu gihe Yanga SC ari iya kabiri n’amanota 67 mu mikino 31. Azam FC ni iya gatatu n’amanota 64 mu mikino 32 imaze gukina.

See the source image

Rally Bwalya wa Simba SC hagati ya Bakary Super Nondo Mwamnyeto (3) na Farid Moussa Mallick (17)

Abakinnyi 11 bashobora kubanza mu kibuga:

Simba SC:

Aishi Salum Manula (GK)

2.Shomari Salim Kapombe

3.Mohammed Hussein Zimbwe Jr

4.Joash Onyango Auchieng

5.Serge Pascal Wawa

6.Taddeo Lwanga

7.Mzamiru Yassin Said

8.Clatous Chota Chama

9.Bernard Morrison

10.Jose Luis Miquissone

11.John Raphael Bocco (C)

Yanga SC:

1.Farouk Shikalo (GK)

2.Kibwana Ally Shomari

3.Abdallah Shaib Ninja

4.Bakary Nondo Mwamnyeto

5.Yassin Mustafa

6.Mukoko Tonombe

7.Feisal Salum Abdallah “Fei Toto”

8.Saido Ntibazonkiza

9.Tuisila Ossien Kisinda

10.Deus David Kaseke

11.Yacouba Sogne.

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

COVID-19: Mu kwezi kumwe abarwariye mu bitaro bikubye inshuro esheshatu, umwuka bahabwa urushaho

Next Post

Iranzi Jean Claude na bagenzi be bazamuye Pharco FC mu cyiciro cya mbere

Related Posts

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Muhammed Kagawa Ssenoga, rutahizamu uca ku ruhande wakiniraga Express yo muri Uganda na Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa ukomoka...

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

IZIHERUKA

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke
IMIBEREHO MYIZA

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

18/12/2025
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

18/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iranzi Jean Claude na bagenzi be bazamuye Pharco FC mu cyiciro cya mbere

Iranzi Jean Claude na bagenzi be bazamuye Pharco FC mu cyiciro cya mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.