Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karidinali wo muri Congo yavuye mu Rwanda ashimira Guverinoma yarwo anavuga ku byari byamuzanye

radiotv10by radiotv10
29/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Karidinali wo muri Congo yavuye mu Rwanda ashimira Guverinoma yarwo anavuga ku byari byamuzanye
Share on FacebookShare on Twitter

Arikiyepiskopi wa Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Karidinali Fridollin Ambongo Besungu wasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda, yashimiye Kiliziya Gatulika na Guverinoma by’u Rwanda uburyo yakiriwe, anavuga ko ibyavuye mu nama yari yamuzanye.

Karidinali Fridollin Ambongo Besungu wari mu Rwanda kuva ku wa Mbere tariki 25 Ugushyingo 2024, aho yari yitabiriye Inama y’Ihuriro ry’Abepiskopi muri Afurika na Madagascar (SECAM), yasoje uruzinduko rwe kuri uyu wa Kane tariki 28 Ugushyingo 2024.

Mbere yo gusubira i Kinshasa muri Gihugu cye cya RDC, Karidinali Ambongo yatanze ubutumwa bw’uko iyi nama yagenze ndetse n’intego yayo.

Karidinali Ambongo unayobora iri Huriro, yavuze ko iyi nama yahuje Abaperezida bose ba Komite Ihoraho yaryo n’Ubunyamabanga bukuru bwaryo, yari igamije gusuzuma uko Kiliziya Gatulika muri Afurika ihagaze mu ruhando mpuzamahanga ku Isi.

Ati “Twasesenguye ishusho mu mpande zose za Kiliziya, mu mutekano, mu bukungu ndetse no muri Politiki mu karere kose ka Afurika. Nanone kandi twanasuzumye uko ibintu byifashe mu karere k’ibiyaga bigari, ari na ko tubarizwamo karimo ibibazo by’amakimbirane tubona mu burasirazuba bw’Igihugu.”

Yavuze kandi ko iyi nama yari ifite intego nyamukuru y’imyiteguro y’Inteko Rusange ya Kiliziya Gatulika muri Afurika izabera mu Rwanda umwaka utaha, ndetse abitabiriye iyi nama bakaba bararebye uko imyiteguro ihagaze.

Ati “Ubwo ngiye gutaha mvuye i Kigali, ndagira ngo mvuge ko abagize Komite Ihoraho ko twanyuzwe n’ishusho y’imyiteguro twagaragarijwe iduha icyizere ko Inteko izabera hano umwaka utaha, izagenda neza.”

Mu butumwa bwanditse kandi yatanze kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Ugushyingo 2024, nyuma yo kugera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Karidinali Ambongo yagize ati “Ikindi kandi ndashimira abayobozi ba Kiliziya n’aba Guverinoma mu Rwanda, uburyo batwakiriye ndetse n’imyiteguro yo kwakira Inama yacu izaba muri Nyanga 2025.”

Karidinali Ambongo ubwo yari akigera mu Rwanda, mu kiganiro yahaye itangazamakuru, yanagarutse ku mubano w’Ibihugu bitatu by’ibituranyi, u Rwanda, DRC n’u Burundi, avuga ko nubwo urimo igitotsi, ariko “ababituye bo ntakibazo bafitanye.”

Karidinali Fridollin Ambongo yasuye ibikorwa binyuranye mu Rwanda

Yashimiye uburyo Kiliziya Gatulika yiteguye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zigiye kuba muri Pansiyo yazamuraga impaka mu Rwanda

Next Post

Ibyavuye mu ibazwa ry’ukurikiranyweho kwiyita Umupolisi akabikoresha ibyavuyemo ibyaha

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Ibyavuye mu ibazwa ry’ukurikiranyweho kwiyita Umupolisi akabikoresha ibyavuyemo ibyaha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.