Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karidinali wo muri Congo yavuye mu Rwanda ashimira Guverinoma yarwo anavuga ku byari byamuzanye

radiotv10by radiotv10
29/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Karidinali wo muri Congo yavuye mu Rwanda ashimira Guverinoma yarwo anavuga ku byari byamuzanye
Share on FacebookShare on Twitter

Arikiyepiskopi wa Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Karidinali Fridollin Ambongo Besungu wasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda, yashimiye Kiliziya Gatulika na Guverinoma by’u Rwanda uburyo yakiriwe, anavuga ko ibyavuye mu nama yari yamuzanye.

Karidinali Fridollin Ambongo Besungu wari mu Rwanda kuva ku wa Mbere tariki 25 Ugushyingo 2024, aho yari yitabiriye Inama y’Ihuriro ry’Abepiskopi muri Afurika na Madagascar (SECAM), yasoje uruzinduko rwe kuri uyu wa Kane tariki 28 Ugushyingo 2024.

Mbere yo gusubira i Kinshasa muri Gihugu cye cya RDC, Karidinali Ambongo yatanze ubutumwa bw’uko iyi nama yagenze ndetse n’intego yayo.

Karidinali Ambongo unayobora iri Huriro, yavuze ko iyi nama yahuje Abaperezida bose ba Komite Ihoraho yaryo n’Ubunyamabanga bukuru bwaryo, yari igamije gusuzuma uko Kiliziya Gatulika muri Afurika ihagaze mu ruhando mpuzamahanga ku Isi.

Ati “Twasesenguye ishusho mu mpande zose za Kiliziya, mu mutekano, mu bukungu ndetse no muri Politiki mu karere kose ka Afurika. Nanone kandi twanasuzumye uko ibintu byifashe mu karere k’ibiyaga bigari, ari na ko tubarizwamo karimo ibibazo by’amakimbirane tubona mu burasirazuba bw’Igihugu.”

Yavuze kandi ko iyi nama yari ifite intego nyamukuru y’imyiteguro y’Inteko Rusange ya Kiliziya Gatulika muri Afurika izabera mu Rwanda umwaka utaha, ndetse abitabiriye iyi nama bakaba bararebye uko imyiteguro ihagaze.

Ati “Ubwo ngiye gutaha mvuye i Kigali, ndagira ngo mvuge ko abagize Komite Ihoraho ko twanyuzwe n’ishusho y’imyiteguro twagaragarijwe iduha icyizere ko Inteko izabera hano umwaka utaha, izagenda neza.”

Mu butumwa bwanditse kandi yatanze kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Ugushyingo 2024, nyuma yo kugera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Karidinali Ambongo yagize ati “Ikindi kandi ndashimira abayobozi ba Kiliziya n’aba Guverinoma mu Rwanda, uburyo batwakiriye ndetse n’imyiteguro yo kwakira Inama yacu izaba muri Nyanga 2025.”

Karidinali Ambongo ubwo yari akigera mu Rwanda, mu kiganiro yahaye itangazamakuru, yanagarutse ku mubano w’Ibihugu bitatu by’ibituranyi, u Rwanda, DRC n’u Burundi, avuga ko nubwo urimo igitotsi, ariko “ababituye bo ntakibazo bafitanye.”

Karidinali Fridollin Ambongo yasuye ibikorwa binyuranye mu Rwanda

Yashimiye uburyo Kiliziya Gatulika yiteguye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − four =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zigiye kuba muri Pansiyo yazamuraga impaka mu Rwanda

Next Post

Ibyavuye mu ibazwa ry’ukurikiranyweho kwiyita Umupolisi akabikoresha ibyavuyemo ibyaha

Related Posts

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

IZIHERUKA

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)
AMAHANGA

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Ibyavuye mu ibazwa ry’ukurikiranyweho kwiyita Umupolisi akabikoresha ibyavuyemo ibyaha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.