Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karidinali wo muri Congo yavuye mu Rwanda ashimira Guverinoma yarwo anavuga ku byari byamuzanye

radiotv10by radiotv10
29/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Karidinali wo muri Congo yavuye mu Rwanda ashimira Guverinoma yarwo anavuga ku byari byamuzanye
Share on FacebookShare on Twitter

Arikiyepiskopi wa Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Karidinali Fridollin Ambongo Besungu wasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda, yashimiye Kiliziya Gatulika na Guverinoma by’u Rwanda uburyo yakiriwe, anavuga ko ibyavuye mu nama yari yamuzanye.

Karidinali Fridollin Ambongo Besungu wari mu Rwanda kuva ku wa Mbere tariki 25 Ugushyingo 2024, aho yari yitabiriye Inama y’Ihuriro ry’Abepiskopi muri Afurika na Madagascar (SECAM), yasoje uruzinduko rwe kuri uyu wa Kane tariki 28 Ugushyingo 2024.

Mbere yo gusubira i Kinshasa muri Gihugu cye cya RDC, Karidinali Ambongo yatanze ubutumwa bw’uko iyi nama yagenze ndetse n’intego yayo.

Karidinali Ambongo unayobora iri Huriro, yavuze ko iyi nama yahuje Abaperezida bose ba Komite Ihoraho yaryo n’Ubunyamabanga bukuru bwaryo, yari igamije gusuzuma uko Kiliziya Gatulika muri Afurika ihagaze mu ruhando mpuzamahanga ku Isi.

Ati “Twasesenguye ishusho mu mpande zose za Kiliziya, mu mutekano, mu bukungu ndetse no muri Politiki mu karere kose ka Afurika. Nanone kandi twanasuzumye uko ibintu byifashe mu karere k’ibiyaga bigari, ari na ko tubarizwamo karimo ibibazo by’amakimbirane tubona mu burasirazuba bw’Igihugu.”

Yavuze kandi ko iyi nama yari ifite intego nyamukuru y’imyiteguro y’Inteko Rusange ya Kiliziya Gatulika muri Afurika izabera mu Rwanda umwaka utaha, ndetse abitabiriye iyi nama bakaba bararebye uko imyiteguro ihagaze.

Ati “Ubwo ngiye gutaha mvuye i Kigali, ndagira ngo mvuge ko abagize Komite Ihoraho ko twanyuzwe n’ishusho y’imyiteguro twagaragarijwe iduha icyizere ko Inteko izabera hano umwaka utaha, izagenda neza.”

Mu butumwa bwanditse kandi yatanze kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Ugushyingo 2024, nyuma yo kugera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Karidinali Ambongo yagize ati “Ikindi kandi ndashimira abayobozi ba Kiliziya n’aba Guverinoma mu Rwanda, uburyo batwakiriye ndetse n’imyiteguro yo kwakira Inama yacu izaba muri Nyanga 2025.”

Karidinali Ambongo ubwo yari akigera mu Rwanda, mu kiganiro yahaye itangazamakuru, yanagarutse ku mubano w’Ibihugu bitatu by’ibituranyi, u Rwanda, DRC n’u Burundi, avuga ko nubwo urimo igitotsi, ariko “ababituye bo ntakibazo bafitanye.”

Karidinali Fridollin Ambongo yasuye ibikorwa binyuranye mu Rwanda

Yashimiye uburyo Kiliziya Gatulika yiteguye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zigiye kuba muri Pansiyo yazamuraga impaka mu Rwanda

Next Post

Ibyavuye mu ibazwa ry’ukurikiranyweho kwiyita Umupolisi akabikoresha ibyavuyemo ibyaha

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Ibyavuye mu ibazwa ry’ukurikiranyweho kwiyita Umupolisi akabikoresha ibyavuyemo ibyaha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.