Sunday, November 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karongi: Umusore bivugwa ko abakobwa baterereje kwiyahura yabigerageje ubugiragatu byanga

radiotv10by radiotv10
10/09/2022
in MU RWANDA
1
Karongi: Umusore bivugwa ko abakobwa baterereje kwiyahura yabigerageje ubugiragatu byanga
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore wo mu Murenge wa Rwankuba mu Karere ka Karongi, uvugwago kubenga abakobwa abanje kubarya amafaranga, yagerageje kwiyahura inshuro eshatu zose byanga. Bivugwa ko abo yabenze ari bo babimuterereje.

Ikinyamakuru Taarifa dukesha aya makuru, kivuga ko uyu musore wo mu Kagari ka Nyakamira muri uyu Murenge wa Rwankuba, yari afite ubukwe bwo gusezerana mu Murenge kuri uyu wa Kane tariki 08 Nzeri 2022 ariko bikaza gusubikwa kubera ibyo bibazo byo gushaka kwiyambura ubuzima.

Uwatanze amakuru, yavuze ko uyu musore yabanje kwiyahura akoresheje umugozi bikanga, ubundi agahita ajya gushaka umuti wica na wo akawunywa bikanga.

Nyuma ngo yaje gushaka Lisansi ngo yitwike ndetse aranabikora ariko abaturage bamuzimya atarashya, ubu akaba arwariye ku Kigo cy’Ubuzima cya Musango muri aka Kagari ka Nyamakira.

Abatanze amakuru, bavuga ko ibyakorwaga n’uyu musore atari gusa, bagakeka ko bishobora kuba ari ibitererezanyo, aho bavuga ko abakobwa yagiye abenga abanje kubarya amafaranga ari bo bashobora kuba babiri inyuma.

Fidel Dusabimana uyobora Akagari ka Nyakamira yavuze ko aya makuru yayumvise ndetse ko akomeje kuyakurikirana.

Yagize ati “ariko byarabaye kuko hari abampamagaye babimbwira.”

Uyu muyobozi avuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 09 Nzeri 2022, yahamagaye kuri telepfone uyu musore washatse kwiyambura ubuzima, bakanavugana ariko ko nta byinshi yamubwiye.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Leonidas NDAYISHIMIYE says:
    3 years ago

    Birababaje kumva umuntu agambirira kwiyambura ubuzima. Gusa abasore nabo bajye baba inyangamugayo bareke gukomeretsa imitima yabakobwa.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − 3 =

Previous Post

Hamenyekanye igihe amashuri azatangirira…Menya ingengabihe y’umwaka w’amashuri wa 2022-2023

Next Post

Kigali: Mu minsi 4 Polisi yafashe abashoferi 246 bakoreshaga Telefone batwaye

Related Posts

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

Mu irushanwa ry'imibare, hahembwe abanyeshuri, abarimu n'ibigo by'amashuri, bitwaye neza mu Gihugu hose, aho Ishuri ryabaye irya Mbere ari École...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
01/11/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

IZIHERUKA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare
MU RWANDA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

02/11/2025
Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

01/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Mu minsi 4 Polisi yafashe abashoferi 246 bakoreshaga Telefone batwaye

Kigali: Mu minsi 4 Polisi yafashe abashoferi 246 bakoreshaga Telefone batwaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.