Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karongi: Umuyobozi wegujwe nyuma yo kubaza ikibazo Mayor yahishuye ikindi kibyihishe inyuma

radiotv10by radiotv10
14/12/2023
in MU RWANDA
0
Karongi: Umuyobozi wegujwe nyuma yo kubaza ikibazo Mayor yahishuye ikindi kibyihishe inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Uwari Umuyobozi w’Umudugudu wa Cyimana mu Kagari ka Kibirizi, Umurenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi; wegujwe nyuma yo kubaza ikibazo Umuyobozi w’Akarere, bigakekwa ko ari byo yazize, yavuze ko akeka ko bishingiye ku makimbirane afitanye na Perezida wa Njyanama y’Akagari umushinja kwanga kumugurira inzoga.

Uyu wari Umuyobozi w’Umudugudu yegujwe nyuma y’uko agejeje ku Muyobozi w’Akarere ikibazo cy’umuhanga bahora bizezwa ko uzakorwa ariko amaso akaba yaraheze mu kirere.

Nsabimana Fidele ukuriye Inama Njyanama y’Akagari ka Kibilizi yeguje Umuyobozi w’Umudugudu wa Cyimana, avuga ko kubaza ikibazo Umuyobozi w’Akarere biri mu mpamvu zatumye yeguzwa.

Agira ati “Ikintu cyatangaje bamwe ni ukuntu ubwo abaturage babazaga ibibazo na we yagiye kubaza nkabo. Imyitwarire yagaragaje yo kuvuga ko abayobozi babeshya abishingira kuba ngo bahora bizeza gukora umuhanda yababaje abantu, yagaragaje ikinyabupfura gike ahangara abayobozi.”

Abaturage bamaganira kure iyi mpamvu Inama Njyanama yashingiyeho yeguza Umuyobozi w’Umudugudu bitoreye, bakavuga ko ikibazo yabajije gifite ishingiro kandi ko babona nta nka yaciye amabere .

Bimenyimana Shadrack ati “ibyo ntabwo byagombye kumweguza, kuko icyo yavuze nanjye nari kukivuga iyo ngira ubushobozi bwo kuhahagarara.”

Uwihoreye Evaritse na we ati “Uriya muhanda ntabwo ukenewe? Wenda n’uwabwira abayobozi baza bakareba bagasanga ko uriya muhanda udakenewe? Ibyo yavuze byose ni ukuri uriya muhanda urakenewe.”

Muhawenayo Jonas wari umuyobozi w’uyu Mudugudu, avuga ko afitanye amakimbirane na Perezida wa Njyanama y’Akagari ku buryo akeka ko ari cyo akeka ko cyatumye amweguza yitwaje ko yabajije ikibazo.

Avuga ko ayo makimbirane ashingiye ku kutumvikana ku mafaranga Umudugudu wigeze guhabwa nk’ishimwe ryo kwitwara neza muri mituweri.

Ati “Uku kweguzwa ni ihangana riri hagati y’ubuyobozi, ariko ntabwo ari icyifuzo cy’abaturage. Ibyo navuze ni byo kandi abaturage barabyishimiye ahubwo nazize kuvugira abaturage. Hari amafaranga tutavuzeho rumwe yahawe Umudugudu we akambwira ngo ngure amayoga dukore ubusabane njyewe nkoshamo Ingobyi yo guhekamo abarwayi n’ubu irahari.”

Umuyobozi w’akarere ka Karongi Mukaze Valentine ari na we wabajijwe ikibazo na n’uyu Muyobozi w’Umudugudu wegujwe, avuga ko nta ruhare yagize mu kumweguza kandi ko atigeze agiraho ikibazo ku kuba yarabajijwe ikibazo n’uyu muyobozi wegujwe.

Mu gihe hateganijwe ko hazaba amatora ngo haboneke undi muyobozi, bamwe mu baturage bifuza ko uyu wegujwe na we yazemererwa kwiyamamaza ubundi bagatora uwo bashaka.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Hagaragajwe amakuru mashya ku gushakira Kabuga Igihugu azerecyezamo nyuma yo kutaburanishwa

Next Post

Kigali: Abarimo ufite ubwenegihugu bwa Congo baguwe gitumo mu ijoro bafite ibitemewe

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Abarimo ufite ubwenegihugu bwa Congo baguwe gitumo mu ijoro bafite ibitemewe

Kigali: Abarimo ufite ubwenegihugu bwa Congo baguwe gitumo mu ijoro bafite ibitemewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.