Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karongi: Umuyobozi wegujwe nyuma yo kubaza ikibazo Mayor yahishuye ikindi kibyihishe inyuma

radiotv10by radiotv10
14/12/2023
in MU RWANDA
0
Karongi: Umuyobozi wegujwe nyuma yo kubaza ikibazo Mayor yahishuye ikindi kibyihishe inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Uwari Umuyobozi w’Umudugudu wa Cyimana mu Kagari ka Kibirizi, Umurenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi; wegujwe nyuma yo kubaza ikibazo Umuyobozi w’Akarere, bigakekwa ko ari byo yazize, yavuze ko akeka ko bishingiye ku makimbirane afitanye na Perezida wa Njyanama y’Akagari umushinja kwanga kumugurira inzoga.

Uyu wari Umuyobozi w’Umudugudu yegujwe nyuma y’uko agejeje ku Muyobozi w’Akarere ikibazo cy’umuhanga bahora bizezwa ko uzakorwa ariko amaso akaba yaraheze mu kirere.

Nsabimana Fidele ukuriye Inama Njyanama y’Akagari ka Kibilizi yeguje Umuyobozi w’Umudugudu wa Cyimana, avuga ko kubaza ikibazo Umuyobozi w’Akarere biri mu mpamvu zatumye yeguzwa.

Agira ati “Ikintu cyatangaje bamwe ni ukuntu ubwo abaturage babazaga ibibazo na we yagiye kubaza nkabo. Imyitwarire yagaragaje yo kuvuga ko abayobozi babeshya abishingira kuba ngo bahora bizeza gukora umuhanda yababaje abantu, yagaragaje ikinyabupfura gike ahangara abayobozi.”

Abaturage bamaganira kure iyi mpamvu Inama Njyanama yashingiyeho yeguza Umuyobozi w’Umudugudu bitoreye, bakavuga ko ikibazo yabajije gifite ishingiro kandi ko babona nta nka yaciye amabere .

Bimenyimana Shadrack ati “ibyo ntabwo byagombye kumweguza, kuko icyo yavuze nanjye nari kukivuga iyo ngira ubushobozi bwo kuhahagarara.”

Uwihoreye Evaritse na we ati “Uriya muhanda ntabwo ukenewe? Wenda n’uwabwira abayobozi baza bakareba bagasanga ko uriya muhanda udakenewe? Ibyo yavuze byose ni ukuri uriya muhanda urakenewe.”

Muhawenayo Jonas wari umuyobozi w’uyu Mudugudu, avuga ko afitanye amakimbirane na Perezida wa Njyanama y’Akagari ku buryo akeka ko ari cyo akeka ko cyatumye amweguza yitwaje ko yabajije ikibazo.

Avuga ko ayo makimbirane ashingiye ku kutumvikana ku mafaranga Umudugudu wigeze guhabwa nk’ishimwe ryo kwitwara neza muri mituweri.

Ati “Uku kweguzwa ni ihangana riri hagati y’ubuyobozi, ariko ntabwo ari icyifuzo cy’abaturage. Ibyo navuze ni byo kandi abaturage barabyishimiye ahubwo nazize kuvugira abaturage. Hari amafaranga tutavuzeho rumwe yahawe Umudugudu we akambwira ngo ngure amayoga dukore ubusabane njyewe nkoshamo Ingobyi yo guhekamo abarwayi n’ubu irahari.”

Umuyobozi w’akarere ka Karongi Mukaze Valentine ari na we wabajijwe ikibazo na n’uyu Muyobozi w’Umudugudu wegujwe, avuga ko nta ruhare yagize mu kumweguza kandi ko atigeze agiraho ikibazo ku kuba yarabajijwe ikibazo n’uyu muyobozi wegujwe.

Mu gihe hateganijwe ko hazaba amatora ngo haboneke undi muyobozi, bamwe mu baturage bifuza ko uyu wegujwe na we yazemererwa kwiyamamaza ubundi bagatora uwo bashaka.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Hagaragajwe amakuru mashya ku gushakira Kabuga Igihugu azerecyezamo nyuma yo kutaburanishwa

Next Post

Kigali: Abarimo ufite ubwenegihugu bwa Congo baguwe gitumo mu ijoro bafite ibitemewe

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Abarimo ufite ubwenegihugu bwa Congo baguwe gitumo mu ijoro bafite ibitemewe

Kigali: Abarimo ufite ubwenegihugu bwa Congo baguwe gitumo mu ijoro bafite ibitemewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.