Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karongi: Umwana ‘watewe doze 2 z’inkingo icyarimwe’ hasobanuwe uko byagenze n’ingaruka byamusigiye

radiotv10by radiotv10
22/09/2022
in MU RWANDA
0
Karongi: Umwana ‘watewe doze 2 z’inkingo icyarimwe’ hasobanuwe uko byagenze n’ingaruka byamusigiye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wo mu Murenge wa Rugabano mu Karere ka Karongi, uvuga ko umwana wabo yatewe doze ebyiri z’inkingo za COVID-19 ku munsi umwe, wavuze ko umuganga yamutewe iya mbere akabyigirwa, agahita amukingira iya kabiri.

Uyu mwana wiga mu ishuri ribanza rya Rugabano, bivugwa ko yakingiwe muri Gashyantare uyu mwaka ubwo hazagaho gahunda yo gukingira abana.

Umubyeyi we, yabwiye RADIOTV10 ko umwana we yatewe inkingo ebyiri umunsi umwe kubera amakosa y’umuganga wabanje kumutera urukingo rumwe ariko agahita yibagirwa ko yarumuteye.

Ubwo uyu mwana yahagurukaga bamaze kumukingira, muganga yamubwiye ko atamukingiye undi avuga ko yamukingiye ndetse n’abandi bari aho hafi barimo abanyeshuri n’abarimu bakabihamya.

Ati “Na we yarabivuze banga kubyemera, muganga aravuga ngo ari muri ba bandi ngo banga kwikingiza. Urumva ntabwo yari kumurusha ingufu, ngo yahise amufata ku rutugu amwicaza ku ntebe ngo ahita amutera.”

Umubyeyi w’uyu mwana avuga ko byamusigiye ingaruka

Uyu mubyeyi avuga ko uyu mwana amaze guterwa doze ebyiri z’inkingo umunsi umwe, yatangiye kugaragaza imyitwarire atari asanganywe.

Ati “Yarahagararaga akazunga isereri akikubita hasi, ubundi nirirwaga mufashe na we amfashe nagira aho njya kure, akirirwa arira.”

Yabanje kujya kumuvuriza ku Bitaro bya Kirinda ariko baza kumwohereza mu Bitaro bya Gisirikare i Kanombe.

Ati “Bamwitayeho bamucisha no muri scanner, nyuma yaho baza kumpa indi transfer injyana i Ndera.”

Avuga ko nubwo yatewe imiti igabanya doze y’inkingo mu mubiri we, byamusigiye ingaruka ku buzima bwe bwo mu mutwe kuko asigaye yibagirwa cyane bikaba byaranatumye umusaruro wo mu ishuri uba iyanga.

Ati “Hari igihe yajyaga ku ishuri akibuka ko nta karamu yajyanye akagaruka.”

Uyu mubyeyi kandi avuga ko iri sanganya yazaniwe n’uburangare bw’umuganga, ryamusigiye ingaruka z’ubukene.

Ati “Twaragumye turaguzaguza kumwe umuntu aba ari mu dutsinda, na n’ubu imyenda turacyayirimo.”

Avuga ko hari n’imiti bamwandikiye ariko akaba yarabuze ubushobozi bwo kuyigura.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Karongi ushinzwe imibereho y’abaturage, Mukase Valentine yamenyesha umunyamakuru wa RADIOTV10 ko iki kibazo atakizi, gusa avuga ko bagiye kugikurikirana.

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 11 =

Previous Post

Gisagara: Umugabo ariyemerera kwica mugenzi we bapfa umukobwa ukora mu kabari

Next Post

Ibyavuye mu biganiro byahuje Perezida Kagame na Tshisekedi bafashijwemo na Macron

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyavuye mu biganiro byahuje Perezida Kagame na Tshisekedi bafashijwemo na Macron

Ibyavuye mu biganiro byahuje Perezida Kagame na Tshisekedi bafashijwemo na Macron

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.