Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karongi: Umwana ‘watewe doze 2 z’inkingo icyarimwe’ hasobanuwe uko byagenze n’ingaruka byamusigiye

radiotv10by radiotv10
22/09/2022
in MU RWANDA
0
Karongi: Umwana ‘watewe doze 2 z’inkingo icyarimwe’ hasobanuwe uko byagenze n’ingaruka byamusigiye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wo mu Murenge wa Rugabano mu Karere ka Karongi, uvuga ko umwana wabo yatewe doze ebyiri z’inkingo za COVID-19 ku munsi umwe, wavuze ko umuganga yamutewe iya mbere akabyigirwa, agahita amukingira iya kabiri.

Uyu mwana wiga mu ishuri ribanza rya Rugabano, bivugwa ko yakingiwe muri Gashyantare uyu mwaka ubwo hazagaho gahunda yo gukingira abana.

Umubyeyi we, yabwiye RADIOTV10 ko umwana we yatewe inkingo ebyiri umunsi umwe kubera amakosa y’umuganga wabanje kumutera urukingo rumwe ariko agahita yibagirwa ko yarumuteye.

Ubwo uyu mwana yahagurukaga bamaze kumukingira, muganga yamubwiye ko atamukingiye undi avuga ko yamukingiye ndetse n’abandi bari aho hafi barimo abanyeshuri n’abarimu bakabihamya.

Ati “Na we yarabivuze banga kubyemera, muganga aravuga ngo ari muri ba bandi ngo banga kwikingiza. Urumva ntabwo yari kumurusha ingufu, ngo yahise amufata ku rutugu amwicaza ku ntebe ngo ahita amutera.”

Umubyeyi w’uyu mwana avuga ko byamusigiye ingaruka

Uyu mubyeyi avuga ko uyu mwana amaze guterwa doze ebyiri z’inkingo umunsi umwe, yatangiye kugaragaza imyitwarire atari asanganywe.

Ati “Yarahagararaga akazunga isereri akikubita hasi, ubundi nirirwaga mufashe na we amfashe nagira aho njya kure, akirirwa arira.”

Yabanje kujya kumuvuriza ku Bitaro bya Kirinda ariko baza kumwohereza mu Bitaro bya Gisirikare i Kanombe.

Ati “Bamwitayeho bamucisha no muri scanner, nyuma yaho baza kumpa indi transfer injyana i Ndera.”

Avuga ko nubwo yatewe imiti igabanya doze y’inkingo mu mubiri we, byamusigiye ingaruka ku buzima bwe bwo mu mutwe kuko asigaye yibagirwa cyane bikaba byaranatumye umusaruro wo mu ishuri uba iyanga.

Ati “Hari igihe yajyaga ku ishuri akibuka ko nta karamu yajyanye akagaruka.”

Uyu mubyeyi kandi avuga ko iri sanganya yazaniwe n’uburangare bw’umuganga, ryamusigiye ingaruka z’ubukene.

Ati “Twaragumye turaguzaguza kumwe umuntu aba ari mu dutsinda, na n’ubu imyenda turacyayirimo.”

Avuga ko hari n’imiti bamwandikiye ariko akaba yarabuze ubushobozi bwo kuyigura.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Karongi ushinzwe imibereho y’abaturage, Mukase Valentine yamenyesha umunyamakuru wa RADIOTV10 ko iki kibazo atakizi, gusa avuga ko bagiye kugikurikirana.

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + nine =

Previous Post

Gisagara: Umugabo ariyemerera kwica mugenzi we bapfa umukobwa ukora mu kabari

Next Post

Ibyavuye mu biganiro byahuje Perezida Kagame na Tshisekedi bafashijwemo na Macron

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyavuye mu biganiro byahuje Perezida Kagame na Tshisekedi bafashijwemo na Macron

Ibyavuye mu biganiro byahuje Perezida Kagame na Tshisekedi bafashijwemo na Macron

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.