Wednesday, February 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Karongi: Umwarimu wari ugiye kuruhuka saa sita yishwe n’umukobwa amuteye icyuma mu mutima

radiotv10by radiotv10
29/06/2022
in Uncategorized
1
Karongi: Umwarimu wari ugiye kuruhuka saa sita yishwe n’umukobwa amuteye icyuma mu mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa w’imyaka 25 y’amavuko wo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Karongi, arakekwaho kwica umwarimu w’imyaka 63 wari ugiye mu karuhuko ka saa sita, amuteye icyuma mu mutima bapfa ideni ry’amafaranga yari amurimo.

Uyu mwarimu wigisha mu Rwunge rw’Amashuri (GS) Nkoto riherereye mu Kagari ka Muhororo, yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Kamena 2022.

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, buvuga ko uyu mwarimu ubwo yari agiye mu kiruhuko cya saa sita ari bwo yishwe n’uyu mukobwa wamushinjaga ko amurimo ibihumbi 18 Frw yamusigayemo ubwo uyu murezi yaguriraga amandazi abanyeshuri.

Uwimana Phanuel uyobora Umurenge wa Murambi, yavuze ko uyu mwarimu witwa Twagirayesu Jean Jafari we yavugaga ko amafaranga arimo uyu mukobwa ari ibihumbi 10 Frw, akanayamwishyura kuri Mobile Money.

Uyu mukobwa utanyuzwe, yabanje gutongana na nyakwigendera wari ufite imyaka 63 y’amavuko ariko undi aramuhunga ajya kwiyicarira ahamwitaruye.

Uyu mukobwa yakomeje kuzamura umujinya, asanga uyu mwarimu aho yari yicaye amutera icyuma yari yitwaje mu mufuka, undi ahasiga ubuzima.

Uwimana Phanuel yagize ati “Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku bitaro bya Kirinda, umukobwa na we twasanze abaturage bamufashe n’icyo cyuma yamwicishije bakimwambuye ahita ashyikirizwa RIB.”

Uyu mukobwa witwa Annonciata yahise atabwa muri yombi, ubu akaba acumbikiwe kuri station ya RIB ya Gashari kugira ngo akorweho iperereza.

Uyu mwarimu w’imyaka 63, yari amaze imyaka 40 muri uyu mwuga w’uburezi, ndetse akaba yashenguye benshi barimo abo yigishije kuko bamushimira uburezi yabahaye.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Christian Tuganemungu says:
    4 years ago

    Imana imuhe iruhuko ridashira
    Uwo mukobwa bamukatire urunukwiriye

    Reply

Leave a Reply to Christian Tuganemungu Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 11 =

Previous Post

Basanze imirambo itatu y’umugore n’abana be barimo uw’imyaka 3 n’ishoko ibari iruhande

Next Post

M23 iravugwaho gufata igikorwa remezo gikomeye nayo ikamburwa uduce tune yagenzuraga

Related Posts

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

IZIHERUKA

Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi
MU RWANDA

Kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, kuzahatana n’Umunyekongo,…-Byinshi mu kiganiro cya Louise Mushikiwabo

by radiotv10
11/02/2026
0

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

11/02/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

11/02/2026
Abakomeje kwinangira gukoresha ihererekanya ry’ibinyabiziga mu Rwanda bongeye kuburirwa

Abakomeje kwinangira gukoresha ihererekanya ry’ibinyabiziga mu Rwanda bongeye kuburirwa

11/02/2026
Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

Umucyo ku mpamvu y’isezera ry’umunyamakuru Ngabo Roben muri Rayon Sports

11/02/2026
Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

11/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: M23 yafashe utundi duce dushobora kuyifungurira amarembo yo gufata Rutshuru yose

M23 iravugwaho gufata igikorwa remezo gikomeye nayo ikamburwa uduce tune yagenzuraga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, kuzahatana n’Umunyekongo,…-Byinshi mu kiganiro cya Louise Mushikiwabo

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.