Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Kate Bashabe bwa mbere avuze ku nzu y’umuturirwa yubatse, iby’urukundo na Sadio Mane,…

radiotv10by radiotv10
06/08/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Kate Bashabe bwa mbere avuze ku nzu y’umuturirwa yubatse, iby’urukundo na Sadio Mane,…
Share on FacebookShare on Twitter

Umushabitsi Kate Bashabe uzwi cyane mu by’imideri, yavuze ku mateka y’inzu y’agatangaza yubatse i Rebero mu Mujyi wa Kigali ndetse agaruka ku zindi ngingo zirimo ibyamuzweho ko akundana na Sadio Mane, ati “Mwanyiciye isoko ubu nta musore wambaza izina.”

Uyu mukobwa unazwi ku mbuga nkoranyambaga, yavuzwe cyane ubwo Ibitangazamakuru byaba ibyo mu Rwanda ndetse no hanze yarwo byatangazaga ko akundana na rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Sadio Mane.

Mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel ya Yago TV Show, yavuze ko iby’uru rukundo byavuzwe n’Abanyamakuru na we ubwe atabizi.

Ati “Uwo mubano abanyamakuru ni mwe muwuzi.”

Uyu mukobwa waganiraga n’uyu munyamakuru ashyiramo urwenya, yahise abwira Umunyamakuru ati “Mwe mwishyire hamwe munshakire umugabo mumumpe noneho mujye mumuvuga mumuzi. Mwe munshyingira abantu…”

Avuga ko kuri Sadio Mane byazanywe no kuba yari yagiye kureba umupira ikipe ye yari irimo gukina. Ati “Njyewe sinabona aho mbarega, mwanyiciye isoko, muranshakira umugabo…kuko njyewe ibi ndabirambiwe maze kwiheba.”

Akomeza agira ati “Njyewe ibintu nabyumvise nkuko na we wabyumvise. Ntabwo tuziranye [Sadio mane], maze kubirambirwa pe, maze no kwiheba pe, ibintu byo kwirirwa munshyingira abantu, munyicira isoko, ubu nta musore w’umunyarwanda wanyivugishiririza, ntawumbaza izina, barambona bakiruka bati ‘…’.”

Iyi nzu ifite amateka

Kate Bashabe uherutse kuzuza inzu igeretse i Rebero mu Mujyi wa Kigali ubu akaba anayituyemo, yagarutse ku mateka y’iyi nzu, avuga ko ari maremare.

Avuga ko kuyuzuza byamutwaye imyaka ine, ati “Amateka yayo ni maremare cyane, yari inzozi zanjye none nazigezeho.”

Avuga ko byamugoye kugera kuri iki gikorwa kuko ubwayo iyi nzu iri mu kibanza kigari gifite metero kare 1 500, cyashoboraga kujyamo inzu nyinshi.

Ati “Mama yari yanze ashaka ko dukora business ariko biriya iyo ufite inzozi, Imana ikaguha amahirwe, ubundi nifuzaga kugira mansion [inzu nini] mbere yuko nuzuza imyaka 30. Iyi nzu nayigezeho mbere yuko ngira imyaka nari naravuze.”

Avuga ko nubundi iyi nzu atayibamo wenyine ahubwo ko ateganya no kuzashyiramo abantu bamukodesha.

Kate Bashabe azwi no mu by’imideri

Ubu ni rwiyemezamirimo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − nine =

Previous Post

Karongi: Hamenyekanye igihano cyasabiwe umukobwa wishe umwarimu amuteye icyuma

Next Post

Umuvugizi mushya wa M23 yasabye Congo ikintu gikomeye igomba gukora mbere y’Amatora

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

IZIHERUKA

Volleyball: Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse
Uncategorized

Volleyball: Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuvugizi mushya wa M23 yasabye Congo ikintu gikomeye igomba gukora mbere y’Amatora

Umuvugizi mushya wa M23 yasabye Congo ikintu gikomeye igomba gukora mbere y’Amatora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Volleyball: Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.