Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Kate Bashabe bwa mbere avuze ku nzu y’umuturirwa yubatse, iby’urukundo na Sadio Mane,…

radiotv10by radiotv10
06/08/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Kate Bashabe bwa mbere avuze ku nzu y’umuturirwa yubatse, iby’urukundo na Sadio Mane,…
Share on FacebookShare on Twitter

Umushabitsi Kate Bashabe uzwi cyane mu by’imideri, yavuze ku mateka y’inzu y’agatangaza yubatse i Rebero mu Mujyi wa Kigali ndetse agaruka ku zindi ngingo zirimo ibyamuzweho ko akundana na Sadio Mane, ati “Mwanyiciye isoko ubu nta musore wambaza izina.”

Uyu mukobwa unazwi ku mbuga nkoranyambaga, yavuzwe cyane ubwo Ibitangazamakuru byaba ibyo mu Rwanda ndetse no hanze yarwo byatangazaga ko akundana na rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Sadio Mane.

Mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel ya Yago TV Show, yavuze ko iby’uru rukundo byavuzwe n’Abanyamakuru na we ubwe atabizi.

Ati “Uwo mubano abanyamakuru ni mwe muwuzi.”

Uyu mukobwa waganiraga n’uyu munyamakuru ashyiramo urwenya, yahise abwira Umunyamakuru ati “Mwe mwishyire hamwe munshakire umugabo mumumpe noneho mujye mumuvuga mumuzi. Mwe munshyingira abantu…”

Avuga ko kuri Sadio Mane byazanywe no kuba yari yagiye kureba umupira ikipe ye yari irimo gukina. Ati “Njyewe sinabona aho mbarega, mwanyiciye isoko, muranshakira umugabo…kuko njyewe ibi ndabirambiwe maze kwiheba.”

Akomeza agira ati “Njyewe ibintu nabyumvise nkuko na we wabyumvise. Ntabwo tuziranye [Sadio mane], maze kubirambirwa pe, maze no kwiheba pe, ibintu byo kwirirwa munshyingira abantu, munyicira isoko, ubu nta musore w’umunyarwanda wanyivugishiririza, ntawumbaza izina, barambona bakiruka bati ‘…’.”

Iyi nzu ifite amateka

Kate Bashabe uherutse kuzuza inzu igeretse i Rebero mu Mujyi wa Kigali ubu akaba anayituyemo, yagarutse ku mateka y’iyi nzu, avuga ko ari maremare.

Avuga ko kuyuzuza byamutwaye imyaka ine, ati “Amateka yayo ni maremare cyane, yari inzozi zanjye none nazigezeho.”

Avuga ko byamugoye kugera kuri iki gikorwa kuko ubwayo iyi nzu iri mu kibanza kigari gifite metero kare 1 500, cyashoboraga kujyamo inzu nyinshi.

Ati “Mama yari yanze ashaka ko dukora business ariko biriya iyo ufite inzozi, Imana ikaguha amahirwe, ubundi nifuzaga kugira mansion [inzu nini] mbere yuko nuzuza imyaka 30. Iyi nzu nayigezeho mbere yuko ngira imyaka nari naravuze.”

Avuga ko nubundi iyi nzu atayibamo wenyine ahubwo ko ateganya no kuzashyiramo abantu bamukodesha.

Kate Bashabe azwi no mu by’imideri

Ubu ni rwiyemezamirimo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Karongi: Hamenyekanye igihano cyasabiwe umukobwa wishe umwarimu amuteye icyuma

Next Post

Umuvugizi mushya wa M23 yasabye Congo ikintu gikomeye igomba gukora mbere y’Amatora

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuvugizi mushya wa M23 yasabye Congo ikintu gikomeye igomba gukora mbere y’Amatora

Umuvugizi mushya wa M23 yasabye Congo ikintu gikomeye igomba gukora mbere y’Amatora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.