Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayishema ukekwaho uruhare runini muri Jenoside yitabye Urukiko acigatiye igitabo cy’ijambo ry’Imana

radiotv10by radiotv10
26/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kayishema ukekwaho uruhare runini muri Jenoside yitabye Urukiko acigatiye igitabo cy’ijambo ry’Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda Fulgence Kayishema ukekwaho kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu bashakishwaga cyane, akaba yarafatiwe muri Afurika y’Epfo, nyuma y’umunsi umwe yahise agezwa imbere y’Urukiko rwo muri iki Gihugu yafatiwemo.

Fulgence Kayishema akurikiranyweho kugira uruhare runini mu gutegura no gushyira mu bikorwa umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, byumwihariko akaba akekwaho kuba yaragize uruhare mu iyicwa ry’Abatutsi barenga ibihumbi bibiri bari bahungiye kuri Kiliziya ya Nyange.

Hirya y’ejo hashize, ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 24 Gicurasi 2023, yafatiwe muri Afurika y’Epfo mu gace ka Paarl.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Gicurasi, Kayishema Fulgence ubu ufungiye ahitwa Pollsmoor, yagejejwe imbere y’Urukiko rwa Bellville rw’i Cape Town kugira ngo aburane ku byo ashinjwa n’inzego z’iki Gihugu cya Afurika y’Epfo.

Reuters ivuga ko yabonye inyandiko iriho ibirego bishinjwa Kayishema n’ubutabera bwa Afurika y’Epfo, itangaza ko yabonye ashinjwa ibyaha bitanu birimo bibiri by’uburiganya.

Ni ibyaha byo gukoresha inyandiko mpimbano mu gusaba ubuhunzi muri Afurika y’Epfo, aho Ubushinjacyaha bw’iki Gihugu bumushinja kuba yaravuze ko afite ubwenegihugu bw’u Burundi ndetse no kwiyita izina ritari ryo.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters, bitangaza ko iri buranisha ryasubitswe, rikimurirwa mu cyumweru gitaha tariki 02 Kamena 2023.

Ubwo yavanwaga mu Rukiko, Kayishema yabajijwe n’umunyamakuru niba hari icyo yavuga ku byabaye muri Jenoside yakorewe Abatutsi niba hari n’ubutumwa yaha abayirokotse, asubiza asa nk’ubaza ati “Icyo navuga? Ndihahanganisha ku byo twumvise byabaye.”

Amafoto yagiye hanze, ubwo uyu mugabo ukekwaho kugira uruhare runini muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ubwo yari mu rukiko, yagaragaye afite igitabo cy’ijambo ry’Imana.

Ikinyamakuru Alarabiya.net cyagagaraje ifoto y’uyu mugabo ukekwaho kuba umwe muri ba ruharwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ari mu cyumba cy’Urukiko acigatiye igitabo cy’ijambo ry’Imana ryanditseho ijambo ‘Yezu/Yezu’.

Biteganyijwe ko Kayishema kandi azoherezwa mu Rwanda kugira ngo aburanishwe ku byaha bya Jenoside akekwaho, aho Umushinjacyaha Mukuru wa IRMCT yatangaje ko azoherezwa mu byumweru bibiri biri imbere.

Ubwo yari mu cyumva cy’Urukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 2 =

Previous Post

Igihugu kimwe muri Afurika cyafashe icyemezo gikomeye cyo kugabanya ubusumbane mu mishahara

Next Post

APR irahamya ibigwi cyangwa Kiyovu na Rayon ifite amahirwe agerwa ku mashyi zikore amateka

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
APR irahamya ibigwi cyangwa Kiyovu na Rayon ifite amahirwe agerwa ku mashyi zikore amateka

APR irahamya ibigwi cyangwa Kiyovu na Rayon ifite amahirwe agerwa ku mashyi zikore amateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.