Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayishema ukekwaho uruhare runini muri Jenoside yitabye Urukiko acigatiye igitabo cy’ijambo ry’Imana

radiotv10by radiotv10
26/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kayishema ukekwaho uruhare runini muri Jenoside yitabye Urukiko acigatiye igitabo cy’ijambo ry’Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda Fulgence Kayishema ukekwaho kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu bashakishwaga cyane, akaba yarafatiwe muri Afurika y’Epfo, nyuma y’umunsi umwe yahise agezwa imbere y’Urukiko rwo muri iki Gihugu yafatiwemo.

Fulgence Kayishema akurikiranyweho kugira uruhare runini mu gutegura no gushyira mu bikorwa umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, byumwihariko akaba akekwaho kuba yaragize uruhare mu iyicwa ry’Abatutsi barenga ibihumbi bibiri bari bahungiye kuri Kiliziya ya Nyange.

Hirya y’ejo hashize, ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 24 Gicurasi 2023, yafatiwe muri Afurika y’Epfo mu gace ka Paarl.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Gicurasi, Kayishema Fulgence ubu ufungiye ahitwa Pollsmoor, yagejejwe imbere y’Urukiko rwa Bellville rw’i Cape Town kugira ngo aburane ku byo ashinjwa n’inzego z’iki Gihugu cya Afurika y’Epfo.

Reuters ivuga ko yabonye inyandiko iriho ibirego bishinjwa Kayishema n’ubutabera bwa Afurika y’Epfo, itangaza ko yabonye ashinjwa ibyaha bitanu birimo bibiri by’uburiganya.

Ni ibyaha byo gukoresha inyandiko mpimbano mu gusaba ubuhunzi muri Afurika y’Epfo, aho Ubushinjacyaha bw’iki Gihugu bumushinja kuba yaravuze ko afite ubwenegihugu bw’u Burundi ndetse no kwiyita izina ritari ryo.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters, bitangaza ko iri buranisha ryasubitswe, rikimurirwa mu cyumweru gitaha tariki 02 Kamena 2023.

Ubwo yavanwaga mu Rukiko, Kayishema yabajijwe n’umunyamakuru niba hari icyo yavuga ku byabaye muri Jenoside yakorewe Abatutsi niba hari n’ubutumwa yaha abayirokotse, asubiza asa nk’ubaza ati “Icyo navuga? Ndihahanganisha ku byo twumvise byabaye.”

Amafoto yagiye hanze, ubwo uyu mugabo ukekwaho kugira uruhare runini muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ubwo yari mu rukiko, yagaragaye afite igitabo cy’ijambo ry’Imana.

Ikinyamakuru Alarabiya.net cyagagaraje ifoto y’uyu mugabo ukekwaho kuba umwe muri ba ruharwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ari mu cyumba cy’Urukiko acigatiye igitabo cy’ijambo ry’Imana ryanditseho ijambo ‘Yezu/Yezu’.

Biteganyijwe ko Kayishema kandi azoherezwa mu Rwanda kugira ngo aburanishwe ku byaha bya Jenoside akekwaho, aho Umushinjacyaha Mukuru wa IRMCT yatangaje ko azoherezwa mu byumweru bibiri biri imbere.

Ubwo yari mu cyumva cy’Urukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Igihugu kimwe muri Afurika cyafashe icyemezo gikomeye cyo kugabanya ubusumbane mu mishahara

Next Post

APR irahamya ibigwi cyangwa Kiyovu na Rayon ifite amahirwe agerwa ku mashyi zikore amateka

Related Posts

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal FC yatsinze Bayern Munich ibitego 3-1 mu mukino w'Irushanwa ry'i...

Fast-Forward to 2050: The Opportunities and Challenges Ahead

Fast-Forward to 2050: The Opportunities and Challenges Ahead

by radiotv10
27/11/2025
0

The year 2050 may seem far away, but it is closer than most people think. For Gen Z, who today...

The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

by radiotv10
27/11/2025
0

In every society, peace is not just the absence of war; it is the presence of unity, justice, and understanding....

IZIHERUKA

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti
MU RWANDA

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

27/11/2025
Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

27/11/2025
Fast-Forward to 2050: The Opportunities and Challenges Ahead

Fast-Forward to 2050: The Opportunities and Challenges Ahead

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
APR irahamya ibigwi cyangwa Kiyovu na Rayon ifite amahirwe agerwa ku mashyi zikore amateka

APR irahamya ibigwi cyangwa Kiyovu na Rayon ifite amahirwe agerwa ku mashyi zikore amateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.