Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Abamotari bahishuye impamvu hari ahantu batagipfa gutwara igitsinagore mu masaha y’ijoro

radiotv10by radiotv10
07/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Abamotari bahishuye impamvu hari ahantu batagipfa gutwara igitsinagore mu masaha y’ijoro
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batwara abagenzi kuri moto bakoresha umuhanda Kabarondo-Rwinkwavu, baravuga ko abantu bataramenyekana bikinga ijoro bakaza kubagirira nabi ahitwa Mbarara, aho bakunze gukoresha ab’igitsinagore babatega babagezayo bakabasaba guhagarara ngo bajye kwihagarika.

Aba bamotari bavuga ko muri iyi minsi gutwara umugenzi bamukuye Kabarondo bamwerecyeza i Rwinkwavu bitagikunda kubaho mu masaha ya nimugoroba kubera impungenge z’umutekano wabo by’umwihariko ahitwa Mbarara.
Umwe muri bo ati “Mabarara barahadutegera bakadutera imijugujugu n’amabuye duhetse n’abagenzi.”

Aba bamotari bavuga ko hari n’igihe bategwa n’ab’igitsinagore, ariko bagamije kugira ngo babageze muri aka gace kugira ngo bagirirwe nabi.

Undi ati “Hari n’abamama aragutega nijoro mwagera hepfo ati ‘hagarara njye kwihagarika’ ugasanga bahise bakwambura Moto cyangwa haza indi Moto bakirukanka.”
Aba bamotari bahuriza ku cyifuzo cyo kuba kuri uyu muhanda wa Kabarondo-Rwinkwavu hashyirwaho amatara cyangwa hakajya hakorerwa uburinzi n’inzego z’umutekano.

Umwe ati “Bahashyize wenda nka Paturuyi y’abasirikare ikajya ihaca nka nijoro byafasha.”

Undi ati “Paturuyi ishobora kugora, badushyiriraho amatara kuko umuntu iyo agiye kwiba yitwaza umwijima ni na wo ubafasha kugira ngo bambure umuntu.”
Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco yavuze ko icyifuzo cy’aba Bamotari kigiye gutekerezwaho kugira ngo gishyirwe mu bikorwa.

Yagize ati “Reka tubanze tugenzure niba ibyo bavuga ari ukuri tugishakire igisubizo. Nk’uko biteganyijwe hari gahunda yo gushyira amatara ku mihanda arimo aragenda ashyirwaho, ubwo n’ahandi na ho hazagerwaho muri ubwo buryo.”
Umuhanda Kabarondo-Rwinkwavu, werecyeza kuri Pariki y’Akagera, ukoreshwa n’ingeri z’abaturage, barimo abagenda n’amaguru, ibinyabiziga ariko ukagira ibice bimwe na bimwe bidatuwe bigizwe n’amashyamba.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − four =

Previous Post

Mozambique: Ibyihebe byaciwe intege na RDF byubuye umutwe noneho byadukana gushimuta

Next Post

Ibiri gukorerwa abimukira mu Bwongereza hari ababinenga babifashe nko kubadabagiza

Related Posts

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

IZIHERUKA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

03/12/2025
Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiri gukorerwa abimukira mu Bwongereza hari ababinenga babifashe nko kubadabagiza

Ibiri gukorerwa abimukira mu Bwongereza hari ababinenga babifashe nko kubadabagiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.