Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Abamotari bahishuye impamvu hari ahantu batagipfa gutwara igitsinagore mu masaha y’ijoro

radiotv10by radiotv10
07/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Abamotari bahishuye impamvu hari ahantu batagipfa gutwara igitsinagore mu masaha y’ijoro
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batwara abagenzi kuri moto bakoresha umuhanda Kabarondo-Rwinkwavu, baravuga ko abantu bataramenyekana bikinga ijoro bakaza kubagirira nabi ahitwa Mbarara, aho bakunze gukoresha ab’igitsinagore babatega babagezayo bakabasaba guhagarara ngo bajye kwihagarika.

Aba bamotari bavuga ko muri iyi minsi gutwara umugenzi bamukuye Kabarondo bamwerecyeza i Rwinkwavu bitagikunda kubaho mu masaha ya nimugoroba kubera impungenge z’umutekano wabo by’umwihariko ahitwa Mbarara.
Umwe muri bo ati “Mabarara barahadutegera bakadutera imijugujugu n’amabuye duhetse n’abagenzi.”

Aba bamotari bavuga ko hari n’igihe bategwa n’ab’igitsinagore, ariko bagamije kugira ngo babageze muri aka gace kugira ngo bagirirwe nabi.

Undi ati “Hari n’abamama aragutega nijoro mwagera hepfo ati ‘hagarara njye kwihagarika’ ugasanga bahise bakwambura Moto cyangwa haza indi Moto bakirukanka.”
Aba bamotari bahuriza ku cyifuzo cyo kuba kuri uyu muhanda wa Kabarondo-Rwinkwavu hashyirwaho amatara cyangwa hakajya hakorerwa uburinzi n’inzego z’umutekano.

Umwe ati “Bahashyize wenda nka Paturuyi y’abasirikare ikajya ihaca nka nijoro byafasha.”

Undi ati “Paturuyi ishobora kugora, badushyiriraho amatara kuko umuntu iyo agiye kwiba yitwaza umwijima ni na wo ubafasha kugira ngo bambure umuntu.”
Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco yavuze ko icyifuzo cy’aba Bamotari kigiye gutekerezwaho kugira ngo gishyirwe mu bikorwa.

Yagize ati “Reka tubanze tugenzure niba ibyo bavuga ari ukuri tugishakire igisubizo. Nk’uko biteganyijwe hari gahunda yo gushyira amatara ku mihanda arimo aragenda ashyirwaho, ubwo n’ahandi na ho hazagerwaho muri ubwo buryo.”
Umuhanda Kabarondo-Rwinkwavu, werecyeza kuri Pariki y’Akagera, ukoreshwa n’ingeri z’abaturage, barimo abagenda n’amaguru, ibinyabiziga ariko ukagira ibice bimwe na bimwe bidatuwe bigizwe n’amashyamba.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + sixteen =

Previous Post

Mozambique: Ibyihebe byaciwe intege na RDF byubuye umutwe noneho byadukana gushimuta

Next Post

Ibiri gukorerwa abimukira mu Bwongereza hari ababinenga babifashe nko kubadabagiza

Related Posts

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

by radiotv10
20/01/2026
0

Abakoresha umuhanda Mahoko–Nkomane mu Karere ka Rubavu, bavuga ko wangiritse cyane, nyamara ari wo bifashishaga mu kugeza umusaruro ku isoko,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

by radiotv10
20/01/2026
0

Bamwe mu Basenateri muri Sena y'u Rwanda, bagararije Guverinoma y'u Rwanda ko aborozi bakigorwa cyane no kubona ibiryo by'amatungo, kuko...

IZIHERUKA

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo
IBYAMAMARE

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiri gukorerwa abimukira mu Bwongereza hari ababinenga babifashe nko kubadabagiza

Ibiri gukorerwa abimukira mu Bwongereza hari ababinenga babifashe nko kubadabagiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.