Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza: Akarere katanze umucyo ku ntandaro y’urupfu rw’umunyeshuri waguye ku ishuri

radiotv10by radiotv10
16/12/2024
in MU RWANDA
0
Kayonza: Akarere katanze umucyo ku ntandaro y’urupfu rw’umunyeshuri waguye ku ishuri
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza, bwahakanye amakuru yavugaga ko hari umunyeshuri wiga mu ishuri riri muri aka Karere, witabye Imana nyuma yo kurangaranwa n’ubuyobozi bwaryo, bukavuga ko nyakwigendera yapfuye yiyahuye.

Ni nyuma yuko hari umuturage woherereje ubutumwa Umunyamakuru wa RADIOTV10, Oswald Mutuyeyezu avuga ku rupfu rw’uyu mwana bari bafitanye isano, wigaga mu Ishuri rya Kayonza Modern School riherereye mu Murenge wa Nyamirama, witabye Imana kuri iki Cyumweru tariki 15 Ukuboza 2024.

Ubutumwa bwanditswe n’uyu muturage abwoherereza Umunyamakuru, buvuga ko uyu mwana yari asanzwe arwara igifu, akaza kuremba, ari bwo ababyeyi be bohererezaga moto n’imodoka ngo bamujyane kwa muganga, ariko ubuyobozi bw’ishuri bukamwimana.

Uyu muturage akomeza avuga ko byageze n’aho umubyeyi w’uyu nyakwigendera ajya kwirebera umwana we ku Ishuri, yagerayo na we bakamumwima.

Avuga ko nyuma yuko uyu mubyeyi bamwimye umwana we, yatashye “bwacya bagahamagara wa mubyeyi ngo umwana yapfuye yiyahuye ngo kuri Muhazi.” Agakomeza yibaza agira ati “Ibyo bintu bibazwa nde?”

Nyuma yuko umunyamakuru ashyize ubu butumwa yohererejwe ku rubuga nkoranyambaga rwa X, ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza, bwagize icyo buvuga.

Mu gusubiza ubu butumwa, ubuyobozi bwa Kayonza, bwatangiye bwihanganisha umuryango wabuze uyu mwana, bukomeza bugira buti “Gusa ibivugwa muri ubu butumwa binyuranye n’ukuri, kuko iki kibazo cyakurikiranywe ku bufatanye bw’ubuyobozi n’izindi nzego, bigaragara ko umwana yiyahuye.”

Mu gusubiza, Ubuyobozi bw’Akarere, bwakomeje bugira buti “Ubuyobozi bw’ishuri bwaramuvuje, asezererwa yorohewe, iby’urupfu rwe byabaye nyuma yuko yari yavuye kwa muganga, kandi ubuyobozi bw’ishuri bwamenyesheje ababyeyi iby’uburwayi bwe banakomeza kuvugana nyuma yo kuva kwa muganga.”

Ubu buyobozi bw’Akarere, bwavuze ko iperereza kuri uru rupfu rwa nyakwigendera, rikomeje gukorwa kugira ngo hatangazwe amakuru arambuye ku cyamuhitanye n’ikibiri inyuma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Rurangiranwa usuye u Rwanda kabiri mu kwezi yavuze isomo rikomeye Isi yakwigira ku Banyarwanda

Next Post

Nyamagabe: Ikibazo cy’abanyeshuri barya ibiryo bidahiye cyatanzweho ibisobanuro

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamagabe: Ikibazo cy’abanyeshuri barya ibiryo bidahiye cyatanzweho ibisobanuro

Nyamagabe: Ikibazo cy’abanyeshuri barya ibiryo bidahiye cyatanzweho ibisobanuro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.