Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Bahawe ubutaka bwo guhingaho ariko bafite ikindi basaba

radiotv10by radiotv10
26/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Bahawe ubutaka bwo guhingaho ariko bafite ikindi basaba
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’ibigori bo mu Murenge wa Ruramira mu Karere ka Kayonza, bahawe ubutaka bwo guhingaho, barasaba n’ubwanikiro kuko ubwo bakoresha bwababanye buto bagereranyije n’umusaruro bateganya kuzabona.

Aba bahinzi bari kwitegura guhinga ibigori kuri Site ya Kajembe mu Kagari k’Umubugam Igihembwe cy’ihinga 2026A, baravuga ko biteguye bihagije ariko basaba gufashwa kubona ubwanikiro buzabafasha kubungabunga umusaruro wabo dore ko uburyo busanzwe bakoresha butanoze kandi byafasha kuzabungabunga umusaruro mu buryo bwiza.

Kayitesi Christine ati “Iyo dusaruye tugura ibiti tukabishinga aha, tukabisharikaho. Ubwo iyo imvura iguye birangirika.”

Undi witwa Twayigize Augustin Perezida wa Koperative Ikizere ati “Twishakamo ibisubizo tukubaka ubwanikiro bw’igihe gito tugura ibiti tugasharikaho ariko bikivaho tugahita dusenya kandi byaratwaye amafaranga.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco aravuga ko mu gutegura iki gihembwe cy’ihinga cya 2026A hari gahunda ivuguruye yashyizweho mu gufasha abahinzi kuri Site zivuguruye bityo ko babagezaho ixyifuzo cyabo bakaba babasha kubafasha binyuze no muri Nkunganire.

Ati “Ubu hagiyeho ingamba zihariye za Leta turimo binyuze muri gahunda ya FOBASI (Food Basket Sites) ahantu hari Site zigaragara ko zavamo umusaruro mwinshi. Hakaba hari gutangwa serivisi za Egisitansiyo n’Ikigoronome kugira ngo za site zibone ibisabwa byose zitegure n’umusaruro tuhateze uziyingere. Ubu turimo turasaba abaturage gushyiramo ingufu cyane cyane Amakoperative kugira ngo bwaba ari ubwanikiro cyangwa ubuhunikiro abafite ibyifuzo babizane.”

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi RAB kivuga ko ikibazo cy’ubwanikiro n’ubuhunikiro hirya no hino mu Gihugu ngo kizitabwaho nyuma yo guhinga intabire ku masite yatoranyijwe kugira ngo umusaruro mbumbe w’Igihugu witezwe ungana na 5.7% uzagerweho.

Benshi mu bahinzi bitegura iki gihembwe cy’ihinga cya 2026A kuri Site ya Kajembe muri uyu Murenge wa Ruramira, n’abagize Koperative Ikizere yatijwe ubutaka na Leta ngo izahahingeho ibigori, aho basabwa kongera umusaruro w’ibigori ukava kuri Toni 12 ziboneka kuri Hegitari Enye basanzwe bahingaho.

Bavuga ko ubutaka bahawe bukwiye kuzana n’ubwanikiro
Bizeye kuzabona umusaruro utubutse

Barasaba ubwanikiro

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa iririmbirwa mu Rwanda

Next Post

Is Kigali becoming too expensive for its youth?

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Is Kigali becoming too expensive for its youth?

Is Kigali becoming too expensive for its youth?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.