Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza: Banze kugurana iterambere umuco, ngo gusangira ku muheha ntibazabicikaho

radiotv10by radiotv10
04/10/2022
in MU RWANDA
0
Kayonza: Banze kugurana iterambere umuco, ngo gusangira ku muheha ntibazabicikaho
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Ruyonza mu Murenge wa Ruramira mu Karere ka Kayonza, bavuga ko nta terambere rizaza ngo ribace ku gusangira ku muheha umwe kuko basanze ari wo muco, ngo ibyo kudasangira babihariye abanyamujyi.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wasuye aba baturage ahagana saa tanu z’amanywa, yasanze umuheha uri kunyarira iryinyo, basangira urwagwa n’ikigage mu tujerekani, umwe agasoma agahereza umwegereye.

Bavuga ko kuba basangira ku muheha umwe ntakibazo babibonamo kuko ari wo muco basanze kandi ko badateze kuwutezukaho, yewe ngo n’iby’uburwayi bivugwa bo ntacyo bibabwiye.

Umwe ati “Ni wo muco wa cyera twasanze. Nta burwayi tujya twikanga mu cyaro. Uburwayi buba mu mujyi.”
Mugenzi we avuga ko nta muturage wishisha undi ku buryo hari uwakwikanga ko yamwanduza indwara, ati “Twe tuba tuziranye ariko mu mujyi abantu baba ari benshi. Twe tuba twizeranye.”

Undi avuga ko ubusanzwe umuntu asangira n’umuvandimwe we cyangwa inshuti ku buryo adashobora kumugiraho impungenge ko yamwanduza indwara.

Ati “Hano umuntu asangira na murumuna we cyangwa mukuru we. Hano ni umuryango turimo, umuntu uturutse ahandi ntabwo twamuhaho.”

Bavuga ko kandi badashobora kugurana iterambere umuco nyarwanda, kuko gusangira ku muheha, ari umuco basanze uriho kandi ko utuma buri umwe yibona muri mugenzi we.

Undi ati “Uko byagenda kose, nubwo haza iterambere bitewe na viziyo tugenda tuzamo y’igihugu cyangwa y’Isi, ariko gusangira ni umuco nyarwanda dukomeyeho.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi Jean Bosco yanenze aba baturage bagifite imyumvire nk’iyi mu gihe hagenda haduka indwara zinyuranye zisaba abantu kwitwararika bakirinda ibintu byatuma banduzanya.

Yagarutse ku ndwara ya COVID-19 isanzwe yandurira mu bikorwa nk’ibi byo gusangira, abibutsa ko iyi ndwara igihari bityo ko bakwiye kubihagarika.

Ati “Turabagira inama tubabwira ko iyo myitwarire ishyira ubuzima bwabo mu kaga, tunabasaba kudakomeza iyo myitwarire kuko kuba umuturage yumva ko yasangira na mugenzi we ku muheha, biba bisobanuye yuko usibye na COVID, n’izindi ndwara zandura ashobora kuzanduriramo.”

Ikibazo cy’abaturage basangirira ku muheha umwe, kiracyagaragara no mu bindi bice byo muri iyi Ntara y’Iburasirazuba, aho benshi bemeza ko badateze kubicikaho kuko ari umuco.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 9 =

Previous Post

Rwanda&Burundi: Kuki ifungurwa ry’imipaka ryagirwa ubwiru?- Icyo impuguke ibivugaho

Next Post

Nyuma y’imyaka 30 uracyatemba itoto ariko njye ndashaje- Obama abwira umugore we

Related Posts

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’imyaka 30 uracyatemba itoto ariko njye ndashaje- Obama abwira umugore we

Nyuma y’imyaka 30 uracyatemba itoto ariko njye ndashaje- Obama abwira umugore we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.