Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza: Haracyari urujijo ku biciwe i Midiho muri Jenoside yakorewe Abatutsi

radiotv10by radiotv10
12/04/2025
in MU RWANDA
0
Kayonza: Haracyari urujijo ku biciwe i Midiho muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gace ka Midiho mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza, hiciwe Abatutsi babarirwa hagati ya 200 na 500, ariko imyaka ikaba ibaye 31 hataraboneka imibiri yabo, ku buryo abaharokokeye bavuga ko batumva icyabuze ngo ababa bazi amakuru y’aho iri ngo bayatange.

Aka gace gaherereye hafi y’ahahoze Paruwasi ya Nyagatovu mu Itorero ry’Abangirikani Diyosezi ya Kibungo, mu gihe Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, hiciwe Abatutsi benshi, ariko na n’ubu habuze imibiri yabo.

Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuga ko batumva ukuntu ababo bari kwicirwa muri aka gace ngo imibiri yabo ihite ajyanwa ahandi mu gihe cy’umwe gusa.

Bavuga ko hakwiye ubufatanye n’Akarere hagashakwa ubushobozi ku buryo n’ahari ikibuga n’inyubako nshya hacukurwa mu rwego rwo gukomeza gushakisha.

Didas Ndindabahizi ni Perezida w’Umuryango IBUKA mu Karere ka Kayonza, yavuze ko umwaka ushize hari uwatanze amakuru y’aho yakekaga ko hari imibiri, ndetse hagakorwa ibikorwa byo kuyishakisha ariko ikabura.

Ati “Ubwo igisigaye ubu ngubu ni ugukomeza gushakisha dushakira aho tutabashije kugera. Hari ahari ikibuga n’ahubatse Kompasiyo n’inkengero zaho.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco avuga ko aha habereye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, hafite umwihariko.

Ati “Umwihariko waho ni uko kuva bishwe ntabwo twari twamenya aho bajugunywe kugira ngo bashyingurwe mu cyubahiro. Icyo dusaba abaturage cyangwa n’ababa bazi aha hantu ni ukuba batanga amakuru kugira ngo na bo bazashyingurwe mu cyubahiro. Hano hamaze gucukurwa inshuro zirenze enye igihe cyose ubuyobozi (IBUKA) batwegereye bakaduha amakuru yaho bakeka iyo mibiri, n’ubu mu gihe twaba tubonye amakuru ahantu hose haba hakekwa ko haba hari imibiri ibyo birakorwa.”

Ubuyobozi bw’Umuryango Uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi IBUKA mu Karere ka Kayonza, bushimira ubuyobozi bwite bwa Leta mu kubafasha mu bikorwa binyuranye by’iterambere, gusa abarokokeye muri aka gace ka Midiho bakavuga ko bizabashimisha kurushaho igihe bazaba babonye imibiri y’ababo bishwe bagashyingurwa mu cyubahiro.

Umwaka ushize hakozwe ibikorwa byo gushakisha aho iyi mibiri iherereye ariko irabura
Umuyobozi w’Akarere avuga ko hazakomeza ibikorwa byo gushakisha

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 10 =

Previous Post

Umukobwa ukekwaho kwicana ubugome uruhinja yari amaze kubyara hasobanuwe uko yabigenje

Next Post

Kwibuka31: Ubutumwa bwa bamwe mu byamamare Nyarwanda

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwibuka31: Ubutumwa bwa bamwe mu byamamare Nyarwanda

Kwibuka31: Ubutumwa bwa bamwe mu byamamare Nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.