Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza-Mukarange: Begereje Kwibuka ariko hari abamaze imyaka 30 mu rujijo

radiotv10by radiotv10
27/03/2024
in MU RWANDA
0
Kayonza-Mukarange: Begereje Kwibuka ariko hari abamaze imyaka 30 mu rujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batuye mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza, bavuga ko mu gihe bagiye kwinjira mu gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 30, hari abagifite agahinda ko kuba batarashyingura ababo biciwe mu gace ka Midiho n’ubu imibiri yabo ikaba itaraboneka.

Mu gace ka Midiho mu Murenge wa Mukarange, ni hamwe mu hiciwe Abatutsi babarirwa hagati ya 200 na 500 mu gihe Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ibikorwa byo gushakisha imibiri y’abiciwe muri aka gace, bimaze igihe kinini, ariko hataraboneka umubiri n’umwe ngo ushyingurwe mu cyubahiro.

Abarokotse Jenoside muri Mata 1994 bo muri uyu Murenge wa Mukarange ngo hakenewe izindi mbara za Leta zirimo gucukura ubutaka bwose bwegereye kuri Paruwasi ya Anglican ahashakishirizwa iyi mibiri.

Bavuga kandi Leta ikwiye kugira icyo ikora ku bari bahatuye ku rwego rwo kumenya amakuru nyayo y’ababo biciwe kugira ngo bashyingurwe mu cyubahiro.

Umwe yagize ati “Leta ni ugukomeza ikadutera inkunga tugakomeza tugashakisha kugeza igihe bazabonekera cyangwa ntibaboneke. Twebwe icyo twahoze tuganira twavugaga ko aha hantu hose hakwiye gushakishirizwa, ahantu hose hakekwa.”

Bavuga ko ababo biciwe aha, hari ababishe, ndetse n’ababo, ku buryo bari bakwiye gutanga amakuru, bakomeza kwinangira, hakaba hakwiyambazwa izindi mbaraga.

Undi yagize ati “Hari abantu bishe aba bantu bahari kandi hari n’abaturanyi b’aha hantu bahari, ndabona aho bigeze hari imbaraga zo gutanga amakuru kuruta ayo dutanga. Icyiza tubona nk’izindi mbaraga zakabayeho nanone, ni zo gufata aba baturanyi n’ababikoze bakongera bakabazwa ibi bintu.”

Perezida wa Ibuka mu Karere ka Kayonza, Didace Ndindabahizi avuga ko igikenewe ari amakuru akwiye gutungwa y’ababikoze ariko kandi ngo ngo nikomeza kuburira ahatubatse, ngo ahari inyubako zakurwaho kugira ngo na ho bashakishirize nk’ahubatswe nyuma ya Jenoside.

Ati “Ikigaragara nta handi hantu imibiri iri, iri muri kariya gace, gusa ni bimwe by’uko abantu batarayigwaho ariko ibyo ari byo byose irahari. Icyo dukeneye ni umuntu wagaragaza nyirizina imibiri yari iri aha hangaha, ati ‘twayishyize aha ngaha’.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Perezida mushya ubayeho muto muri Sénégal

Next Post

Habaye icyongeye gutungurana hagati y’Igikomangoma cy’u Bwongereza n’iwabo Ibwami

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

by radiotv10
12/05/2025
0

Umugore wakubiswe na mugenzi we wo mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge nyuma yo kumusanga avugana n’umugabo we...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

12/05/2025
Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Habaye icyongeye gutungurana hagati y’Igikomangoma cy’u Bwongereza n’iwabo Ibwami

Habaye icyongeye gutungurana hagati y'Igikomangoma cy'u Bwongereza n'iwabo Ibwami

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.