Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

radiotv10by radiotv10
22/12/2021
in MU RWANDA
0
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wari umaranye iminsi agahinda ko kuba umugore we yarahukanye akanga gutaha, bamusanze amanitse mu mugozi yapfuye iwabo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza.

Uyu mugabo w’imyaka 24 y’amavuko bivugwa ko umugore we yari amaze iminsi yarahukanye ndetse ko yari amaze iminsi amusaba gutaha ariko yaramubereye ibamba.

Nyakwigendera n’umugore we wari waranze gutaha, bari bafitanye umwana umwe.

Nyuma yo gutandukana n’umugore we, yari yagiye kubana n’umubyeyi we n’umuvandimwe we gusa ngo yari amaze iminsi agaragaza ko afite agahinda kenshi.

Gashayija Benon uyobora Umurenge wa Murundi, avuga ko umubyeyi wa nyakwigendera yavuze ko umuhungu we yari amaze iminsi yigunga ku buryo yagaragazaga ibibazo byinshi.

Uyu muyobozi yagize ati “Nijoro ngo yatashye atinze araza yicara ku rubaraza, mushiki we amubaza impamvu atinjira mu nzu undi aramwihorera.”

Icyakora uyu muhungu yabwiye umuvandimwe we ko yumva aremerewe n’umutima ndetse ko yumva ashaka kujya kuruhuka agahinda ari kugirira mu Isi.

Uyu mushiki we ngo yabibwiye umubyeyi wabo ariko ntiyabyitaho nyamara undi yari afite gahunda yo kwiyambura ubuzima.

Gashayija Benon yakomeje agira ati “Uwo mugabo ngo yahise afata imyenda ye, anafata ishuka yararagaho arangije arasohoka aragenda bagira ngo ni ubusinzi bubimukoresha, babyutse basanga yimanitse mu giti hafi aho.”

Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa ku Bitaro bya Gahini kugira ngo ukorerwe isuzuma rya nyuma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Undi mukinnyi w’Amavubi yasubitse ubukwe kubera COVID-19

Next Post

Minisitiri yamaze amasaha 12 mu nyanja yoga nyuma y’uko indege yarimo ikoze impanuka

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri yamaze amasaha 12 mu nyanja yoga nyuma y’uko indege yarimo ikoze impanuka

Minisitiri yamaze amasaha 12 mu nyanja yoga nyuma y’uko indege yarimo ikoze impanuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.