Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: Kazungu uregwa kwica abantu 14 yatakambye agenera Abanyarwanda ubutumwa

radiotv10by radiotv10
09/02/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
UPDATE: Kazungu uregwa kwica abantu 14 yatakambye agenera Abanyarwanda ubutumwa
Share on FacebookShare on Twitter

Kazungu Denis uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku bantu 14 akekwaho kwica akabashyingura mu cyobo cy’aho yari atuye, yongeye kwemerera Urukiko ko ibyaha aregwa yabikoze, icyakora asaba imbabazi abo yiciye, Abanyarwanda bose ndetse na Perezida w’u Rwanda.

Ni mu iburanisha ryabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 09 Gashyantare 2024 ku cyicaro cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, ubwo uru Rukiko rwatangiraga kuburanisha mu mizi uru rubanza.

Kazungu bwa mbere yaje mu Rukiko kuburana mu mizi, nyuma yo gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo, dore andi maburanisha yabaga hifashishijwe ikoranabuhanga, yitabye Urukiko yambaye impuzankango y’imfungwa zitarakatirwa y’ibara ry’iroza, inkweto n’amasogisi by’umukara.

Nk’uko bisanzwe mu ntango z’urubanza, ubwo Umucamanza yabazaga uregwa niba aburana yemera ibyaha, Kazungu Denis yavuze ko abyemera.

Kazungu Denis, ubwo Urukiko rwari rumubajije ku byaha aregwa n’Ubushinjacyaha, yasubije agira ati “Mu byo bandeze byose, ntacyo nongeraho, byose narabikoze.”

Ni mu gihe bamwe mu bo mu miryango y’abo bikekwa ko bishwe na Kazungu, aho bari mu cyumba cy’Urukiko, bumvikanaga mu gahinda n’amarira no mu majwi y’agahinda kenshi.

Ubushinjacyaha bwavuze ko bukurikiranye kuri Kazungu Denis ibyaha 10 byakozwe mu bihe binyuranye, birimo ibishingiye ku kwica abantu batandukanye barimo abo yajyanaga iwe abashukisha akazi.

Ubushinjacyaha buvuga ko abo bantu yajyanaga iwe, yabanzaga kubatera ubwoba ababwira ko agiye kubica ndetse akababwira ko azica n’imiryango yabo, abasaba ibyo babaga bafite byose.

yabashukishaga amayeri ko agiye kubaha akazi. Abo yagezaga iwe, yabateraga ubwoba, akababwira ko agiye kubica, ko azica n’imiryango yabo nibatamuha ibyo abasabye.

Ubushinjacyaha bwagarutse ku mikorere y’ibyaha biregwa Kazungu Denis birimo no gusambanya n’abagore, busabira uregwa igifungo cyo gufungwa burundu n’ihazabu ya miliyoni 10 Frw.

Nyuma yo gusabirwa iki gihano, Kazungu Denis yabajijwe icyo akivugaho, abanza gusaba imbabazi abo yiciye abantu, Umuryango Nyarwanda ndetse na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Mu magambo ye, Kazungu yagize ati “Ndasaba imbabazi cyane cyane Perezida wa Repubulika y’u Rwanda kuba yaradutoje kuba intore nkaba narabaye ikigwari. Yadutoje kwihangana ariko sinigeze mbigaragaza. Ndasaba imbabazi cyane cyane abana natwariye ababyeyi, n’ababyeyi natwariye abana babo.”

Kazungu kandi yasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, kuzaca inkoni izamba, rukamugabanyiriza igihano, ntahanishwe gufungwa burundu.

Kazungu wiyemereye ko yishe abantu 13, yavuze ko ibi byaha byose yakoze, yabikoze wenyine, ati “Umugambi nawupanze ku giti cyanjye, nta wundi muntu twafatanyije. Ibikorwa bikomeye by’ubunyamaswa nakoze, nta kintu na kimwe navuga cyari gutuma nkora biriya. Si ubukene mvuge ko ari bwo bwabinteye njya gushaka amaramuko. Nta gisobanuro nabona ku cyo nari ngambiriye.”

Garleon NTAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Mu burakari bwinshi Biden yavuze ku byagaragajwe ko afite ikibazo cyo kwibagirwa vuba

Next Post

Inzu y’Umupfumu uzwi mu Rwanda yafashwe n’inkongi bitunguranye

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inzu y’Umupfumu uzwi mu Rwanda yafashwe n’inkongi bitunguranye

Inzu y’Umupfumu uzwi mu Rwanda yafashwe n’inkongi bitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.