• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kenya: Bwa mbere Perezida yavuze ku myigaragambyo ikomeje guhindura isura

radiotv10by radiotv10
21/07/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kenya: Bwa mbere Perezida yavuze ku myigaragambyo ikomeje guhindura isura
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’iminsi itatu muri Kenya hari imyigaragambyo itarekura, Perezida w’iki Gihugu, William Ruto, yavuze ko iyi myigaragambyo isubiza inyuma ubukungu bw’Igihugu.

Perezida William Ruto yabivuze kuri uyu wa Kane aho yari ari mu burasirazuba bw’Igihugu cye, anenga abatavuga rumwe na we bakomeje gushora abaturage mu myigaragambyo aho yavuze ko ibyo bidateza imbere Igihugu ahubwo ko bigisubiza inyuma.

Imyigaragambyo imaze igihe itegurwa n’abatavuga rumwe na Leta bayobowe na Raila Odinga wakunze gutsindwa mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Abigaragambya banenga Leta kutagira icyo ikora ku izamuka ry’ibiciro byatumye ubuzima bukomeza kugorana, bagasaba ko Leta kugirana ibiganiro n’abayobozi batavuga rumwe na bo barimo Raila Odinga ngo hashakwe igisubizo cy’ibyo bibazo.

Kuva ku wa Gatatu w’iki cyumweru hatangijwe imyigaragambyo karundura y’iminsi 3 hirya no hino, aho muri Kenya. Polisi nayo ntisiba kuvuga ko izakomeza gukora ibishoboka byose ngo itatanye abo bigaragambya.

Abakurikirana Politikie muri Kenya ntibavuga rumwe ku gutegura imyigaragambyo nk’iyo aho bamwe bavuga ko birushaho gusubiza inyuma abaturage aho kubinjiriza ndetse n’Igihugu kidasigaye dore ko hangirika byinshi.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − 1 =

Previous Post

Akanyamuneza ni kose kuri Perezida wa kane ugendereye u Rwanda mu cyumweru kimwe

Next Post

Hamenyekanye inkuru y’akababaro ku watoje amakipe abiri akomeye mu Rwanda

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Hamenyekanye inkuru y’akababaro ku watoje amakipe abiri akomeye mu Rwanda

Hamenyekanye inkuru y’akababaro ku watoje amakipe abiri akomeye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.