• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kenya: Hatangajwe amakuru mashya ku nkongi idasanzwe yibasiye ishuri

radiotv10by radiotv10
09/09/2024
in AMAHANGA
0
Kenya: Hatangajwe amakuru mashya ku nkongi idasanzwe yibasiye ishuri
Share on FacebookShare on Twitter

Umubare w’abana bahitanywe n’inkongi y’umuriro yibasiye ishuri ribanza Hillside Endarasha Academy, riherereye i Nyeri, muri Kenya, wiyongereye ugera kuri 21 nyuma yuko habonetse indi mibiri y’abana bahitanywe n’iyi nkongi.

Iyi mibiri y’abana bagera kuri 19 yabonetse aho inkongi yabereye mu kigo cy’amashuri abanza cya Hillside mu gihe abandi babiri baguye mu bitaro kubera ibikomere.

Guverinoma ya Kenya yatangaje ko iyi mibiri yari yangiritse bikomeye, ku buryo ababyeyi babo batashoboye kubanyenya, bityo ko kuri uyu wa Mbere hatangira gukorwa ibizamini bya ADN kugira ngo babashe kubona imiryango y’aba bana, icyakora ngo bizatwara igihe kinini.

Inkongi yibasiye icumbi ryari ricumbikiye abana 156 bafite imyaka iri hagati ya 10 na 14 ku mugoroba wo ku wa Kane w’icyumweru gishize.

Perezida wa Kenya, William Ruto yatangaje ko kuri uyu wa Mbere hatangira icyunamo cy’iminsi itatu mu Gihugu hose.

Muri kenya hamaze iminsi humvikana impanuka nk’izi ziri kwibasira ibigo by’amashuri, bikaba byazamuye impungenge mu baturage ku mutekano w’abana biga mu bigo bibacumbikira.

Leta ya Kenya yashyizeho ingamba zirimo no gusaba abayobozi b’amashuri gushyira mu bikorwa amabwiriza agenga amacumbi y’abanyeshuri, isaba ko ibyumba by’amacumbi babamo bigomba kuba  bifite umwanya uhagije, imiryango itatu, kandi amadirishya adashyirwaho ibyuma ku buryo byafasha abanyeshuri guhunga mu gihe cy’inkongi y’umuriro.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − ten =

Previous Post

Umusore muto yahaye Polisi amakuru arambuye ubwo yafatanwaga udupfunyika 6.000 tw’urumogi

Next Post

Iby’umupaka uhuza DRCongo na Uganda bigiye gusubirwamo

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Iby’umupaka uhuza DRCongo na Uganda bigiye gusubirwamo

Iby’umupaka uhuza DRCongo na Uganda bigiye gusubirwamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.