Kenya: Ibimaze guhitana abantu 10 byatumye Perezida afata icyemezo kitari cyitezwe

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Perezida wa Kenya, William Ruto yemeye kujya mu biganiro na Raila Odinga batavuga rumwe kugira ngo yumve icyo yifuza cyatuma ahagarika imyigaragambyo imaze guhitana abaturage barenga 10.

Uretse abantu barenga 10 bamaze gupfa, iyi myigaragambyo imaze ibyumweru bibiri, yanakomerekeyemo abandi 40.

Izindi Nkuru

Abitabira iyi myigaragambo, basaba Guverinoma gufasha abaturage gukemura ikibazo cy’imibereho ihenze biturutse ku kuzamura imisoro.

Amahanga akomeje gusaba ko Perezida Ruto yaca bugufi agahura na Raila Odinga uyoboye abo bigaragambya, bakaganira bakumva icyo bifuza n’uburyo haboneka umuti urambye w’icyo kibazo.

Abinyujije kuri Twitter, Perezida William Ruto yasabye mukeba we Odinga gucisha macye bagashaka uburyo bajya mu biganiro kugira ngo bafatanye gushaka igisubizo.

Yamusabye ko yaba yihanganye akava mu ruzinduko ari kugirira muri Tanzania, ubundi bakabona guhura bakaganira.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru