Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kenya: Kiliziya Gatulika yateye ishoti inkunga z’abarimo Perezida yavuze icyo ibona kibyihishe inyuma

radiotv10by radiotv10
20/11/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Kenya: Kiliziya Gatulika yateye ishoti inkunga z’abarimo Perezida yavuze icyo ibona kibyihishe inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Kiliziya Gatulika muri Kenya yamaganye abanyapolitiki bafite umugambi wo gukorera ibikorwa byabo muri kiliziya, nyuma yuko hari bamwe bayemereye inkunga zirimo iyari yatanzwe na Perezida William Ruto, ikaba yasubijwe, kuko ibona ko ari uguta kiliziya mu mutego wo kuyinjiza muri Politiki.

Ikinyamakuru the Citizen kivuga ko ibyo byabaye nyuma yuko mu bihe bitandukanye Abanyapolitike muri Kenya bagiye batanga ibyo bise inkunga ku bikorwa bya kiliziya Gatukika harimo miliyoni 2 z’Amashilingi ya Kenya yatanzwe na Perezida William Ruto nk’inkunga mu kubaka inzu ya Padiri, ndetse na Guverineri wa Nairobi wari watanze ibihumbi 200 kuri korali ya Paruwasi.

Ibi byamaganiwe kure n’Inama y’Abepisikopi Gatulika muri Kenya ndete ku Cyumweru muri za Kiliziya zigize Arikidiyoseye ya Nairobi hasomewe amatangazo yamagana ibyo bikorwa bavuga ko bihabanye n’umurongo wa Kiliziya Gatulika.

Musenyeri Philipo Anyolo yavuze ko ibi biganisha guta Kiliziya mu mutego wa Politike ndetse ko batabyemera, ahubwo bazakomeza gukora ibijyanye n’ukwemera.

Yihanagirije Abanyapolitike bitwaza amadini bari mu bikorwa byabo, ahubwo abasaba kwita ku bibazo bibangamiye abaturage birimo ruswa, uburenganzira bwa muntu, n’imisoro ihanitse.

Yavuze kandi ko Perezida Ruto bamusubije miliyoni 2 yari yatanze nk’imfashanyo ndetse n’abandi bose bayatanze mu buryo bunyuranije n’amategeko bayasubijwe.

Ni icyemezo cyakiriwe neza na bamwe mu bakurikira politiki muri Kenya bavuga ko kutishora mu bikorwa bya politiki kw’amadini bigaragaza ubudasa.

Denyse M. MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + six =

Previous Post

Ubutumwa buturutse muri RIB bugenewe abanyamakuru ba Siporo mu Rwanda

Next Post

Babiri binjizaga mu Rwanda magendu iturutse Congo bafashwe mu gicuku

Related Posts

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Samia Suluhu Hassan uherutse gutorerwa kuyobora Tanzania, yarahiriye kuyobora iki Gihugu, asezeranya abagituye ko inzego z’iperereza ziri kurikora kugira...

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

by radiotv10
03/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko bitangaje kuba u Bufaransa bwibutse ko bwajya gukorera...

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yerecyeje muri Tanzania, aho yitabiriye irahira rya mugenzi we wa Madamu Samia Suluhu Hassan watorewe...

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

by radiotv10
03/11/2025
0

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza abasirikare ba bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane w’u Burayi, bari gukorera muri Romania imyitozo y’Umuryango...

Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo

Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo

by radiotv10
03/11/2025
0

The Alliance of Forces for Change (AFC/M23), a coalition fighting against the government of the Democratic Republic of Congo (DRC),...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora
AMAHANGA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

03/11/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

03/11/2025
Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Babiri binjizaga mu Rwanda magendu iturutse Congo bafashwe mu gicuku

Babiri binjizaga mu Rwanda magendu iturutse Congo bafashwe mu gicuku

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.