Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kenya: Nyuma y’uko imyigaragambyo ikajije umurego Perezida yatangaje icyemezo cyari giterezanyijwe amatsiko

radiotv10by radiotv10
27/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kenya: Nyuma y’uko imyigaragambyo ikajije umurego Perezida yatangaje icyemezo cyari giterezanyijwe amatsiko
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko imyigaragambyo yo muri Kenya muri iki cyumweru ihinduye isura, ikagwamo abarenga 20 mu minsi itatu, Perezida w’iki Gihugu, William Ruto yafashe icyemezo cyo kudashyira umukono ku itegeko ryari ryatumye Abanya-Kenya birara mu mihanda.

Icyemezo cya Ruto, cyatangajwe kuri uyu wa Gatatu nta n’umunsi wari uciyemo asabye inzego z’umutekano n’iza gisirikare gufatanya bagatatanya abigaragambya.

Ku wa kabiri w’iki Cyumweru, ni bwo imyigaragambyo yahinduye isura, ubwo Inteko Ishinga Amategeko ya Kenya, yatoraga uyu mushinga mushya w’imari wongera imisoro.

Icyo gihe urubyiruko rwinshi rwari rwigabije Ingoro y’Inteko Ishinga Amategeko, rubasha gukura mu nzira inzego z’umutekano, ubundi rwinjiramo rwangiza ibikoresho birimo n’amabendera.

Uru rubyiruko rwasabaga ko umushinga urimo ingingo zatuma imisoro izamuka, wasubikwa kuko ubukungu butifashe neza ndetse bagasaba Leta gukora ibishoboka ngo ubuzima bworohe.

Perezida Willam Ruto yakunze kuvuga ko iryo tegeko rigamije gufasha Kenya kobona iby’ibanze ndetse no kwishyura imyenda, icyakora abaturage ntibabyumve bavuga ko ryatuma imibereho irushaho guhenda no gukomera.

Kuri uyu wa Gatatu, nyuma y’uko imyigaragambyo yari ikamejeje, Perezida William Ruto yavuze ko Abanya-Kenya bagaragaje neza ko badashaka iryo tegeko cyane gahunda yo kuzamura imisoro, yanzura ko atazarishyiraho umukono ndetse ko rihise rihagarikwa.

Perezida Ruto yavuze ko hagiye gufatwa izindi ngamba zirimo kugabanya amafaranga akoreshwa na Leta, kugira ngo ibyagombaga kuzakemurwa n’iri tegeko, bibona ubushobozi bwo kubikemura.

William Ruto umaze imyaka ibiri ari Perezida wa Kenya, wanagize imyanya ikomeye mu Gihugu nko kuba yaramaze imyaka 10 ari Visi Perezida, yanyuze muri Guverinoma zahuye n’ibibazo bikomeye muri politike n’imyigaragambyo, irimo n’iyi yari ikomeye.

Imyigaragambyo muri Kenya muri iki cyumweru yari yakajije umurego
Perezida Ruto yatangaje icyemezo gitanga ihumure

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + twelve =

Previous Post

Hatangajwe ibyaha bikurikiranywe ku barimu n’umunyeshuri ba Kaminuza imwe mu Rwanda n’uburyo byakozwe

Next Post

Abandi basirikare ba S.Africa bivuganywe na M23 muri Congo hanatangazwa umubare w’abamaze kuhagwa

Related Posts

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
25/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

IZIHERUKA

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye
FOOTBALL

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abandi basirikare ba S.Africa bivuganywe na M23 muri Congo hanatangazwa umubare w’abamaze kuhagwa

Abandi basirikare ba S.Africa bivuganywe na M23 muri Congo hanatangazwa umubare w’abamaze kuhagwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.