Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kenya: Nyuma y’uko imyigaragambyo ikajije umurego Perezida yatangaje icyemezo cyari giterezanyijwe amatsiko

radiotv10by radiotv10
27/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kenya: Nyuma y’uko imyigaragambyo ikajije umurego Perezida yatangaje icyemezo cyari giterezanyijwe amatsiko
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko imyigaragambyo yo muri Kenya muri iki cyumweru ihinduye isura, ikagwamo abarenga 20 mu minsi itatu, Perezida w’iki Gihugu, William Ruto yafashe icyemezo cyo kudashyira umukono ku itegeko ryari ryatumye Abanya-Kenya birara mu mihanda.

Icyemezo cya Ruto, cyatangajwe kuri uyu wa Gatatu nta n’umunsi wari uciyemo asabye inzego z’umutekano n’iza gisirikare gufatanya bagatatanya abigaragambya.

Ku wa kabiri w’iki Cyumweru, ni bwo imyigaragambyo yahinduye isura, ubwo Inteko Ishinga Amategeko ya Kenya, yatoraga uyu mushinga mushya w’imari wongera imisoro.

Icyo gihe urubyiruko rwinshi rwari rwigabije Ingoro y’Inteko Ishinga Amategeko, rubasha gukura mu nzira inzego z’umutekano, ubundi rwinjiramo rwangiza ibikoresho birimo n’amabendera.

Uru rubyiruko rwasabaga ko umushinga urimo ingingo zatuma imisoro izamuka, wasubikwa kuko ubukungu butifashe neza ndetse bagasaba Leta gukora ibishoboka ngo ubuzima bworohe.

Perezida Willam Ruto yakunze kuvuga ko iryo tegeko rigamije gufasha Kenya kobona iby’ibanze ndetse no kwishyura imyenda, icyakora abaturage ntibabyumve bavuga ko ryatuma imibereho irushaho guhenda no gukomera.

Kuri uyu wa Gatatu, nyuma y’uko imyigaragambyo yari ikamejeje, Perezida William Ruto yavuze ko Abanya-Kenya bagaragaje neza ko badashaka iryo tegeko cyane gahunda yo kuzamura imisoro, yanzura ko atazarishyiraho umukono ndetse ko rihise rihagarikwa.

Perezida Ruto yavuze ko hagiye gufatwa izindi ngamba zirimo kugabanya amafaranga akoreshwa na Leta, kugira ngo ibyagombaga kuzakemurwa n’iri tegeko, bibona ubushobozi bwo kubikemura.

William Ruto umaze imyaka ibiri ari Perezida wa Kenya, wanagize imyanya ikomeye mu Gihugu nko kuba yaramaze imyaka 10 ari Visi Perezida, yanyuze muri Guverinoma zahuye n’ibibazo bikomeye muri politike n’imyigaragambyo, irimo n’iyi yari ikomeye.

Imyigaragambyo muri Kenya muri iki cyumweru yari yakajije umurego
Perezida Ruto yatangaje icyemezo gitanga ihumure

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 11 =

Previous Post

Hatangajwe ibyaha bikurikiranywe ku barimu n’umunyeshuri ba Kaminuza imwe mu Rwanda n’uburyo byakozwe

Next Post

Abandi basirikare ba S.Africa bivuganywe na M23 muri Congo hanatangazwa umubare w’abamaze kuhagwa

Related Posts

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

by radiotv10
16/12/2025
0

Abaturage bo mu Mujyi wa Uvira, baramukiye mu gisa n’imyigaragambyo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rigiye kuwurekura nyuma y’iminsi...

IZIHERUKA

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi
MU RWANDA

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abandi basirikare ba S.Africa bivuganywe na M23 muri Congo hanatangazwa umubare w’abamaze kuhagwa

Abandi basirikare ba S.Africa bivuganywe na M23 muri Congo hanatangazwa umubare w’abamaze kuhagwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.