Wednesday, March 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kicukiro: Urupfu rw’amayobera rw’umugabo wajyanye n’umukobwa kwinezeza muri ‘Lodge’ akaza kumusigamo

radiotv10by radiotv10
13/09/2022
in MU RWANDA
7
Kicukiro: Urupfu rw’amayobera rw’umugabo wajyanye n’umukobwa kwinezeza muri ‘Lodge’ akaza kumusigamo

Photo/Internet

Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 59 wajyanye n’umukobwa kwinezeza mu icumbi (Logde) riherereye mu Kagari ka Kanserege mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, bamusanzemo yapfuye nyuma yuko uwo mukobwa bari bazanye amusizemo akigendera.

Ibi byabaye mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Nzeri 2022 ahagana saa sita z’ijoro muri Lodge iherereye muri aka Kagari ka Kanserege.

Imvaho Nshya dukesha aya makuru, ivuga ko uyu nyakwigendera yari yaje kwaka icumbi mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 12 Nzeri 2022 ari kumwe n’umukobwa bari bazanye mu modoka y’uyu mugabo.

Uyu mugabo usanzwe aza kuruhukira muri iyi lodge, asanzwe atuye mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Gasabo aho afite urugo yabanagamo n’umugore we.

Abakozi b’iyi Lodge bavuga ko ahagana saa sita z’ijoro, umukobwa wari wazanye na nyakwigendera, yaje kumusiga mu cyumba barimo, ajyana imfunguzo z’iki cyuma.

Bavuze ko baje kugira ikikango kuko bategereje ko uyu mugabo asohoka ngo atahe bagaheba, bakaza gukomanga ngo bamenye amakuru ye, bagakomanga ariko ntihagire ukoma.

Baje kwiyambaza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwaje bagasanga uyu mugabo yapfiriye mu cyumba yari arimo nyuma yuko bafunguye bakoresheje izindi mfunguzo kuko izindi uwo mukobwa yari yazitwaye.

Ubwo basangaga nyakwigendera yapfuye, bamusanze aryamye mu gitanda mu gihe imyenda yari yayikuyemo imanitse ndetse bagasanga icupa ry’inzoga na Jus muri iki cyumba.

Kuko aba bombi ntaho bari babanje kwiyandika, ntawabashije kumenya imyorondoro y’uwo mukobwa, wahise utangira gushakishwa ndetse RIB ikaba yahise itangira iperereza ku cyaba cyahitanye nyakwigendera.

Umurambo w’uyu mugabo wahise ujyanwa mu Bitaro bya Kacyiru kugira ngo ukorerwe isuzuma rya nyuma hamenyekane icyo yazize.

RADIOTV10

Comments 7

  1. Edou says:
    3 years ago

    Izi ni dayinoni ziyambika imibiri y’abantu ziramara abantu ahubwo

    Reply
  2. H.abdu says:
    3 years ago

    Nibasuzume neza wasanga uyu mugabo yari yafashe imiti yongera imbara.ikamugiraho ingaruka.noneho umukobwa kubera ubwoba akikuriramo ake karenge ngo ataraburiza !!!!

    Reply
  3. NSANZUMUHIRE CHRISTIAN says:
    3 years ago

    Ubuse basi azize ko yari rimo ahahira umuryango we? Ibyo nibyo bita kubura isi ukabura n’ijuru. Gusa ba nyiri ayo macumbi bakurikiranwe kuko ntibyuvikana ukuntu bacumbikira abo batazi. Ubwo se ari abaje kugirira nabi igihugu?

    Reply
    • Tuyishimire Justine says:
      3 years ago

      Rwose birababaje kuvuga ngo ntanmyirondoro Yabo bacumbikira Kandi byari byoroshye gufata uwo mukobwa bikwiye guhinduka abantu bakava mumikino.Kandi nanone ijambo ryImana ritubwira ko icyo umuntu abiba ninacyo asarura .Mbaye ndekanye nabagabo ndabona aribwo meze neza Kuko isi yatubereye akabarore wasanga umugore yabwiwe ko umutware agiye mubutumwa.Gukizwa nabi bitera umwaku .

      Reply
      • Lilianl says:
        3 years ago

        Nange ndumva ariko byagenze

        Reply
  4. MYRIAM says:
    3 years ago

    RIP

    Reply
  5. Uwiga says:
    3 years ago

    Imperuka irimo idusatira gusa biteye urujijo kabisa!!!

    Reply

Leave a Reply to Uwiga Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 9 =

Previous Post

DRC: Amakuru atari meza ku ndege yari imaze iminsi yaraburiwe irengero

Next Post

Ndimbati yaburanye mu mizi avuga ko uwo ashinjwa gusambanya babikoze yujuje ubukure

Related Posts

Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Umunyeshuri w’umukobwa wabuze muri weekend yose yasanzwe aryamye kwa mwarimu

by radiotv10
10/03/2026
0

Umwarimu wigisha mu ishuri riherereye mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, yatawe muri yombi nyuma yuko mu icumbi...

Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Umugore w’i Kigali uregwa gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yafatiwe icyemezo

by radiotv10
10/03/2026
0

Umugore w’imyaka 34 wo mu Karere ka Gasabo ukurikiranyweho gusambanya inshuro ebyiri umwana w’umuhungu w’imyaka 14, wireguraga avuga ko babikoze...

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

by radiotv10
10/03/2026
0

Ambasade y’u Rwanda mu Bufaransa, yatangaje ko Perezida Paul Kagame n’abayobozi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ingufu za Atomike mu Rwanda,...

BREAKING: Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome birimo ubujura no gusambanya ku gahato hanavugwa amayeri bakoreshaga

BREAKING: Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome birimo ubujura no gusambanya ku gahato hanavugwa amayeri bakoreshaga

by radiotv10
10/03/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwerekanye abasore babiri bakekwaho ibyaha bitandukanye birimo ubujura no gusambanya abana b’abakobwa babanje kubashukisha akazi bakoresheje...

Eng.-President Kagame in Paris, France

Eng.-President Kagame in Paris, France

by radiotv10
10/03/2026
0

The Rwandan Embassy in France announced that President Paul Kagame, along with leaders from the Rwanda Atomic Energy Board, is...

IZIHERUKA

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe
AMAHANGA

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

by radiotv10
10/03/2026
0

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

Ubutumwa RIB yageneye abanyamakuru ba Siporo baherutse kumvikana mu makimbirane

10/03/2026
Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

10/03/2026
Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

10/03/2026
Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Umunyeshuri w’umukobwa wabuze muri weekend yose yasanzwe aryamye kwa mwarimu

10/03/2026
Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Umugore w’i Kigali uregwa gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yafatiwe icyemezo

10/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ndimbati yaburanye mu mizi avuga ko uwo ashinjwa gusambanya babikoze yujuje ubukure

Ndimbati yaburanye mu mizi avuga ko uwo ashinjwa gusambanya babikoze yujuje ubukure

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

Ubutumwa RIB yageneye abanyamakuru ba Siporo baherutse kumvikana mu makimbirane

Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.