Friday, August 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kicukiro: Urupfu rw’amayobera rw’umugabo wajyanye n’umukobwa kwinezeza muri ‘Lodge’ akaza kumusigamo

radiotv10by radiotv10
13/09/2022
in MU RWANDA
7
Kicukiro: Urupfu rw’amayobera rw’umugabo wajyanye n’umukobwa kwinezeza muri ‘Lodge’ akaza kumusigamo

Photo/Internet

Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 59 wajyanye n’umukobwa kwinezeza mu icumbi (Logde) riherereye mu Kagari ka Kanserege mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, bamusanzemo yapfuye nyuma yuko uwo mukobwa bari bazanye amusizemo akigendera.

Ibi byabaye mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Nzeri 2022 ahagana saa sita z’ijoro muri Lodge iherereye muri aka Kagari ka Kanserege.

Imvaho Nshya dukesha aya makuru, ivuga ko uyu nyakwigendera yari yaje kwaka icumbi mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 12 Nzeri 2022 ari kumwe n’umukobwa bari bazanye mu modoka y’uyu mugabo.

Uyu mugabo usanzwe aza kuruhukira muri iyi lodge, asanzwe atuye mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Gasabo aho afite urugo yabanagamo n’umugore we.

Abakozi b’iyi Lodge bavuga ko ahagana saa sita z’ijoro, umukobwa wari wazanye na nyakwigendera, yaje kumusiga mu cyumba barimo, ajyana imfunguzo z’iki cyuma.

Bavuze ko baje kugira ikikango kuko bategereje ko uyu mugabo asohoka ngo atahe bagaheba, bakaza gukomanga ngo bamenye amakuru ye, bagakomanga ariko ntihagire ukoma.

Baje kwiyambaza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwaje bagasanga uyu mugabo yapfiriye mu cyumba yari arimo nyuma yuko bafunguye bakoresheje izindi mfunguzo kuko izindi uwo mukobwa yari yazitwaye.

Ubwo basangaga nyakwigendera yapfuye, bamusanze aryamye mu gitanda mu gihe imyenda yari yayikuyemo imanitse ndetse bagasanga icupa ry’inzoga na Jus muri iki cyumba.

Kuko aba bombi ntaho bari babanje kwiyandika, ntawabashije kumenya imyorondoro y’uwo mukobwa, wahise utangira gushakishwa ndetse RIB ikaba yahise itangira iperereza ku cyaba cyahitanye nyakwigendera.

Umurambo w’uyu mugabo wahise ujyanwa mu Bitaro bya Kacyiru kugira ngo ukorerwe isuzuma rya nyuma hamenyekane icyo yazize.

RADIOTV10

Comments 7

  1. Edou says:
    3 years ago

    Izi ni dayinoni ziyambika imibiri y’abantu ziramara abantu ahubwo

    Reply
  2. H.abdu says:
    3 years ago

    Nibasuzume neza wasanga uyu mugabo yari yafashe imiti yongera imbara.ikamugiraho ingaruka.noneho umukobwa kubera ubwoba akikuriramo ake karenge ngo ataraburiza !!!!

    Reply
  3. NSANZUMUHIRE CHRISTIAN says:
    3 years ago

    Ubuse basi azize ko yari rimo ahahira umuryango we? Ibyo nibyo bita kubura isi ukabura n’ijuru. Gusa ba nyiri ayo macumbi bakurikiranwe kuko ntibyuvikana ukuntu bacumbikira abo batazi. Ubwo se ari abaje kugirira nabi igihugu?

    Reply
    • Tuyishimire Justine says:
      3 years ago

      Rwose birababaje kuvuga ngo ntanmyirondoro Yabo bacumbikira Kandi byari byoroshye gufata uwo mukobwa bikwiye guhinduka abantu bakava mumikino.Kandi nanone ijambo ryImana ritubwira ko icyo umuntu abiba ninacyo asarura .Mbaye ndekanye nabagabo ndabona aribwo meze neza Kuko isi yatubereye akabarore wasanga umugore yabwiwe ko umutware agiye mubutumwa.Gukizwa nabi bitera umwaku .

      Reply
      • Lilianl says:
        3 years ago

        Nange ndumva ariko byagenze

        Reply
  4. MYRIAM says:
    3 years ago

    RIP

    Reply
  5. Uwiga says:
    3 years ago

    Imperuka irimo idusatira gusa biteye urujijo kabisa!!!

    Reply

Leave a Reply to Tuyishimire Justine Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

DRC: Amakuru atari meza ku ndege yari imaze iminsi yaraburiwe irengero

Next Post

Ndimbati yaburanye mu mizi avuga ko uwo ashinjwa gusambanya babikoze yujuje ubukure

Related Posts

Do men have safe spaces too?-Exploring emotional vulnerability, mental Health, and toxic masculinity

Do men have safe spaces too?-Exploring emotional vulnerability, mental Health, and toxic masculinity

by radiotv10
15/08/2025
0

When it comes to conversations about mental health, women’s struggles often receive more attention, but men’s mental health deserves equal...

Abagenzacyaha ba RIB bagaragarijwe impamvu ari bo Abanyarwanda bareberaho ishusho y’ubutabera bw’u Rwanda

Abagenzacyaha ba RIB bagaragarijwe impamvu ari bo Abanyarwanda bareberaho ishusho y’ubutabera bw’u Rwanda

by radiotv10
15/08/2025
0

Minisitiri w’Ubutabera, Dr Emmanuel Ugirashebuja yibukije abakorera Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ko mu itangwa ry’ubutabera ari bo bahura bwa mbere...

MTN Rwanda Delivers Strong Half-Year Results and Marks a Major Milestone with 5G Rollout

MTN Rwanda Delivers Strong Half-Year Results and Marks a Major Milestone with 5G Rollout

by radiotv10
15/08/2025
0

MTN Rwandacell Plc (MTN Rwanda) is pleased to announce its reviewed interim financial results for the six months ended 30...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
15/08/2025
5

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

by radiotv10
14/08/2025
0

Ambasaderi Antoine Anfré mbere yo gufata rutemikirere nyuma yo kurangiza inshingano ze nk’Uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda, yavuze ko yifuza...

IZIHERUKA

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru
FOOTBALL

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

by radiotv10
15/08/2025
0

Igihugu cyo muri Afurika kigiye kugura na America intwaro za miliyoni 346$

Igihugu cyo muri Afurika kigiye kugura na America intwaro za miliyoni 346$

15/08/2025
Guhura kwa Perezida wa America Trump na Putini w’u Burusiya byahagurukije imbaga

Guhura kwa Perezida wa America Trump na Putini w’u Burusiya byahagurukije imbaga

15/08/2025
Do men have safe spaces too?-Exploring emotional vulnerability, mental Health, and toxic masculinity

Do men have safe spaces too?-Exploring emotional vulnerability, mental Health, and toxic masculinity

15/08/2025
Abagenzacyaha ba RIB bagaragarijwe impamvu ari bo Abanyarwanda bareberaho ishusho y’ubutabera bw’u Rwanda

Abagenzacyaha ba RIB bagaragarijwe impamvu ari bo Abanyarwanda bareberaho ishusho y’ubutabera bw’u Rwanda

15/08/2025
MTN Rwanda Delivers Strong Half-Year Results and Marks a Major Milestone with 5G Rollout

MTN Rwanda Delivers Strong Half-Year Results and Marks a Major Milestone with 5G Rollout

15/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ndimbati yaburanye mu mizi avuga ko uwo ashinjwa gusambanya babikoze yujuje ubukure

Ndimbati yaburanye mu mizi avuga ko uwo ashinjwa gusambanya babikoze yujuje ubukure

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

Igihugu cyo muri Afurika kigiye kugura na America intwaro za miliyoni 346$

Guhura kwa Perezida wa America Trump na Putini w’u Burusiya byahagurukije imbaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.