Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kicukiro: Yubatse Etaje baramwambuza aza kuyirirwa hejuru ngo bamwishyure

radiotv10by radiotv10
10/01/2022
in MU RWANDA
0
Kicukiro: Yubatse Etaje baramwambuza aza kuyirirwa hejuru ngo bamwishyure
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore w’imyaka 25 y’amavuko wakoze imirimo yo kubaka inzu igeretse yo mu Kagari ka Kabeza mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro, yagiye kwishyuza amafaranga yakoreye ariko ntibahita bamwishyura undi ahita afata umwanzuro wo kujya hejuru y’iyi nzu.

Uyu musore witwa Niyoyaremye Jean Baptiste avuga ko yakoze imirimo yo kubaka iryi nyubako akaba yaragombaga kwishyurwa ibihumbi 117 Frw.

Avuga ko aho yari acumbitse bamwirukanye kubera kumara igihe atishyura amafaranga y’ubukode agahita ajya kwishyuza kuri izi nyubako.

Ati “Nyiri inzu yari yansohoye kandi ntabyo kurya mfite naje aha ndaharara mpamagata RIB na Polisi y’u Rwanda. Bose ntakintu bamfashije uretse kumbwira ngo ninge gushaka aho kuba.”

Icyakora ngo baje kumuhemba ariko uri kubakisha iyi nzu abwira inzego z’umutekano ko hari ibyo yangije bityo ko adashobora kugenda atabyishyuye.

Ati “Niba hari icyo nangije nibareke manuke mfite aho mbarizwa bazajye kundega ariko natashye.”

Kalisa Eric umuyobozi mukuru wungirije wa komanyi iri kubaka aya mazu, yabwiye RADIOTV10 ko uyu mukozi ari mu bantu 28 wari warambuwe n’uwari umukoresha wabo.

Avuga ko uwo mukoresha wabo bari barahaye akazi yari afite abakozi 40 ariko akishyuramo 12 gusa ubundi abandi 28 arabambura amafaranga agera muri Miliyoni 2 Frw.

Kalisa Eric avuga ko uyu musore nubwo yasabaga kurenganurwa ariko hari ibikoresho yangije birimo intsinga bityo ko akwiye kubyishyura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 20 =

Previous Post

Minisitiri w’Uburezi yahishuye ko Ishuri rizagaragaramo ubwandu bwinshi bwa COVID rizafungwa

Next Post

Perezida Kagame yakiriye itsinda ry’abayobozi bakuru b’i Burundi bazanye ubutumwa yohererejwe na mugenzi Ndayishimue

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye itsinda ry’abayobozi bakuru b’i Burundi bazanye ubutumwa yohererejwe na mugenzi Ndayishimue

Perezida Kagame yakiriye itsinda ry’abayobozi bakuru b’i Burundi bazanye ubutumwa yohererejwe na mugenzi Ndayishimue

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.