Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Abagabo batatu baguwe gitumo mu ijoro bari mu bikorwa bitemewe

radiotv10by radiotv10
09/07/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kigali: Abagabo batatu baguwe gitumo mu ijoro bari mu bikorwa bitemewe
Share on FacebookShare on Twitter

Abagabo batatu bafatiwe mu cyuho bari gutekera kanyanga mu rugo rw’umwe muri bo ruherereye mu Murenge wa Gikomero mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, nyuma yuko bari baherutse gutoroka ubwo na bwo bari bagiye gufatirwa muri ibi bikorwa.

Aba bagabo bafashwe mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Nyakanga 2025, barimo uw’imyaka 19, na babiri b’imyaka 22 kuri buri umwe, aho basanzwe mu rugo rwo mu Mudugudu wa Rugarama mu Kagari ka Murambi mu Murenge wa Gikomero.

Aba bagabo ubu bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gikomero, bafashwe nyuma y’amakuru yatanzwe n’abaturage, yatumye uru rwego rukora igikorwa cyo kubata muri yombi.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, yagize ati “Polisi yafatiye mu cyuho abagabo batatu (3) batetse kanyanga, bahishije Litiro cumi n’umunani (18) za kanyanga. Banafatanywe ibikoresho bifashisha mu guteka iyo kanyanga.”

Aba bagabo kandi bari basanzwe bakekwaho ibi bikorwa, kuko na tariki 03 Nyakanga 2025, bari batorotse Polisi y’u Rwanda ubwo yari igiye kubafasha na bwo bariho bateka iki kiyobyabwenge cya kanyanga, icyo gihe aho bagitekeraga hagasangwa Litiro 10 zacyo.

Umurenge wa Gikomero kimwe n’indi yo mu Karere ka Gasabo, nka Ndera, Rusororo, Rutunga na Bumbogo, ni tumwe mu duce dukunze kuvugwamo gukorerwamo iki kiyobyabwenge cya kanyanga.

CIP Gahonzire yaboneyeho kwibutsa abaturage ko “Ibiyobyabwenge mu Rwanda ntibyihanganirwa kuko hari n’itegeko rihana ababyishoramo, ibihano bikomeye birimo n’igifungo.”

Yavuze ko abishoye muri ibi bikorwa by’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, bakwiye kubireka, kuko n’abatarafatwa, bazafatwa, kandi bakazirikana ko nta muntu wakirijwe n’ibi bikorwa, bityo ko bakwiye gushaka ibindi bakora.

Abagabo batatu bafashwe batetse ikiyobyabwenge cya kanyanga
Aho bayitekeraga hasanzwe litiro 18 z’iki kiyobyabwenge

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 6 =

Previous Post

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

Next Post

Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

by radiotv10
03/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko rufunze abagabo batatu bafatanywe amahembe y’inzovu yaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bayatwaye mu...

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

by radiotv10
03/11/2025
0

Mondays are hard. After a relaxing weekend, it’s easy to put off work, scroll on your phone, or tell yourself,...

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

by radiotv10
03/11/2025
0

Inzu isanzwe ari icumbi ry’abanyeshuri mu ishuri rya IWE (Institute Of Women For Excellence) Secondary School riherereye mu Karere ka...

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

by radiotv10
03/11/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batanu barimo umugore umwe, bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano, birimo ubujura...

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri, Madamu Jeannette Kagame yasabye Abanyarwanda gukomeza kwimakaza Ihame ntakukuka ry’Ubunyarwanda, abibutsa ko gahunda ya...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora
AMAHANGA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

03/11/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

03/11/2025
Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.