Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kigali: Abagore baritana bamwana n’abagabo bavuga ko hari igituma bahukana bitari bisanzwe

radiotv10by radiotv10
11/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kigali: Abagore baritana bamwana n’abagabo bavuga ko hari igituma bahukana bitari bisanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagabo bo mu Mujyi wa Kigali bavuga ko bahohoterwa n’abagore babo, barimo n’ababakubita, bigatuma bafata icyemezo cyo kwahukana, mu gihe abagore bo bavuga ko ahubwo babiterwa no kuba baba biboneye inkumi zigiteye neza, bakazisanga.

Aba bagabo, bavuga ko uku guhohoterwa n’abagore babo, hari n’ababikora bitwaje ihame ry’uburinganire ritumviswe neza na bamwe, babakangisha ko babakozeho babona akaga, ku buryo hari n’abishora mu ngeso mbi kuko baba bazi ko abagabo babo ntacyo babakoraho.

Bavuga ko bitagarukira aho gusa, kuko hari n’abakubita abagabo babo, bagahitamo guta ingo zabo kugira ngo intonganya zabo zitazagera kure.

Umwe ati “Umugore wanjye yarandumye, arankubita, ibi byose ni ibiguma [yereka umunyamakuru] yanyiyenzagaho kugira ngo mukubite bamfunge.”

Akomeza agira ati “None se muragira ngo tuzicane ni bwo ikibazo kizaba gikemutse? Nahisemo guhunga urugo, kuko yampozaga ku nkeke akampohotera bikabije.”

Ni mu gihe bamwe mu bagore bavuga ko abagabo badata ingo babitewe no guhohoterwa n’abagore babo, ahubwo ko baba bashaka kwisangira abandi bagore bakiri bato.

Umwe yagize ati “Umugabo agushaka uteye neza, nyashi yamara kugenda akaguta akigira gushaka udukumi tukiri duto. Abagabo baraduta bakagenda bakihunza inshingano ntibagishaka guhaha.”

Munyanziza Jonathan ukora mu muryango Nyarwanda uteza imbere ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina RWAMREC, ugira inama abashakanye ko bakwiye kuzuzanya no kubahana, kandi mu gihe amakimbirane yabo yageze kure bakiyambaza izindi nzego aho kubiceceka no kwifatira ibyemezo.

Ati “Abashakanye bagomba gufatanya mu rugo, buri wese ahaye agaciro ibyiza biri kuri mugenzi we amakimbirane yagabanuka. Mu gihe kandi havutse ikibazo baba bagomba kwicara hamwa bagashaka umuti w’icyo kibazo  byananirana bakiyambaza izindi nzego. Ikindi ni uko nta mugabo ukwiye guhohoterwa ngo aceceke kuko kuba umugabo yavuga ko yahohotewe nta mugayo urimo, aramutse ashyikirije ikibazo cye inzego zibishinzwe nizera ko cyakemuka.”

Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, yo muri 2020, yerekanye ko hagati ya 2016 na 2019, abagore 48 809 bo mu Rwanda bakorewe ihohoterwa, mu gihe abagabo barikorewe bari 7 210.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwagaragaje ko ibyaha by’ihohotera byavuye ku 9 064 muri 2019 bigera ku 10 842 mu 2020.

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 7 =

Previous Post

Icyo imibare mishya igaragaza ku cyorezo cya Marburg mu Rwanda

Next Post

Rurangiranwa ku Isi mu mukino wa Tennis yatangaje igihe azawuhagarikira burundu by’umwuga

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi
AMAHANGA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rurangiranwa ku Isi mu mukino wa Tennis yatangaje igihe azawuhagarikira burundu by’umwuga

Rurangiranwa ku Isi mu mukino wa Tennis yatangaje igihe azawuhagarikira burundu by’umwuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.