Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kigali: Abagore baritana bamwana n’abagabo bavuga ko hari igituma bahukana bitari bisanzwe

radiotv10by radiotv10
11/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kigali: Abagore baritana bamwana n’abagabo bavuga ko hari igituma bahukana bitari bisanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagabo bo mu Mujyi wa Kigali bavuga ko bahohoterwa n’abagore babo, barimo n’ababakubita, bigatuma bafata icyemezo cyo kwahukana, mu gihe abagore bo bavuga ko ahubwo babiterwa no kuba baba biboneye inkumi zigiteye neza, bakazisanga.

Aba bagabo, bavuga ko uku guhohoterwa n’abagore babo, hari n’ababikora bitwaje ihame ry’uburinganire ritumviswe neza na bamwe, babakangisha ko babakozeho babona akaga, ku buryo hari n’abishora mu ngeso mbi kuko baba bazi ko abagabo babo ntacyo babakoraho.

Bavuga ko bitagarukira aho gusa, kuko hari n’abakubita abagabo babo, bagahitamo guta ingo zabo kugira ngo intonganya zabo zitazagera kure.

Umwe ati “Umugore wanjye yarandumye, arankubita, ibi byose ni ibiguma [yereka umunyamakuru] yanyiyenzagaho kugira ngo mukubite bamfunge.”

Akomeza agira ati “None se muragira ngo tuzicane ni bwo ikibazo kizaba gikemutse? Nahisemo guhunga urugo, kuko yampozaga ku nkeke akampohotera bikabije.”

Ni mu gihe bamwe mu bagore bavuga ko abagabo badata ingo babitewe no guhohoterwa n’abagore babo, ahubwo ko baba bashaka kwisangira abandi bagore bakiri bato.

Umwe yagize ati “Umugabo agushaka uteye neza, nyashi yamara kugenda akaguta akigira gushaka udukumi tukiri duto. Abagabo baraduta bakagenda bakihunza inshingano ntibagishaka guhaha.”

Munyanziza Jonathan ukora mu muryango Nyarwanda uteza imbere ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina RWAMREC, ugira inama abashakanye ko bakwiye kuzuzanya no kubahana, kandi mu gihe amakimbirane yabo yageze kure bakiyambaza izindi nzego aho kubiceceka no kwifatira ibyemezo.

Ati “Abashakanye bagomba gufatanya mu rugo, buri wese ahaye agaciro ibyiza biri kuri mugenzi we amakimbirane yagabanuka. Mu gihe kandi havutse ikibazo baba bagomba kwicara hamwa bagashaka umuti w’icyo kibazo  byananirana bakiyambaza izindi nzego. Ikindi ni uko nta mugabo ukwiye guhohoterwa ngo aceceke kuko kuba umugabo yavuga ko yahohotewe nta mugayo urimo, aramutse ashyikirije ikibazo cye inzego zibishinzwe nizera ko cyakemuka.”

Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, yo muri 2020, yerekanye ko hagati ya 2016 na 2019, abagore 48 809 bo mu Rwanda bakorewe ihohoterwa, mu gihe abagabo barikorewe bari 7 210.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwagaragaje ko ibyaha by’ihohotera byavuye ku 9 064 muri 2019 bigera ku 10 842 mu 2020.

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + five =

Previous Post

Icyo imibare mishya igaragaza ku cyorezo cya Marburg mu Rwanda

Next Post

Rurangiranwa ku Isi mu mukino wa Tennis yatangaje igihe azawuhagarikira burundu by’umwuga

Related Posts

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

by radiotv10
18/12/2025
0

In a world that keeps changing faster than ever, young adults are under increasing pressure to keep up. Technology, job...

IZIHERUKA

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?
MU RWANDA

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rurangiranwa ku Isi mu mukino wa Tennis yatangaje igihe azawuhagarikira burundu by’umwuga

Rurangiranwa ku Isi mu mukino wa Tennis yatangaje igihe azawuhagarikira burundu by’umwuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.