Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kigali: Abagore baritana bamwana n’abagabo bavuga ko hari igituma bahukana bitari bisanzwe

radiotv10by radiotv10
11/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kigali: Abagore baritana bamwana n’abagabo bavuga ko hari igituma bahukana bitari bisanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagabo bo mu Mujyi wa Kigali bavuga ko bahohoterwa n’abagore babo, barimo n’ababakubita, bigatuma bafata icyemezo cyo kwahukana, mu gihe abagore bo bavuga ko ahubwo babiterwa no kuba baba biboneye inkumi zigiteye neza, bakazisanga.

Aba bagabo, bavuga ko uku guhohoterwa n’abagore babo, hari n’ababikora bitwaje ihame ry’uburinganire ritumviswe neza na bamwe, babakangisha ko babakozeho babona akaga, ku buryo hari n’abishora mu ngeso mbi kuko baba bazi ko abagabo babo ntacyo babakoraho.

Bavuga ko bitagarukira aho gusa, kuko hari n’abakubita abagabo babo, bagahitamo guta ingo zabo kugira ngo intonganya zabo zitazagera kure.

Umwe ati “Umugore wanjye yarandumye, arankubita, ibi byose ni ibiguma [yereka umunyamakuru] yanyiyenzagaho kugira ngo mukubite bamfunge.”

Akomeza agira ati “None se muragira ngo tuzicane ni bwo ikibazo kizaba gikemutse? Nahisemo guhunga urugo, kuko yampozaga ku nkeke akampohotera bikabije.”

Ni mu gihe bamwe mu bagore bavuga ko abagabo badata ingo babitewe no guhohoterwa n’abagore babo, ahubwo ko baba bashaka kwisangira abandi bagore bakiri bato.

Umwe yagize ati “Umugabo agushaka uteye neza, nyashi yamara kugenda akaguta akigira gushaka udukumi tukiri duto. Abagabo baraduta bakagenda bakihunza inshingano ntibagishaka guhaha.”

Munyanziza Jonathan ukora mu muryango Nyarwanda uteza imbere ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina RWAMREC, ugira inama abashakanye ko bakwiye kuzuzanya no kubahana, kandi mu gihe amakimbirane yabo yageze kure bakiyambaza izindi nzego aho kubiceceka no kwifatira ibyemezo.

Ati “Abashakanye bagomba gufatanya mu rugo, buri wese ahaye agaciro ibyiza biri kuri mugenzi we amakimbirane yagabanuka. Mu gihe kandi havutse ikibazo baba bagomba kwicara hamwa bagashaka umuti w’icyo kibazo  byananirana bakiyambaza izindi nzego. Ikindi ni uko nta mugabo ukwiye guhohoterwa ngo aceceke kuko kuba umugabo yavuga ko yahohotewe nta mugayo urimo, aramutse ashyikirije ikibazo cye inzego zibishinzwe nizera ko cyakemuka.”

Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, yo muri 2020, yerekanye ko hagati ya 2016 na 2019, abagore 48 809 bo mu Rwanda bakorewe ihohoterwa, mu gihe abagabo barikorewe bari 7 210.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwagaragaje ko ibyaha by’ihohotera byavuye ku 9 064 muri 2019 bigera ku 10 842 mu 2020.

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − three =

Previous Post

Icyo imibare mishya igaragaza ku cyorezo cya Marburg mu Rwanda

Next Post

Rurangiranwa ku Isi mu mukino wa Tennis yatangaje igihe azawuhagarikira burundu by’umwuga

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rurangiranwa ku Isi mu mukino wa Tennis yatangaje igihe azawuhagarikira burundu by’umwuga

Rurangiranwa ku Isi mu mukino wa Tennis yatangaje igihe azawuhagarikira burundu by’umwuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.