Saturday, November 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KIGALI: Abakora ubuzunguzayi bakomeje kwibaza ikigenderwaho iyo habonetse inkunga yo kubafasha

radiotv10by radiotv10
18/10/2021
in MU RWANDA
0
KIGALI: Abakora ubuzunguzayi bakomeje kwibaza ikigenderwaho iyo habonetse inkunga yo kubafasha
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abakora ubuzunguzayi bakomeje kwibaza impamvu iyo habonetse amafanga yo kubafasha hafatwa bamwe abandi bakaburiramo arko ngo  igikomeye cyane bibaza ni uko abafashywa batoranywa aho ngo basanga hari ubwo habamo amanyanga  ,Kuruhande rw’ubuyobozi bw’umujyi wa kigali buvuga ko  Haherwa ku bakorera hamwe kuko aribo biba byoroshye kumenya neza ibibazo buri umumwe afite binyuze mubo bakorana.

Iyo uganira n’abakora ubuzunguzayi  muri Kigali  baba bihisha abashinzwe umutekano kuko ubucuruzi bakora butemewe n’amategeko by’umwihariko umujyi wa Kigali.

Umwe muri bo yagize ati «Duhora twibaza ikigenderwaho ngo bamwe muri bagenzi bacu bahabwe igishoro. Hari igihe tuba twicaranye wajya kubona umwe bramuhamagaye ngo ejo uzajye ku murenge ubwo uwo agahabwa amafanga, none wowe ugasigara wibaza ngo ese hagenderwa kuki ? »

Mugenzi we nawe ukora ubuzunguzayi avuga ko abatoranya abahabwa igishoro bakwiye gushyira ahagaragara ibigenderwaho.

«Njyewe maze igihe ncuruza mu kajagari ariko sindabona amafaranga ariko njya kubona nkabona hari bagenzi banjye bahaye ayo mafaranga kandi akenshi baba banifashije kundusha mbona harimo ikimenyane, igishoro bagiha n’ubundi abasanzwe bagifite rwose”Umuzunguzayi

Abakora ubuzunguzayi bifuza ko hashyirwaho ibgenderwaho kugira ngo  bahitemmo ubona amafaranga yigishora aho kugirango bajye baza batoranyemo bamwe abandi basigare

Kuri icyi kibazo ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buvuga ko gutanga ubufasha bahera mu bibumbiye hamwe.

Umuyobozi mukuru, Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Jean Rubangutsangabo yaguze ati « Mu gufasha abasanzwe bari mu masoko, dukorana n’ubuyobozi bw’amasoko bakoreramo ariko nabwo bigaterwa n’ingano y’amafaranga yabonetse kuko hari igihe inkunga yabonetse iba itabakwira bose. Icyo gihe hafashwa bamwe abandi bakazahabwa ikindi gihe.

Yongeye agira ati “Haherwa ku bakorera hamwe (cooperatives, ibimina, etc) kuko aribo biba byoroshye kumenya neza ibibazo buri umwe afite binyuze mu bo bakorana”

Kuva 2016 hagiye hashyirwaho ingamba n’amabwiriza  bitandukanye byo kurwanya no guca abazunguzayi muri Kigali ariko birasa n’aho byananiranye kuko muri Kigali ahakorerwa ubucuruzi utarenga umutaru utabonye abakora ubu bucuruzi kuko bigeze naho ababukora bajyana ibicuruzwa mu ngo z’abantu.

Inkuru ya Juventine Muragijemariya/Radio&Tv10

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + ten =

Previous Post

Imyaka 14 irashije Lucky Phillip Dube ufatwa nk’umwami wa Reggae apfuye

Next Post

Muhire Kevin yasinyiye Rayon Sports, Nsengiyumva Moustapha agana muri Gasogi United

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhire Kevin yasinyiye Rayon Sports, Nsengiyumva Moustapha agana muri Gasogi United

Muhire Kevin yasinyiye Rayon Sports, Nsengiyumva Moustapha agana muri Gasogi United

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.