Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KIGALI: Abakora ubuzunguzayi bakomeje kwibaza ikigenderwaho iyo habonetse inkunga yo kubafasha

radiotv10by radiotv10
18/10/2021
in MU RWANDA
0
KIGALI: Abakora ubuzunguzayi bakomeje kwibaza ikigenderwaho iyo habonetse inkunga yo kubafasha
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abakora ubuzunguzayi bakomeje kwibaza impamvu iyo habonetse amafanga yo kubafasha hafatwa bamwe abandi bakaburiramo arko ngo  igikomeye cyane bibaza ni uko abafashywa batoranywa aho ngo basanga hari ubwo habamo amanyanga  ,Kuruhande rw’ubuyobozi bw’umujyi wa kigali buvuga ko  Haherwa ku bakorera hamwe kuko aribo biba byoroshye kumenya neza ibibazo buri umumwe afite binyuze mubo bakorana.

Iyo uganira n’abakora ubuzunguzayi  muri Kigali  baba bihisha abashinzwe umutekano kuko ubucuruzi bakora butemewe n’amategeko by’umwihariko umujyi wa Kigali.

Umwe muri bo yagize ati «Duhora twibaza ikigenderwaho ngo bamwe muri bagenzi bacu bahabwe igishoro. Hari igihe tuba twicaranye wajya kubona umwe bramuhamagaye ngo ejo uzajye ku murenge ubwo uwo agahabwa amafanga, none wowe ugasigara wibaza ngo ese hagenderwa kuki ? »

Mugenzi we nawe ukora ubuzunguzayi avuga ko abatoranya abahabwa igishoro bakwiye gushyira ahagaragara ibigenderwaho.

«Njyewe maze igihe ncuruza mu kajagari ariko sindabona amafaranga ariko njya kubona nkabona hari bagenzi banjye bahaye ayo mafaranga kandi akenshi baba banifashije kundusha mbona harimo ikimenyane, igishoro bagiha n’ubundi abasanzwe bagifite rwose”Umuzunguzayi

Abakora ubuzunguzayi bifuza ko hashyirwaho ibgenderwaho kugira ngo  bahitemmo ubona amafaranga yigishora aho kugirango bajye baza batoranyemo bamwe abandi basigare

Kuri icyi kibazo ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buvuga ko gutanga ubufasha bahera mu bibumbiye hamwe.

Umuyobozi mukuru, Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Jean Rubangutsangabo yaguze ati « Mu gufasha abasanzwe bari mu masoko, dukorana n’ubuyobozi bw’amasoko bakoreramo ariko nabwo bigaterwa n’ingano y’amafaranga yabonetse kuko hari igihe inkunga yabonetse iba itabakwira bose. Icyo gihe hafashwa bamwe abandi bakazahabwa ikindi gihe.

Yongeye agira ati “Haherwa ku bakorera hamwe (cooperatives, ibimina, etc) kuko aribo biba byoroshye kumenya neza ibibazo buri umwe afite binyuze mu bo bakorana”

Kuva 2016 hagiye hashyirwaho ingamba n’amabwiriza  bitandukanye byo kurwanya no guca abazunguzayi muri Kigali ariko birasa n’aho byananiranye kuko muri Kigali ahakorerwa ubucuruzi utarenga umutaru utabonye abakora ubu bucuruzi kuko bigeze naho ababukora bajyana ibicuruzwa mu ngo z’abantu.

Inkuru ya Juventine Muragijemariya/Radio&Tv10

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 20 =

Previous Post

Imyaka 14 irashije Lucky Phillip Dube ufatwa nk’umwami wa Reggae apfuye

Next Post

Muhire Kevin yasinyiye Rayon Sports, Nsengiyumva Moustapha agana muri Gasogi United

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhire Kevin yasinyiye Rayon Sports, Nsengiyumva Moustapha agana muri Gasogi United

Muhire Kevin yasinyiye Rayon Sports, Nsengiyumva Moustapha agana muri Gasogi United

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.