Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

KIGALI: Abasenyewe inzu zabo barasaba ingurane bamaze igihe bateregereje

radiotv10by radiotv10
15/06/2021
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
KIGALI:  Abasenyewe inzu zabo barasaba ingurane bamaze igihe bateregereje
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mpera z’umwaka wa 2019 nibwo leta yashyizeho gahunda yo kwimura abari batuye mu manegeka n’ibishanga bitewe n’uko inyigo y’imiturire yari yakozwe yerekanaga ko ubuzima bwabo bushobora kujya mu kaga kubera ibiza. Gusa hari abo byagizeho ingaruka z’ubuzima.

Mu baturage bimuwe muri ibi bishanga n’amanegeka hari abari basanzwe bafite ibyangombwa by’ubwo butaka ndetse banafite ibyangombwa by’imiturire ariko bakaba barasenyewe ariko ntibahabwe ingurane ikwiye nk’uko leta ibiteganya.

Urugero rw’abahuye n’iki kibazo ni abatuye mu murenge wa Kicukiro, akagari ka Kagina, umudugudu w’Iriba barataka inzara nyuma y’uko bimuwe mu masambu yabo ntibabone ingurane ikwiye.

Abaturage baganiriye na Radio na Tv10 bo muri aka gace bahamya ko icyo bakorewe ntaho gitaniye n’ihohoterwa bagakurwa mu mitungo yabo bitewe n’uko igishushanyo mbonera kerekanaga ko aho batuye byemewe kuhatura.

“N’ubwo batubwiye ako ari mu gishanga, ntabwo ari mu gishanga kuko baduhaye ibyangombwa by’imiturire, turasora. Niba dusora rero ntabwo numva ko uyu munsi byahinduka mu gishanga. Twagaragaje akababaro kacu ariko ntibyagira icyo bitanga, niyo mpamvu ubona uyu munsi ari mu matongo” Umuturage

Undi muturage waganiriye na Radio &TV10 yagize ati”Twararenganyijwe. Ubona ko twarenganyijwe”

Aba baturage bavuga ko kuri ubu batabona ibyo gutunga imiryango yabo mu gihe bagifite ibyangombwa by’imitungo yabo bityo byaba byiza buri ujmwe ahawe ubutaka bwe akabugurisha akimuka anafite icyamutunga.

Mukangarambe Patricie ushinzwe n’ibidukikije mu mujyi wa Kigali yemera ko hari abaturage basenyewe basanzwe bafite ibyangombwa, gusa ngo ikibazo cyabo kiri gukorerwa inyigo ku buryo iyi Kamena 2021 izasiga umuti urambye.

“Hari abantu bagiye bagaragaza ko basenyewe batari mu bishanga. Abo twabateguriye inyigo yabo iri ku ruhande. Hari ikipe iri kubikurikirana ikibazo ku kibazo ku buryo mu ngengo y’imari y’umwaka utaha haramutse hari abarenganye bahabwa ingurane nk’abandi cyangwa bakubakirwa.” Mukangarambe

Abaturage basenyewe babwirwa ko batuye mu manegeka nyamara basanganwe ibyangombwa by’imiturire birashoboka ko Atari aba batandatu bo muri Kicukiro ahubwo hirya no hino mu mujyi wa Kigali hari abandi bahuje ikibazo n’aba bagenzi babo bo mu mudugudu w’Iriba.

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

WOMEN-BASKET: Ikipe y’igihugu yatangiye umwiherero urarayo

Next Post

Haringingo Francis yahagaritswe mu kazi ko gutoza Police FC

Related Posts

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Haringingo Francis yahagaritswe mu kazi ko gutoza Police FC

Haringingo Francis yahagaritswe mu kazi ko gutoza Police FC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.