Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

KIGALI: Abasenyewe inzu zabo barasaba ingurane bamaze igihe bateregereje

radiotv10by radiotv10
15/06/2021
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
KIGALI:  Abasenyewe inzu zabo barasaba ingurane bamaze igihe bateregereje
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mpera z’umwaka wa 2019 nibwo leta yashyizeho gahunda yo kwimura abari batuye mu manegeka n’ibishanga bitewe n’uko inyigo y’imiturire yari yakozwe yerekanaga ko ubuzima bwabo bushobora kujya mu kaga kubera ibiza. Gusa hari abo byagizeho ingaruka z’ubuzima.

Mu baturage bimuwe muri ibi bishanga n’amanegeka hari abari basanzwe bafite ibyangombwa by’ubwo butaka ndetse banafite ibyangombwa by’imiturire ariko bakaba barasenyewe ariko ntibahabwe ingurane ikwiye nk’uko leta ibiteganya.

Urugero rw’abahuye n’iki kibazo ni abatuye mu murenge wa Kicukiro, akagari ka Kagina, umudugudu w’Iriba barataka inzara nyuma y’uko bimuwe mu masambu yabo ntibabone ingurane ikwiye.

Abaturage baganiriye na Radio na Tv10 bo muri aka gace bahamya ko icyo bakorewe ntaho gitaniye n’ihohoterwa bagakurwa mu mitungo yabo bitewe n’uko igishushanyo mbonera kerekanaga ko aho batuye byemewe kuhatura.

“N’ubwo batubwiye ako ari mu gishanga, ntabwo ari mu gishanga kuko baduhaye ibyangombwa by’imiturire, turasora. Niba dusora rero ntabwo numva ko uyu munsi byahinduka mu gishanga. Twagaragaje akababaro kacu ariko ntibyagira icyo bitanga, niyo mpamvu ubona uyu munsi ari mu matongo” Umuturage

Undi muturage waganiriye na Radio &TV10 yagize ati”Twararenganyijwe. Ubona ko twarenganyijwe”

Aba baturage bavuga ko kuri ubu batabona ibyo gutunga imiryango yabo mu gihe bagifite ibyangombwa by’imitungo yabo bityo byaba byiza buri ujmwe ahawe ubutaka bwe akabugurisha akimuka anafite icyamutunga.

Mukangarambe Patricie ushinzwe n’ibidukikije mu mujyi wa Kigali yemera ko hari abaturage basenyewe basanzwe bafite ibyangombwa, gusa ngo ikibazo cyabo kiri gukorerwa inyigo ku buryo iyi Kamena 2021 izasiga umuti urambye.

“Hari abantu bagiye bagaragaza ko basenyewe batari mu bishanga. Abo twabateguriye inyigo yabo iri ku ruhande. Hari ikipe iri kubikurikirana ikibazo ku kibazo ku buryo mu ngengo y’imari y’umwaka utaha haramutse hari abarenganye bahabwa ingurane nk’abandi cyangwa bakubakirwa.” Mukangarambe

Abaturage basenyewe babwirwa ko batuye mu manegeka nyamara basanganwe ibyangombwa by’imiturire birashoboka ko Atari aba batandatu bo muri Kicukiro ahubwo hirya no hino mu mujyi wa Kigali hari abandi bahuje ikibazo n’aba bagenzi babo bo mu mudugudu w’Iriba.

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

WOMEN-BASKET: Ikipe y’igihugu yatangiye umwiherero urarayo

Next Post

Haringingo Francis yahagaritswe mu kazi ko gutoza Police FC

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haringingo Francis yahagaritswe mu kazi ko gutoza Police FC

Haringingo Francis yahagaritswe mu kazi ko gutoza Police FC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.