Saturday, November 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KIGALI: Abaturage bakomeje kwibaza irengero ry’ibyiciro bishya by’ubudehe

radiotv10by radiotv10
21/10/2021
in MU RWANDA
0
KIGALI: Abaturage bakomeje kwibaza irengero ry’ibyiciro bishya by’ubudehe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amezi umunani arenga ku gihe leta yari yiyemeje gushyira mu bikorwa ibyiciro by’ubudehe bishya, hari abaturage bavuga ko babangamiwe n’uko bakigendera ku byiciro bya cyera. Ibi ngo bituma bahabwa serivisi zimwe hashingiwe kuri ibi byiciro kandi biteganyijwe ko izi serivisi zitandukanwa n’ibyiciro bishya. Icyakora minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yirinze gutanga umucyo kuri iki kibazo cy’abaturage.

Mu kwezi nk’uku k’umwaka wa 2020, ikigo gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’Inzego z’ibanze gishamikiye kuri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, cyari cyemeje ko ibyiciro bitanu bishya by’ubudehe byagomba gutangira gukoreshwa mukwezi kwa  Gashyantare 2021.

Icyatumye abatari bake babitegerezanya amatsiko, ni uko guverinoma y’u Rwanda yari yemeje ko imikorere ya byo igomba gutandukanywa na serivisi rusange zihabwa abaturage.

Icyakora amezi 8 arirenze, nta kanunu ka byo. Abaturage bavuga ko ibiciro biriho uyu munsi bikomeje kubagiraho ingaruka.

“Baratubaruye, batubwira ko ibyiciro bishya biri hafi. Ariko twarategereje turaheba. Iyo ubajije barakubwira ngo tegereza biri hafi. Ubu turacyagendera ku byiciro bya kera. Ibyo bituma inkunga z’abafite ubumuga tutazibona twese. Ubwishyu bw’umutekano n’isuku na byo bigendera kuri ibyo byiciro. Nibadufashe bashake uburyo byatandukanywa.”

Musanze: Banyuzwe n'uburyo bubashyira mu byiciro bishya by'ubudehe - Kigali  Today

Abaturage hirya no hino mu mujyi wa Kigali bateregereje kumenye ibyiciro bishya bashyizwemo

Kuri iyi ngingo, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yirinze gutanga ibisobanuro ku iherezo ry’ibi byiciro by’ubudehe bishya.

Mu gisubizo gito cyane, Mme Nyirarukundi Ignacienne, umunyamabanga muri iyi minisiteri ushinzwe imibereho myiza y’abaturage yagize ati.

“Ntampungenge bafite. Ariko bashaka ibisobanuro, reka nguhe ugufasha.”

Nyuma iki gisubizo gishobora gufatwa nk’ikibumbatiye ubushake bwo gusobanura rubanda impamvu ibi byiciro by’ubudehe bikiri mumpapuro zirunze mutubati, twongeye gusaba uyu muyobozi ko aduha uwo muntu ufite ibisobanuro byimbitse, atwemerera ko agiye kuduhamagara. Ariko siko byagenze. Icyakora abaturage barasaba ko iri sezerano rya leta y’u Rwanda ryashyirwa mubikorwa, bakaruhuka umuzigo w’ibyici bviriho uyu munsi.

Inkuru ya David Nzabonimpa/RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 17 =

Previous Post

10 SPORTS: Claudio Ranieri na Stefano Pioli baravutse… Tamara Press yakoze agashya mu mikino Olempike..ibyaranze uyu munsi mu mateka

Next Post

Ntuzacikwe n’amakuru yihariye kuri RADIO 10 & TV10 kuri uyu wa gatanu

Related Posts

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
01/11/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Gen Júlio dos Santos Jane wasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa wa...

IZIHERUKA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda
AMAHANGA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

by radiotv10
01/11/2025
0

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

01/11/2025
Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntuzacikwe n’amakuru yihariye kuri RADIO 10 & TV10 kuri uyu wa gatanu

Ntuzacikwe n'amakuru yihariye kuri RADIO 10 & TV10 kuri uyu wa gatanu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.