Saturday, July 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Batatu barimo abana babiri bahiriye mu nzu yibasiwe n’inkongi y’amayobera

radiotv10by radiotv10
03/04/2025
in MU RWANDA
1
Kigali: Batatu barimo abana babiri bahiriye mu nzu yibasiwe n’inkongi y’amayobera
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batatu; umugabo n’abana be babiri bahiriye mu nzu babagamo mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, nyuma yuko yibasiwe n’inkongi y’umuriro igashya igakongoka.

Ni inkongi yadutse mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki 03 Mata 2025 ahagana saa kumi, mu Mudugudu wa Murambi mu Kagari ka Ruhango mu Murenge wa Gisozi.

Abaturanyi b’uyu muryango bavuga ko bagerageje gutabara ariko kubera ubukana bw’iyi nkongi biba iby’ubusa, byanatumye hahiramo umugabo witwa Sebatware Emmanuel n’abana be babiri.

Amakuru dukesha Ikinyamakuru cyitwa Igihe, avuga ko bikekwa ko iyi nkongi yaba yatewe na nyiri uru rugo, Sebatware Emmanuel ari we wayishumitse.

Uwitwa Nzabonimpa Eric wari umuzamu w’uyu muryango yavuze ko ubwo iyi nkongi yadukaga, yumvise ikintu giturika akajya kwica inzugi ariko bikanga.

Yagize ati “Nahise nshaka uburyo bwo kwica inzugi kuko hose hari hafunze noneho ngezemo imbere nsanga umuriro watangiye kwaka uhereye mu cyumba cy’umukoresha wanjye.”

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, yavuze ko iyi nkongi yatwaye ubuzima bw’abantu batatu barimo umugabo n’abana be.

Ati “Hapfiriyemo abana babiri; Mugisha Blaise w’imyaka 12 na Unejeje Blessing w’imyaka 6 na Se ubabyara. Abana bari baryamye mu cyumba cy’ababyeyi.”

Ni mu gihe undi mwana witwa Sebatware Brian w’imyaka itatu na nyina wabo bari bararanye mu cyumba cy’abashyitsi, bo barokotse iyi nkongi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Twagirimana says:
    3 months ago

    Imana ihe iruhuko ridashira abatashye , gusa mbona habayeho gucukumbura twasanga Wenda harimo n’amakimbirane . Leta ifite akazikenshi ku makimbirane mumiryango.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Amakuru agezweho y’imirwano muri Congo: Urugamba rwongeye kumvikanamo imbunda ziremereye

Next Post

Kwibuka31: Hatangajwe impinduka izaba mu bikorwa byari bisanzwe mu cyumweru cy’Icyunamo

Related Posts

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

President Paul Kagame said that those who were hired by the Government of the Democratic Republic of the Congo (DRC)...

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

by radiotv10
05/07/2025
0

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje...

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwibuka30: Hagaragajwe uko gahunda yo gusoza icyumweru cy’Icyunamo iteye

Kwibuka31: Hatangajwe impinduka izaba mu bikorwa byari bisanzwe mu cyumweru cy’Icyunamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.