Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Byamenyekanye ko Fuso yakoze impanuka ikomeye yanagonze imodoka yarimo uwabaye Minisitiri

radiotv10by radiotv10
20/12/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Byamenyekanye ko Fuso yakoze impanuka ikomeye yanagonze imodoka yarimo uwabaye Minisitiri
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 19 Ukuboza 2022, mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali habaye impanuka ikomeye y’imodoka bwo mu bwoko bwa Fuso yagonze ibintu bitandukanye nk’inzu n’ibinyabiziga birimo imodoka yari irimo uwabaye Minisitiri mu Rwanda, Imana ikinga akaboko.

Ni impanuka yabereye mu Mudugudu wa Zindiro mu Kagari ka Kinyaga mu Murenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo, aho imodoka ya Fuso bivugwa ko yacitse feri igasekura ibyari biyiri imbere birimo inzu z’ubucuruzi ndetse n’ibinyabiziga.

Amakuru yaje kumenyekana ni uko iyi Fuso yanagonze imodoka yarimo Tharcisse Karugarama wabaye Minisitiri w’Ubutabera mu Rwanda n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, gusa we akaba atagize icyo aba nkuko tubikesha ikinyamakuru Igihe.

Iyi Fuso yakoze impanuka, yaturukaga ahazwi nko kwa Nayinzira, yacitse feri mu muhanda umanuka cyane, igenda igonga ibyo yasangaga mu cyerekezo yerecyezagamo ari na bwo yazaga kuruhukira kuri iyo nzu y’ubucuruzi.

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko iyi mpanuka yaguyemo umuntu umwe, ikomerekeramo abandi 10, gusa ubwo Polisi yageraga ahabereye iyi mpanuka, umushoferi ndetse na kigingi bari bataraboneka, bikaba byakekwaga ko bari barengeye n’ibyari bipakiwe n’iyi modoka.

SSP René Irere, Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, yatangaje ko iyi mpanuka yabaye saa kumi n’ebyiri na mirongo itanu n’itatu (18:53’).

Yavuze ko iyi kamyo yo mu bwoko bwa Fuso yari iturutse Bumbogo ipakiye amabuye, ikaba yagize ibibazo bya tekiniki byo kubura feri ikabanza kugonga imodoka yo mu bwoko bwa Jeep.

Avuga ku bahitanywe n’iyi mpanuka ubwo yari ikimara kuba, SSP René Irere yagize ati “Kugeza ubu abo tuzi bitabye Imana ni umwe, umudamu witwa Anisia, hakomeretse abagera ku icumi bajyanywe ku bitaro bitandukanye harimo ibya Kibagabaga no ku Bigo Nderabuzima harimo ibya Remera.”

SSP René Irere agaruka ku byatangajwe n’abatuye muri aka gace kabereyemo impanuka ko uyu muhanda ukwiye gushyirwamo uburyo bwo kugabanya umuvuduko w’ibinyabiziga buzwi nka Dos d’ane, yavuze ko Polisi igiye kubiganiraho n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’ubwikorezi (RTDA) kugira ngo harebwe icyakorwa.

Fuso yagoze ibintu bitandukanye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Umurundi asimbuye Umunyarwanda ku mwanya ukomeye muri EAC

Next Post

Huye: Umukobwa ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu yasobanuye uko yabigenje

Related Posts

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Abantu babiri bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, bitabye Imana bakubiswe n’inkuba, barimo umwana w’imyaka itandatu, mu gihe hari abandi bahungabanye...

Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

by radiotv10
29/01/2026
0

An interview can feel scary, but good preparation makes it easier. Whether it’s your first interview or not, these five...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

IZIHERUKA

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now
AMAHANGA

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

29/01/2026
Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

29/01/2026
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Huye: Umukobwa ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu yasobanuye uko yabigenje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.