Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Byamenyekanye ko Fuso yakoze impanuka ikomeye yanagonze imodoka yarimo uwabaye Minisitiri

radiotv10by radiotv10
20/12/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Byamenyekanye ko Fuso yakoze impanuka ikomeye yanagonze imodoka yarimo uwabaye Minisitiri
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 19 Ukuboza 2022, mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali habaye impanuka ikomeye y’imodoka bwo mu bwoko bwa Fuso yagonze ibintu bitandukanye nk’inzu n’ibinyabiziga birimo imodoka yari irimo uwabaye Minisitiri mu Rwanda, Imana ikinga akaboko.

Ni impanuka yabereye mu Mudugudu wa Zindiro mu Kagari ka Kinyaga mu Murenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo, aho imodoka ya Fuso bivugwa ko yacitse feri igasekura ibyari biyiri imbere birimo inzu z’ubucuruzi ndetse n’ibinyabiziga.

Amakuru yaje kumenyekana ni uko iyi Fuso yanagonze imodoka yarimo Tharcisse Karugarama wabaye Minisitiri w’Ubutabera mu Rwanda n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, gusa we akaba atagize icyo aba nkuko tubikesha ikinyamakuru Igihe.

Iyi Fuso yakoze impanuka, yaturukaga ahazwi nko kwa Nayinzira, yacitse feri mu muhanda umanuka cyane, igenda igonga ibyo yasangaga mu cyerekezo yerecyezagamo ari na bwo yazaga kuruhukira kuri iyo nzu y’ubucuruzi.

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko iyi mpanuka yaguyemo umuntu umwe, ikomerekeramo abandi 10, gusa ubwo Polisi yageraga ahabereye iyi mpanuka, umushoferi ndetse na kigingi bari bataraboneka, bikaba byakekwaga ko bari barengeye n’ibyari bipakiwe n’iyi modoka.

SSP René Irere, Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, yatangaje ko iyi mpanuka yabaye saa kumi n’ebyiri na mirongo itanu n’itatu (18:53’).

Yavuze ko iyi kamyo yo mu bwoko bwa Fuso yari iturutse Bumbogo ipakiye amabuye, ikaba yagize ibibazo bya tekiniki byo kubura feri ikabanza kugonga imodoka yo mu bwoko bwa Jeep.

Avuga ku bahitanywe n’iyi mpanuka ubwo yari ikimara kuba, SSP René Irere yagize ati “Kugeza ubu abo tuzi bitabye Imana ni umwe, umudamu witwa Anisia, hakomeretse abagera ku icumi bajyanywe ku bitaro bitandukanye harimo ibya Kibagabaga no ku Bigo Nderabuzima harimo ibya Remera.”

SSP René Irere agaruka ku byatangajwe n’abatuye muri aka gace kabereyemo impanuka ko uyu muhanda ukwiye gushyirwamo uburyo bwo kugabanya umuvuduko w’ibinyabiziga buzwi nka Dos d’ane, yavuze ko Polisi igiye kubiganiraho n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’ubwikorezi (RTDA) kugira ngo harebwe icyakorwa.

Fuso yagoze ibintu bitandukanye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + nineteen =

Previous Post

Umurundi asimbuye Umunyarwanda ku mwanya ukomeye muri EAC

Next Post

Huye: Umukobwa ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu yasobanuye uko yabigenje

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Huye: Umukobwa ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu yasobanuye uko yabigenje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.