Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kigali: Haciwe undi muvuno wo guca abazunguzayi urimo ubutumwa bureba abajya babagurira

radiotv10by radiotv10
26/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
2
Kigali: Haciwe undi muvuno wo guca abazunguzayi urimo ubutumwa bureba abajya babagurira
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko mu rwego rwo guca abakora ubucuruzi butemewe bazwi nk’abazunguzayi, bwahinduye umuvuno kuko bagiye kujya buhana n’ababagurira, nyuma yo gukoresha ubundi buryo ariko ntibutange umusaruro.

Uburyo bwari busanzwe bukoreshwa, ni ubwo gufata aba bacuruzi ndetse n’ibyo bacuruza, ndetse no gushyiraho amasoko aciriritse yihariye, yewe bakanahabwa igishoro, ariko bikananirana, bagakomeza gukora ubu bucuruzi butemewe.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Rubingisa Pudence avuga ko hashyizweho ingamba zitandukanye mu rwego rwo guhashya iki kibazo cy’abazunguzayi, ariko bagakomeza kugaragara mu bice binyuranye by’uyu Murwa Mukuru w’u Rwanda.

Yagize ati “Ubu twafashe umwanzuro w’uko tugiye kujya duhana ababagurira, kuko abazunguzayi twabakoreye udusoko, twabahaye igishoro ariko banze gucika.”

Ni mu gihe abakora ubu bucuruzi bo bavuga ko babikora babizi ko bitemewe n’amategeko ariko ko ari amaburakindi kandi ko ari bwo buryo babonye bashobora kuboneramo amaramuko.

Umwe yagize ati “Aha nzana igihumbi nkabonamo ikindi gihumbi nkagaburira abana. Ubuse nzavamo nge hehe? Ubwo bazahandasire.”

Undi waganirije RADIOTV10, yavuze ko yatangiye ubu bucuruzi afite imyaka icyenda none ubu akaba afite 40, kandi ko kuva icyo gihe ari byo bimutunze.

Ati “Nahaje mfite imyaka 9 ubu ngize 40 urumva ni ho hishyura inzu, ni ho hishyura amashuri y’abana ndavamo mbeho gute?”

Uyu mucuruzi avuga ko adafite ubushobozi bwo kubona igishora cyatuma ajya gucururiza muri ayo masoko bashyiriweho n’ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali.

Ati “Muri ayo masoko baduhaye ndajyanamo intoryi imifungo ibiri? Nta gishoro mfite cyatuma njya muri ayo masoko.” 

Undi ati “Amasoko bashyizemo abagore b’abakire kandi n’igishoro ni gicyeya, ubu ndajya muri etage ya 6 mu Nkundamahoro umuntu ave muri rimwe bacuruza nk’ibyo ncuruza aze kungurira?”

Guhana abagurira abazunguzayi si ubwa mbere umujyi wa Kigali ubifataho umwanzuro, kuko no muri 2017 ubwo uwabaguriraga yacibwaga 10 000 Frw.

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Comments 2

  1. Francine says:
    3 years ago

    Bashake ibisubizo cyirambye ,either babashyirireho uturoadboard namajiri bacuruzebanishyure umusoro ariko ibindi ntagisubi,o bitanga .kereka niba bashaka kongera ibisambo.

    Reply
  2. Habumugisha Justin says:
    3 years ago

    Murumva umuntu yaba arangira ibintu bitarengeje 1500frw akajya mwisoko gucuruzanya numuntu uranguza ibihumbi 20000frw?murumva bizacura iki?mwagakwiriye kubaha inguzanyo yunguka make bakagira igishoro gifatika.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

RwandAir ibazaniye inkuru nziza mu migenderanire y’u Rwanda n’u Bufaransa

Next Post

26/04/1994: Abatutsi bari bahungiye muri Kiliziya ya Mugina bishwe urw’agashinyaguro hanahuruzwa abicanyi b’Abarundi

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
26/04/1994: Abatutsi bari bahungiye muri Kiliziya ya Mugina bishwe urw’agashinyaguro hanahuruzwa abicanyi b’Abarundi

26/04/1994: Abatutsi bari bahungiye muri Kiliziya ya Mugina bishwe urw'agashinyaguro hanahuruzwa abicanyi b'Abarundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.