Tuesday, October 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Hamenyekanye amakuru ababaje ku bw’inkongi iremereye yabaye mu Gakiriro

radiotv10by radiotv10
24/05/2023
in MU RWANDA
0
Gisozi: Nyuma y’amezi atatu indi nkongi y’umuriro w’ikibatsi yibasiye mu Gakiriro
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amasaha macye mu Gakiriro ka Gisozi ko mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo, hongeye kwibasirwa n’inkongi y’umuriro, hatahuwe umubiri w’umuntu wahiriyemo.

Iyi nkongi yabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Gicurasi 2023, ubwo yafataga igice gisanzwe kibikwamo imbaho, yari ifite umuriri ukomeye.

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kuzimya inkongi, ryihutiye kuhagera kugira ngo rizimye uyu muriro wari ufite ubukana dore ko wari watangiye no kototera ibindi bice birimo n’inzu z’abaturage.

Amakuru yamenyekanye, ni uko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Gicurasi, habonetse umurambo w’umugabo wahiriye muri izi nzu zafashwe n’iyi nkongi.

Ibi byemejwe na Providence Musasangohi, uyobora Umurenge wa Gisozi wavuze ko uyu mubiri wa nyakwigendera wabonywe n’inzego z’umutekano mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu.

Yagize ati “Bikekwa ko yari yagiye gukuramo ibintu, akaza guhiramo, kuko ashobora kuba yinjiyemo nta muntu wamubonye.”

Nyakwigendera yitwa Zunguruka Emmanuel, wari usanzwe afite inzu muri aka Gakiriro, aho bikekwa ko yinjiyemo ajya gukuramo kimwe mu bikoresho bye, yageramo umuriro ukamufata.

Iyi nkongi y’umuriro yibasiye aka Gakiriro, nyuma y’amezi atatu habaye indi, yo yabaye mu gicuku cy’ijoro muri Werurwe, na yo yari yafashe igice gisanzwe kibikwamo imbaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Nyanza: Icyatumye abanyeshuri barenga 15 birukanirwa icyarimwe cyamenyekanye

Next Post

U Rwanda rwibiye ibanga Afurika icyatuma ica ukubiri n’ibibazo byototera ubukungu bwayo

Related Posts

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

by radiotv10
28/10/2025
0

Inzego z’iperereza mu Rwanda zemeje ko nyiri uruganda rukora inzoga izwi nka ‘Be One Gin’ ari mu maboko y’inzego z’ubutabera,...

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

by radiotv10
27/10/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Igorora-RCS rwavuze ko ku Igororero rya Nyamasheke mu Karere ka Nyamasheke, harashwe amasasu mu kirere ubwo bamwe...

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

by radiotv10
27/10/2025
0

The Rwanda National Police (RNP) has said it is working closely with other government agencies, including the Rwanda Investigation Bureau...

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

by radiotv10
27/10/2025
0

Mu gihe ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi buhangayikishijwe no kuba hari abaturage batafite aho kuba ndetse n’abafite ahatameze neza bakeneye gusanirwa,...

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

by radiotv10
27/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko ku bufatanye n’izindi nzego zirimo urw’Ubugenzacyaha RIB, bagiye gukurikirana ibyagaragajwe ko hari abacuruzi bashobora gufata...

IZIHERUKA

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’Igihugu cy’i Burayi
IMYIDAGADURO

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
28/10/2025
0

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
Igihe ikoranabuhanga rya VAR rizatangira gukoresherezwa mu Rwanda cyamenyekanye

Igihe ikoranabuhanga rya VAR rizatangira gukoresherezwa mu Rwanda cyamenyekanye

28/10/2025
Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

27/10/2025
Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

27/10/2025
Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

27/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwibiye ibanga Afurika icyatuma ica ukubiri n’ibibazo byototera ubukungu bwayo

U Rwanda rwibiye ibanga Afurika icyatuma ica ukubiri n’ibibazo byototera ubukungu bwayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’Igihugu cy’i Burayi

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Igihe ikoranabuhanga rya VAR rizatangira gukoresherezwa mu Rwanda cyamenyekanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.