• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Hamenyekanye amakuru ababaje ku bw’inkongi iremereye yabaye mu Gakiriro

radiotv10by radiotv10
24/05/2023
in MU RWANDA
0
Gisozi: Nyuma y’amezi atatu indi nkongi y’umuriro w’ikibatsi yibasiye mu Gakiriro
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amasaha macye mu Gakiriro ka Gisozi ko mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo, hongeye kwibasirwa n’inkongi y’umuriro, hatahuwe umubiri w’umuntu wahiriyemo.

Iyi nkongi yabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Gicurasi 2023, ubwo yafataga igice gisanzwe kibikwamo imbaho, yari ifite umuriri ukomeye.

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kuzimya inkongi, ryihutiye kuhagera kugira ngo rizimye uyu muriro wari ufite ubukana dore ko wari watangiye no kototera ibindi bice birimo n’inzu z’abaturage.

Amakuru yamenyekanye, ni uko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Gicurasi, habonetse umurambo w’umugabo wahiriye muri izi nzu zafashwe n’iyi nkongi.

Ibi byemejwe na Providence Musasangohi, uyobora Umurenge wa Gisozi wavuze ko uyu mubiri wa nyakwigendera wabonywe n’inzego z’umutekano mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu.

Yagize ati “Bikekwa ko yari yagiye gukuramo ibintu, akaza guhiramo, kuko ashobora kuba yinjiyemo nta muntu wamubonye.”

Nyakwigendera yitwa Zunguruka Emmanuel, wari usanzwe afite inzu muri aka Gakiriro, aho bikekwa ko yinjiyemo ajya gukuramo kimwe mu bikoresho bye, yageramo umuriro ukamufata.

Iyi nkongi y’umuriro yibasiye aka Gakiriro, nyuma y’amezi atatu habaye indi, yo yabaye mu gicuku cy’ijoro muri Werurwe, na yo yari yafashe igice gisanzwe kibikwamo imbaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − eight =

Previous Post

Nyanza: Icyatumye abanyeshuri barenga 15 birukanirwa icyarimwe cyamenyekanye

Next Post

U Rwanda rwibiye ibanga Afurika icyatuma ica ukubiri n’ibibazo byototera ubukungu bwayo

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
U Rwanda rwibiye ibanga Afurika icyatuma ica ukubiri n’ibibazo byototera ubukungu bwayo

U Rwanda rwibiye ibanga Afurika icyatuma ica ukubiri n’ibibazo byototera ubukungu bwayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.