Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Hatangajwe umubare w’abafatiwe mu mukwabu wa Polisi wo gushakisha abakekwaho ubujura

radiotv10by radiotv10
04/03/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kigali: Hatangajwe umubare w’abafatiwe mu mukwabu wa Polisi wo gushakisha abakekwaho ubujura
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali, imaze gufata abantu 30 bakekwaho ubujura bumaze iminsi butakwa na bamwe mu batuye mu bice byo mu Mirenge inyuranye yo mu Karere ka Nyarugenge, burimo ubukorwa n’insoresore zishikuza abantu ibyabo.

Aba bantu bafashwe mu bikorwa bya polisi y’u Rwanda kuva tariki 26 Gashyantare 2025 byakorewe mu Mirenge wa Rwezamenyo, Gitega na Nyakabanda, yose yo mu Karere ka Nyarugenge.

Abamaze kwibirwa mu bice binyuranye byo muri iyi Mirenge, bavuga ko ibikorwa by’ubujura byari bimaze gufata intera, birimo iby’abashikuza abantu ibyo bafite nka telefone, ndetse n’abandi bitwikira ijoro bakajya kumena inzu z’abaturage, bakabiba ibikoresho byo mu nzu birimo televiziyo n’ibindi.

Muri ibi bikorwa byo gushakisha no gufata abakekwaho ubu bujura, Polisi y’u Rwanda ivuga ko yafatanyije n’izindi nzego zirimo iz’ibanze, ndetse ko bamwe mu bafashwe, basanganywe n’ibikoresho bakekwaho kwiba birimo televiziyo, ndetse n’ibyambarwa nk’inkweto n’imyenda.

Mu bafashwe, harimo uwari umaze gushikuza telefone ababakobwa barimo bigendera mu nzira, dore ko ubu bujura na bwo bumaze iminsi butakwa na benshi.

Bamwe mu bamaze gufatwa, barimo abahise bajyanwa mu bigo ngororamuco, mu gihe abandi bari gukorerwa dosiye y’ibirego kugira ngo izamurwe mu zindi nzego z’ubutabera.

Mu Murenge wa Gitega, ni umwe ukunze kuvugwamo ibi bikorwa by’ubujura, ndetse Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, akaba avuga ko aka gace kashyizweho umwihariko mu guhagurukira ubu bujura.

Aganira n’ikinyamakuru cyitwa Umuseke, CIP Wellars Gahonzire yagize ati “By’umwihariko muri Gitega, twashyizeho ‘patfols’ imodoka zizenguruka ndetse n’irondo ry’abagenda n’amaguru.”

Yaboneyeho kwizeza abaturage ko uru rwego rushinzwe umutekano wabo n’ibyabo rwaharugukiye ibi bikorwa bibahungabanyiriza umutekano, ati “Turizeza abaturage batuye hariya ko umutekano urambye, bahumure, turahari.”

Yanagiriye inama abagura ibikoresho nk’ibi biba byibwe, guhagarika kugura ibintu nk’ibi baba batazi inkomoko yabyo, kuko Polisi yatangiye gukora ubugenzuzi kandi ko abazabisanganwa bitazabagwa amahoro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

Next Post

M23 yageneye ubutumwa amahanga akomeje kurera bajeyi ubutegetsi bwa Congo mu marorerwa bukora

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

M23 yageneye ubutumwa amahanga akomeje kurera bajeyi ubutegetsi bwa Congo mu marorerwa bukora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.