Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Hatangajwe umubare w’abafatiwe mu mukwabu wa Polisi wo gushakisha abakekwaho ubujura

radiotv10by radiotv10
04/03/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kigali: Hatangajwe umubare w’abafatiwe mu mukwabu wa Polisi wo gushakisha abakekwaho ubujura
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali, imaze gufata abantu 30 bakekwaho ubujura bumaze iminsi butakwa na bamwe mu batuye mu bice byo mu Mirenge inyuranye yo mu Karere ka Nyarugenge, burimo ubukorwa n’insoresore zishikuza abantu ibyabo.

Aba bantu bafashwe mu bikorwa bya polisi y’u Rwanda kuva tariki 26 Gashyantare 2025 byakorewe mu Mirenge wa Rwezamenyo, Gitega na Nyakabanda, yose yo mu Karere ka Nyarugenge.

Abamaze kwibirwa mu bice binyuranye byo muri iyi Mirenge, bavuga ko ibikorwa by’ubujura byari bimaze gufata intera, birimo iby’abashikuza abantu ibyo bafite nka telefone, ndetse n’abandi bitwikira ijoro bakajya kumena inzu z’abaturage, bakabiba ibikoresho byo mu nzu birimo televiziyo n’ibindi.

Muri ibi bikorwa byo gushakisha no gufata abakekwaho ubu bujura, Polisi y’u Rwanda ivuga ko yafatanyije n’izindi nzego zirimo iz’ibanze, ndetse ko bamwe mu bafashwe, basanganywe n’ibikoresho bakekwaho kwiba birimo televiziyo, ndetse n’ibyambarwa nk’inkweto n’imyenda.

Mu bafashwe, harimo uwari umaze gushikuza telefone ababakobwa barimo bigendera mu nzira, dore ko ubu bujura na bwo bumaze iminsi butakwa na benshi.

Bamwe mu bamaze gufatwa, barimo abahise bajyanwa mu bigo ngororamuco, mu gihe abandi bari gukorerwa dosiye y’ibirego kugira ngo izamurwe mu zindi nzego z’ubutabera.

Mu Murenge wa Gitega, ni umwe ukunze kuvugwamo ibi bikorwa by’ubujura, ndetse Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, akaba avuga ko aka gace kashyizweho umwihariko mu guhagurukira ubu bujura.

Aganira n’ikinyamakuru cyitwa Umuseke, CIP Wellars Gahonzire yagize ati “By’umwihariko muri Gitega, twashyizeho ‘patfols’ imodoka zizenguruka ndetse n’irondo ry’abagenda n’amaguru.”

Yaboneyeho kwizeza abaturage ko uru rwego rushinzwe umutekano wabo n’ibyabo rwaharugukiye ibi bikorwa bibahungabanyiriza umutekano, ati “Turizeza abaturage batuye hariya ko umutekano urambye, bahumure, turahari.”

Yanagiriye inama abagura ibikoresho nk’ibi biba byibwe, guhagarika kugura ibintu nk’ibi baba batazi inkomoko yabyo, kuko Polisi yatangiye gukora ubugenzuzi kandi ko abazabisanganwa bitazabagwa amahoro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − ten =

Previous Post

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

Next Post

M23 yageneye ubutumwa amahanga akomeje kurera bajeyi ubutegetsi bwa Congo mu marorerwa bukora

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri
IBYAMAMARE

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

M23 yageneye ubutumwa amahanga akomeje kurera bajeyi ubutegetsi bwa Congo mu marorerwa bukora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.